• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»BRD imaze kugaruza miliyari 10 muri 70 Frw yishyuza abarihiwe na leta muri Kaminuza

BRD imaze kugaruza miliyari 10 muri 70 Frw yishyuza abarihiwe na leta muri Kaminuza

Ubwanditsi 18 Jul 2019 UBUKUNGU

Banki Itsura Amajyambere (BRD) , yatangaje kuva ihawe inshingano zo gukurikirana no kwishyuza abanyeshyuri barihiwe na leta kwiga Amashuri Makuru na Kaminuza mu 2016, imaze kugaruza miliyari 10 kuri miliyari 70 FRW yasabwe kugaruza.

Kuri uyu wa Kane, BRD yahuye n’inzego zitandukanye zirimo iz’abikorera, iza leta n’abakoresha batandukanye, harebwa uko ikibazo cy’abatishyura amafaranga bagurijwe na leta cyakemuka.

Umuyobozi Mukuru wa BRD, Eric Rutabana yavuze ko iyi banki yafashe inshingano zo gukurikirana no gutanga inguzanyo ku banyeshuri biga mu mashuri makuru na Kaminuza mu 2016, nyuma yo gusinyana amasezerano na leta binyuze muri Minisiteri y’uburezi.

Yatangaje ko muri icyo gihe ingano y’amafaranga yagombaga kwishyuzwa yageraga kuri miliyari 70, kugeza ubu amaze kwishyuzwa ni miliyari 10, ibi bigaragaza ko hakiri inzira ndende.

Gusa yavuze ko igishimishije ni uko muri iyi myaka abishyura bagenda biyongera. Kuva mu 2016 abishyuye batanze miliyari 1.4, mu 2017 bishyura miliyari 2.4 naho mu 2018 bishyura miliyari 3.4.

Yagize ati “Murumva ko inzira ari nziza, igikorwa nk’iki cyo guhura kiba kigamije gushishikariza ari ababonye inguzanyo n’abakoresha kudufasha muri iyo nzira kugira ngo umubare w’abishyura urusheho kwiyongera.”

Rutabana yavuze ko abagomba kwishyura bagera ku bihumbi 70, mu gihe abitabira kwishyura ari ibihumbi 12 gusa.

Ati “Hari benshi batigaragaza ngo bavuge ko babonye inguzanyo, ibi babiterwa n’uko abo mu myaka ya kera hari abo tudafitiye amakuru y’aho baherereye, ibyo bize ndetse n’amafaranga bahawe, turasaba ko impande zose zikomeza gufatanya ngo tumenye abo bantu aho baherereye tubashe kubishyuza.”

Mu bindi bibazo bituma abarihiwe na leta batishyura uko bikwiye harimo ko usanga nk’abize mbere y’umwaka wa 2008 nta ndangamuntu bari bafite zikoresha ikoranabuhanga, kubatahura ubu bikaba bigoye.

Rutabana yavuze ko barimo gukorana n’ibigo nk’igishinzwe Indangamuntu mu Rwanda (NIDA, Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro, RRA, Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) n’ibindi kugira ngo amakuru atuzuye bafite arusheho kuzuzwa.

Minisitiri w’Uburezi, Dr Eugène Mutimura na we witabiriye iki gikorwa yashimiye ibigo byamaze gufatanya kugira ngo aya mafaranga yishyurwe, avuga ko hanakwiye gukomeza gufatanya na za ambasade kugira ngo na babandi bari hanze y’u Rwanda bishyuzwe.

Yagize ati “Abenshi ntabwo baba bazi ko iyo bishyuye aya mafaranga baba bishyuriye abana babo, barumuna babo n’abandi mu gihe kiri imbere.”

Muri iki gikorwa kandi hahembwe ibigo byaba ibya leta, iby’abikorera n’abantu ku giti cyabo bagize uruhare mu kwishyura cyangwa kwishyuza aya mafaranga.
Umwe mu bahembwe ku giti cyabo ni Komiseri mukuru wungirije wa RCS, DCGP Jeanne Chantal Ujeneza.

Yavuze ko yahawe inkunga yo kwiga mu 2000-2004 ubwo yigaga mu cyahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, nyuma aza kwiga icyiciro cya gatatu cya Kaminuza nabwo afashijwe na leta.

Yagize ati “Ubwo twari mu kazi nibwo baje kudushishikariza nanjye nibonamo ko ngomba kwishyura, mu by’ukuri ayo mafaranga ntayo nari mfite ariko naravuze nti ngomba kuyashaka, nagiye muri banki mbabwira ko mfite umwenda ngomba kwishyura, banki yaranyumvise irayampa yose nyishyurira rimwe.”

Yasabye n’abandi bose barihiwe na leta kumva ko kwishyura ari ugufasha abandi bakeneye ubu bufasha mu gihe kiri imbere.

Src : IGIHE

2019-07-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwagurijwe miliyari 237 Frw azifashishwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

U Rwanda rwagurijwe miliyari 237 Frw azifashishwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

Ubwanditsi 17 Oct 2018
Kagame muri Africa y’Epfo yavuze ko u Rwanda rukeneye abashora imari mu buhinzi

Kagame muri Africa y’Epfo yavuze ko u Rwanda rukeneye abashora imari mu buhinzi

Ubwanditsi 11 Nov 2019
IMF yemeje miliyari zisaga 100 Frw zizafasha u Rwanda mu bikorwa byo guhangana na Coronaviru

IMF yemeje miliyari zisaga 100 Frw zizafasha u Rwanda mu bikorwa byo guhangana na Coronaviru

Ubwanditsi 03 Apr 2020
Uburyo dukoresha uyu munsi mu miyoborere y’Isi ntabwo ari uburambye – Perezida Kagame

Uburyo dukoresha uyu munsi mu miyoborere y’Isi ntabwo ari uburambye – Perezida Kagame

Ubwanditsi 26 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘Ntibisaba kuba warize siyansi kugira ngo umenye akamaro kayo’ – Perezida Kagame
Mu Rwanda

‘Ntibisaba kuba warize siyansi kugira ngo umenye akamaro kayo’ – Perezida Kagame

Ubwanditsi 03 Apr 2017
Rubavu: Abaturage bashimishijwe na serivisi bahabwa zo gupimisha imodoka zabo
Mu Mahanga

Rubavu: Abaturage bashimishijwe na serivisi bahabwa zo gupimisha imodoka zabo

Ubwanditsi 16 Sep 2016
CNN yahinduye nkana ibyo Perezida Kagame yaganiriye n’umunyamakuru wayo Larry Madowo
Amakuru

CNN yahinduye nkana ibyo Perezida Kagame yaganiriye n’umunyamakuru wayo Larry Madowo

Ubwanditsi 05 Feb 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru