• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: Bamwe mu bakekwaho kuzasimbura Perezida Nkurunziza, barigamba ubwicanyi [ VIDEO ]

Burundi: Bamwe mu bakekwaho kuzasimbura Perezida Nkurunziza, barigamba ubwicanyi [ VIDEO ]

Ubwanditsi 10 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Mu gihe habura igihe kitageze ku mwaka ngo mu Burundi habe amatora y’umukuru w’igihugu uzasimbura Perezida Nkurunziza, mu gihe koko yaba atongeye kwiyamamaza nk’uko yabisezeranyije, hari bamwe mu bayobozi mu ishyaka CNDD-FDD bakekwaho kumusimbura tugiye kubagezaho, ariko bafite inenge bamwe basanga zituma badakwiye kuvamo umukuru w’igihugu nk’uko abakurikiranira hafi politiki y’u Burundi babyemeza.

Nyabenda Pascal

Uyu ni Perezida w’Inteko shinga Amategeko ndetse akaba na Perezida w’ishyaka CNDD-FDD kuva mu 2012. Avugwaho kuba ari inyuma y’ubwicanyi bwakorewe abantu benshi muri Bubanza,  na disikuru  zihembera ubwicanyi zishishikariza imbonerakure kwica, kuba yaranyereje amafaranga yagombaga kugurwamo moto zo guha abakuriye ishyaka CNDD-FDD mu makomini atandakanye, no kugira uruhare mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe.

Nyabenda kuri ubu ntari ku rutonde rw’abakandida ba CNDD-FDD ku myanya y’abadepite n’abasenateri mu matora yo mu 2020 ari naho bamwe bahera bakeka ko yaba yihishe inyuma, ateganya kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu. Ari ku rutonde kandi rukiriho n’ubu rw’abantu bari bitandukanyije n’ubutegetsi mu 2015.

Avugwaho kuba umuyobozi w’agatsiko k’abahezanguni b’abanyabubanza bagirana ibiganiro mu ibanga bashaka kwitandukanya na Perezida Nkurunziza.

Avugwaho kuba yaragiye agurisha imyanya yo mu nzego zo hejuru n’imyanya y’ingenzi nka Perezida wa CNDD-FDD, akavugwaho ibikorwa byinshi bya ruswa no kunyereza umutungo w’igihugu no kuba yaragurishije amabanga menshi y’igihugu muri Canada, Australia na Malawi ndetse ngo yiteguye no gushyikiriza Nkurunziza Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha igihe yaba atakiri k’ubutegetsi. Usibye ibi, ngo Nyabenda nta nubwo akunzwe mu ishyaka.

Évariste Ndayishimiye 

Uyu kuri ubu ni Umunyamabanga Mukuru wa CNDD-FDD akaba yarazamukiye mu nyeshyamba akaba minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu. Uyu azwiho gukunda agatama ku buryo anywa ntabashe no kwishyura ba guverineri akaba ari bo basigara bishyura fagitire ze yagiye. 

Avugwaho kandi kuba yaratumye imishinga myinshi y’imiryango itegamiye kuri leta yaragiye ipfa kubera kwanga kumwereka umugabane we.

Nk’umuyobozi wa cabinet ya gisirikare y’umukuru w’igihugu, ngo yagiye yiyegereza abantu bafite agatubutse abasha gukuramo icya cumi, cyane cyane mu banyemari bo mu bwoko bw’Abatutsi. Nk’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo SOBUGEA, hazahora hibukwa imicungire mibi y’umutungo yamuranze, kugira uruhare mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge n’amabuye y’agaciro binyuranyije n’amategeko, kunyereza imisoro cyangwa imisoro yagiye inyerezwa n’abantu begereye ubutegetsi.

Nk’umuyobozi wa cabinet ya gisivili, uyu ngo yakoze ibindi byose usibye akazi ke kandi ngo yakoreraga byinshi inyuma y’umugongo w’umukuru w’igihugu.

Nyuma yo kuba Umunyamabanga Mukuru wa CNDD-FDD rero ngo nibwo Evariste Ndayishimiye yagaragaje isura ye ya nyayo. Usibye kuba yarabyuririyeho mu kwikungahaza akagera ku rwego rw’agatsiko k’abajenerali bakikije perezida Nkurunziza, yagiye arangwa n’ibikorwa bigayitse birimo kugurisha imyanya y’akazi, kwivanga mu masoko ya leta, gutegeka ubucamanza uko bufata ibyemezo, guhohotera, gusahura, kwica abo batavuga rumwe cyangwa abatayoboka CNDD-FDD.

Bivugwa ko yari afite icyumba gikorerwamo iyicarubozo na kasho ku cyicaro cya CNDD-FDD, ndetse ngo n’aho atuye hakaba hari ibyumba nk’ibi. Igikorwa aherutse gukora cyo kwibasira Kiliziya Gaturika akayikoza isoni ayishinja ibinyoma, kiri mu byatumye ngo atakarizwa icyizere ku rugero rwa 60% by’abatora.

Ni umuntu ukunze kurangwa n’uburakari bukabije, gukora atabanje gutekereza no kutigirira icyizere. Avugwaho kandi kuba akunze kuba yarakariye sebuja kandi ngo imbwa yarakaye ishobora gukora icyo ari cyo cyose.

Révérien Ndikuriyo

Uyu kuri ubu niwe Perezida wa Sena akaba yarahoze mu nyeshyamba za CNDD-FDD. Ni umugabo ngo urangwa no guhubuka, kutagira umutimanama, wamunzwe na ruswa. Azwiho kuba umwicanyi wo ku rwego rwo hejuru kandi akabyiyemerera ku mugaragaro.

Azwiho intero yazanye agira ati: “Kora” n’ibyo aherutse gutangaza yemera ko yatanze miliyoni 5 ngo bamwicire umuntu. Ngo ni impuguke mu kuvuga imbwirwaruhame zibiba urwango no gukangurira rubanda gukorera jenoside ku batutsi, ariko ngo aniyumva nk’uzasimbura Nkurunziza. [ VIDEO ]

Ikintu ariko abantu batazi n’uko yigeze gufatanwa uburozi yagombaga gukoresha mu kwivugana abarwanyi ba CNDD-FDD ubwo bari bakiri mu ishyamba, ndetse no kuba yarateganyaga kuroga perezida mu 2014. Azwiho kandi kunyereza umutungo wa rubanda ndetse n’uwa FIFA.

Akiri Guverineri wa Makamba kandi ngo yibye imitungo y’impunzi ayigurisha abatangaga agatubutse. Uyu mugabo udakunzwe kandi, ngo yimuye icyicaro cya Sena akijyana muri Gitega kugirango abashe gukurikirana uruganda rwe rupfunyika amazi yo kunywa. Ni uruganda avugwaho gushinga yifashishije umutungo wa leta kandi agakoresha abakozi ba leta barimo abapolisi.

Uyu mugabo bivugwa ko adafite ubwenge buhambaye, avugwaho kuba yarivanze mu kazi ka Komisiyo y’igihugu ishinzwe ubutaka n’indi mitungo, CNTB, ngo itazakora ku nyungu z’inshuti ze z’i Bururi kuko nawe ari ho akomoka muri Komini Songa.

Abasesenguzi bati : “Uyu ngo yaba ibindibyose usibye kuba perezida “.


2019-10-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kubera kunuma k’ubukene, Rudasingwa akomeje kwibasira ubuyobozi bw’uRwanda abuharabika

Kubera kunuma k’ubukene, Rudasingwa akomeje kwibasira ubuyobozi bw’uRwanda abuharabika

Ubwanditsi 27 Aug 2019
Uganda: Ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro muri Somalia zirarira ayo kwarika nyuma yo kumara igihe badahembwa

Uganda: Ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro muri Somalia zirarira ayo kwarika nyuma yo kumara igihe badahembwa

Ubwanditsi 30 Nov 2017
Perezida Kagame avuga ko Abanyafurika batakwemera urujya n’uruza rw’ibicuruzwa ariko bo ubwabo bakikoma.

Perezida Kagame avuga ko Abanyafurika batakwemera urujya n’uruza rw’ibicuruzwa ariko bo ubwabo bakikoma.

Ubwanditsi 09 Aug 2019
Umuheto woshya umwambi bitazajyana, rimwe mu masomo intambara yo muri Ukraine ikwiye gusigira abizezwa inkunga mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda!

Umuheto woshya umwambi bitazajyana, rimwe mu masomo intambara yo muri Ukraine ikwiye gusigira abizezwa inkunga mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda!

Ubwanditsi 03 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Leta zunze ubumwe za Amerika zongeye gushya ubwoba nyuma y’uko N. Koreya igerageje ikindi gisasu karahabutaka
HIRYA NO HINO

Leta zunze ubumwe za Amerika zongeye gushya ubwoba nyuma y’uko N. Koreya igerageje ikindi gisasu karahabutaka

Ubwanditsi 04 Dec 2017
Nyuma y’imyaka itatu atoza ikipe ya Manchester United, kuri iki cyumweru umutoza Ole Gunnar Solskjær yatandukanye nayo
Amakuru

Nyuma y’imyaka itatu atoza ikipe ya Manchester United, kuri iki cyumweru umutoza Ole Gunnar Solskjær yatandukanye nayo

Ubwanditsi 21 Nov 2021
Hagiye gukorwa iperereza ku bwumvikane buke hagati y’u Rwanda n’u Burundi
Mu Rwanda

Hagiye gukorwa iperereza ku bwumvikane buke hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Ubwanditsi 16 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru