• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Rwanda rwemeye gutanga miliyoni $2.5 muri miliyari $14 zizakoreshwa na Global Fund

U Rwanda rwemeye gutanga miliyoni $2.5 muri miliyari $14 zizakoreshwa na Global Fund

Ubwanditsi 11 Oct 2019 UBUKUNGU

Guverinoma y’u Rwanda yemeye gutanga miliyoni $ 2.5 (asaga miliyari 2.3 Frw) mu Kigega Global Fund, azakoreshwa mu rugamba rwo kurwanya indwara eshatu zihangayikishije Isi, arizo Virusi itera Sida, Igituntu na Malaria kugeza mu 2023.

Ni isezerano ryatanzwe na Minisitiri w’Ubuzima, Dr Diane Gashumba, mu nama ya Global Fund yabereye i Lyon mu Bufaransa. Ni inama impande zitandukanye zemereyemo gutanga miliyari $14.02, zizifashishwa mu bikorwa byo kurwanya Sida, Igituntu na Malaria mu myaka itatu uhereye mu 2020.

Aya ni yo mafaranga menshi abashije gukusanywa n’umuryango uhuriwemo n’impande nyinshi, ari nayo menshi Global Fund ibashije gukusanya kuva yashingwa. Azashorwa mu bikorwa byitezweho kurokora ubuzima bw’abantu miliyoni 16, no gushyira iherezo ku ndwara za Sida, Igituntu na Malaria bitarenze umwaka wa 2030.

Iyo nama yayobowe na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, wabanje gusaba ibihugu, ibigo n’imiryango kongera imisanzu yabyo nibura ho 15%, kugira ngo haboneke miliyari $14 zikenewe, ndetse byemera kuyatanga banarenzaho.

Perezida Macron na Bill Gates, buri umwe yemeye gutanga miliyoni $60 z’inyongera ku yo bari bemeye ndetse n’ibindi bihugu bikomeza kuzamura imisanzu yabyo.

Muri iyi nama Minisitiri Dr Gashumba wari uhagarariye Perezida Paul Kagame, yatangaje ko u Rwanda ruzatanga miliyoni $2.5 mu rugamba rwo kurokora ubuzima bw’abantu miliyoni 16. Ni mu gihe u Rwanda rusanzwe runungukira ku mafaranga ya Global Fund ku ndwara irebaho.

Minisiteri y’Ubuzima ibinyujije kuri Twitter yavuze ko u Rwanda rukomeje kugaragaza ubushake bwarwo “bwo gukorana n’ibindi bihugu bya Afurika mu kwishakamo ingengo y’imari ikenewe mu kurwanya ibyo byorezo bitatu.”

Mu nkunga zemewe, Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yemeye miliyari $1.56 buri mwaka (miliyari $4.68 mu myaka itatu) bingana na 33% by’imisanzu yose, naho u Bufaransa bwongereye inkunga yabwo ho 20% igera kuri miliyari €1.296, harimo na miliyoni $60 y’inyongera yemewe na Perezida Macron.

U Bwongereza bwatanze miliyari £1.4 mu myaka itatu bingana n’izamuka rya 16%; u Budage bwemera miliyari €1 bingana n’izamuka rya 17.6%; Canada yemera miliyoni 930 z’amadolari ya Canada bingana n’izamuka rya 16%, Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi miliyoni €550 bingana n’izamuka rya 16%; u Buyapani butanga miliyoni $840.

Abaterankunga bigenga kandi bakusanyije asaga miliyari $1, barangajwe imbere na Bill & Melinda Gates Foundation yemeye miliyoni $760. Hinjiye n’abandi baterankunga bashya barimo Children’s Investment Fund Foundation na Rockefeller Foundation.

Inkunga yakusanyijwe na Global Fund izafasha mu kugoboka ubuzima bw’abagera kuri miliyoni 16 hagati y’umwaka wa 2021 na 2023 no kugabanya umubare w’abahitanwa na Sida, Malaria n’Igituntu ho 52%, bitarenze 2023, ugereranyije n’igipimo byariho mu 2017.

Bibarwa ko umubare w’abo izo ndwara eshatu zihitana uzagabanuka ukagera kuri miliyoni 1.3 mu 2023, bavuye kuri miliyoni 2.5 mu 2017 na miliyoni 4.1 mu 2005. Mu musaruro uzava muri izo nkunga kandi harimo gukumira ubwandu bushya miliyoni 234 kugeza mu 2023.

Ayo mafaranga kandi azanafasha mu kwihutisha kugeza ubuvuzi kuri bose kuko biteganywa mu ntego ya gatatu mu zigamije iterambere rirambye. Bizakorwa binyuze mu gushora nibura miliyari $4 mu kubaka ubushobozi bwo gusuzuma indwara no guhugura abakozi hamwe n’izindi gahunda zifasha umurwayi.

Kuva mu 2002 gahunda za Global Fund zagobotse ubuzima bw’abagera kuri miliyoni 32. Impfu ziterwa n’izo ndwara zagabanutseho 40% kugeza mu 2018. Mu bihugu Glogal Fund ifasha hagaragaye abantu miliyoni 18.9 bafite Virusi itera SIDA, bahabwa imiti igabanya ubukana.

Kuva mu 2003 Global Fund ni umuterankunga wa Leta y’u Rwanda mu bikorwa bitandukanye by’ubuzima birimo ibyo kurwanya SIDA, Malariya n’Igituntu. Habarurwa ko umaze kuhakoresha asaga miliyari $1.38.

Harimo abantu 189,000 bahawe imiti igabanya ubukana bwa Sida babaruwe mu 2018, n’abantu 2900 bavuwe igituntu kugeza mu 2017 mu gihe kugeza mu 2018 ingo 499,652 zaterewe imiti yica imbu.

Mu 2015, Ikigega Global Fund cyagabanyije inkunga cyahaga bimwe mu bihugu byiganjemo ibyo muri Afurika kuko ngo cyasubiyemo uburyo bw’imitangire yazo.

By’umwihariko ku Rwanda, Global Fund yafashe icyemezo cyo kugabanya amafaranga yatangaga mu kurwanya icyorezo cya Sida ho 42%, imwe mu mpamvu ikaba ari uko mu myaka icumi Sida yagabanutse ikagera kuri 3% kandi hakaba nta bimenyetso byo kwiyongera bihari.

Global Fund ikorera mu bihugu 100 byo ku Isi. Muri Gicurasi nibwo Umunyarwanda Dr Donald Kaberuka yemejwe nk’Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi yayo.

Src: IGHE

2019-10-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuki nka Afurika dukomeza kugondoza Imana? -Perezida Kagame

Kuki nka Afurika dukomeza kugondoza Imana? -Perezida Kagame

Ubwanditsi 08 Oct 2018
“Ubukungu Afurika yifuza burasaba ibikorwaremezo by’umurongo mugari wa internet wagerwaho na buri wese mu bushobozi bwe “– Perezida Kagame

“Ubukungu Afurika yifuza burasaba ibikorwaremezo by’umurongo mugari wa internet wagerwaho na buri wese mu bushobozi bwe “– Perezida Kagame

Ubwanditsi 07 May 2018
Perezida Kagame yagaragaje ko ahatari internet iterambere ritabasha kwihuta

Perezida Kagame yagaragaje ko ahatari internet iterambere ritabasha kwihuta

Ubwanditsi 18 Jan 2017
Perezida Kagame yafunguye ububiko bushya bw’ibicuruzwa bivuye mu mahanga

Perezida Kagame yafunguye ububiko bushya bw’ibicuruzwa bivuye mu mahanga

Ubwanditsi 22 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yitegura gukina na Azam FC kuri Rayon Day, yanganyije na Gorilla FC 1-1
Amakuru

Rayon Sports yitegura gukina na Azam FC kuri Rayon Day, yanganyije na Gorilla FC 1-1

Ubwanditsi 20 Jul 2024
Burundi: Leta ya Nkurunziza yatangiye gushyiraho amananiza mu biganiro by’amahoro aho yanze gusangira ubutegetsi na opozisiyo
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Leta ya Nkurunziza yatangiye gushyiraho amananiza mu biganiro by’amahoro aho yanze gusangira ubutegetsi na opozisiyo

Ubwanditsi 04 Dec 2017
Yaba FARDC cyangwa RDF bose bavogereye imipaka – Raporo ya ICGLR
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Yaba FARDC cyangwa RDF bose bavogereye imipaka – Raporo ya ICGLR

Ubwanditsi 03 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru