• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: CNDD-FDD mu bikorwa byo gutoteza Kiliziya Gatorika n’Abanyeshuri b’abakongomani

Burundi: CNDD-FDD mu bikorwa byo gutoteza Kiliziya Gatorika n’Abanyeshuri b’abakongomani

Ubwanditsi 23 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, POLITIKI

Abategetsi b’u Burundi cyane cyane Umunyamabanga Mukuru wa CNDD FDD Evariste Ndayishimiye n’Umujyanama w’Umukuru w’Igihugu Willy Nyamitwe bifatiye ku gahanga Abasenyeri Gatorika b’u Burundi kubera Ubutumwa batanze muri Paruwasi zose zo mu Burundi kuri iki cyumweru bwamagana ihohotera rikorerwa abatari mu ishyaka CNDD FDD nubwo birinze gutangaza izina ry’iryo shyaka.

Evariste Ndayishimiye yagize ati “Bariho barigisha amacakubiri, barashinja imbonerakure ubwicanyi,  ni urukozasoni kwigisha urwangano abakirisitu”

Willy Nyamitwe yanditse kurukuta rwe rwa Twitter ngo “Bamwe mu basenyeri bagomba guhagarika imirimo y’Imana kubera ko bimaze kuba akamenyero iyo twegereje amatora bohereza ubutumwa bwabo bw’ubumara bwabo bugamije gusenya”

Ibi ariko barabivuga mu gihe mu Burundi abatavuga rumwe na CNDD FDD bicwa umunsi ku munsi n’imbonerakure inzego z’umutekano zirebera kuko zifatwa nk’urwego rwa Leta rushinzwe umutekano. Ibi kandi barabivuga mu gihe imbonerakure mu gihugu hose zisenya ku manywa y’ihangu ibiro by’ishyaka CNL rya Agatho Rwasa ndetse bakica n’abayoboke babo. Amashusho y’ibyo bikorwa anyuzwa ku mbuga nkoranyambaga.

Si Kiliziya na CNL babangamiwe n’imbonerakure gusa, kuko abanyeshuri b’abakongomani nabo bagiye kurutonde rw’abanzi bakwiye guhigwa bukare n’imbonerakure.

Mu itangazo ryashyizweho umukono n’umukuru w’abanyeshuri b’abakongomani biga mu Burundi, arasaba kugabanya ihohotera rikorerwa abanyeshuri aho yabibukije ko umunyeshuri aba mu ishuri ataba muri gereza. Ni nyuma yuko bamwe bahohotewe abandi bagafatwa bagafungwa.

Ese imvano yaba ari iyihe?

Ibi byatangiye ubwo Ingabo za Kongo zatangiye kurwanya imitwe y’itwaje intwaro muri Kongo, maze ubwo ingabo za Kayumba Nyamwasa zifashwa na Leta y’u Burundi nkuko byatangajwe na LONI na FDLR bagabwaho ibitero muri Kongo bigahitana bamwe mu bayobozi biyo mitwe nka Lt Gen Mudacumura na Capt Eddy Sibo wa P5.

Mu minsi ishize twabagejejeho inkuru irambuye yacukumbuwe n’umunyamakuru w’umutaliyani Fulvio Beltrami avuga uburyo FDLR ibarizwa mu gisirikari cy’u Burundi cyane cyane mu mutwe w’ingabo ishinzwe kurinda Perezida Nkurunziza.

Kuba abanyeshuri b’abakongomani bari guhohoterwa birakorwa kubera ubufatanye buri hagati y’imitwe yitwaje intwaro irwanya u Rwanda na Leta y’u Burundi, ubwo iyi mitwe iri gutikirira mu bitero bya FARDC, barabikora bihimura kuko imitwe bafasha igeze aharindimuka. Ibi birakorwa na CNDD FDD kandi ngo ikibanza cya mbere mu ishyaka bagihaye Imana.

Raporo ya nyuma ya komite y’umuryango w’abibumbye (UN) yakoze iperereza ku Burundi yamuritswe kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17 Nzeri 2019, ivuga ko perezida w’u Burundi ubwe yabazwa n’amategeko ibyaha byibasira inyoko muntu abakoze iperereza babonye.

Abanyeshuri b’abacongomani biga mu Burundi bamerewe nabi

Doudou Diène wari uyoboye iyi komite yabwiye inteko rusange y’ishami rya UN ryita ku burenganzira bwa muntu i Genève ko “kuva mu kwa kane 2015 nta mutekano uri mu Burundi, nta burenganzira buriyo kandi Perezida Nkurunziza agomba kubazwa ibyaha byabereye mu Burundi”.

2019-09-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kizito Mihigo yitabye Imana yiyahuye

Kizito Mihigo yitabye Imana yiyahuye

Ubwanditsi 17 Feb 2020
Imiyoborere ya Perezida Kagame mu byatumye Neil Turok abenguka u Rwanda akahashinga AIMS

Imiyoborere ya Perezida Kagame mu byatumye Neil Turok abenguka u Rwanda akahashinga AIMS

Ubwanditsi 11 Jan 2018
Kuri Tshisekedi amahoro ni amagambo gusa atagira ibikorwa

Kuri Tshisekedi amahoro ni amagambo gusa atagira ibikorwa

Ubwanditsi 10 Oct 2025
Ibishibuka bya Parmehutu birashaka gusahurira mu nduru   

Ibishibuka bya Parmehutu birashaka gusahurira mu nduru  

Ubwanditsi 28 Sep 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisiteri y’umutekano ikwiye gusobanura ukuntu Abacitse ku icumu   bagicibwa imitwe
Mu Mahanga

Minisiteri y’umutekano ikwiye gusobanura ukuntu Abacitse ku icumu bagicibwa imitwe

Ubwanditsi 18 Jun 2016
Perezida Kagame yitabiriye imurikwa ry’ikiganiro agaragaramo atembera ibice nyaburanga by’u Rwanda (Amafoto)
ITOHOZA

Perezida Kagame yitabiriye imurikwa ry’ikiganiro agaragaramo atembera ibice nyaburanga by’u Rwanda (Amafoto)

Ubwanditsi 24 Apr 2018
Bishop Rugagi yagize icyo avuga ku bantu bakomeje kwibaza impamvu agiye kugura indege kandi akiri mu bukode [AMAFOTO]
HIRYA NO HINO

Bishop Rugagi yagize icyo avuga ku bantu bakomeje kwibaza impamvu agiye kugura indege kandi akiri mu bukode [AMAFOTO]

Ubwanditsi 19 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru