• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame yakiriwe n’Igikomangoma cya Abu Dhabi

Perezida Kagame yakiriwe n’Igikomangoma cya Abu Dhabi

Ubwanditsi 14 Jan 2020 UBUKUNGU

Perezida Kagame uri mu ruzinduko rw’akazi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) yagiranye ibiganiro byihariye n’Igikomangoma cya Abu Dhabi, Mohamed bin Zayed Al Nahyan kuri uyu wa 13 Mutarama 2020.

Umukuru w’Igihugu Paul Kagame na Sheikh Mohamed Bin Zayed baganiriye ku mubano mwiza hagati ya UAE n’u Rwanda n’uburyo bwo kuwagura.

Aba bombi bahuye nyuma y’umuhango wo gutangiza Inama mpuzamahanga yiga ku bikorwa by’iterambere rirambye izwi nka Abu Dhabi Sustainability Week (ADSW). Perezida Kagame ari no mu bakuru b’ibihugu batanze ibihembo biyitangirwamo bizwi nka Zayed Sustainability Prize.

Ibi bihembo byatangiye gutangwa mu 2008, byitiriwe nyakwigendera Sheikh Zayed bin Sultan Al Nahyan ufatwa nk’intwari muri UAE, akazirikanwa ku Isi nk’uwanaharaniye kwimakaza ubumuntu hose.

Zayed Sustainability Prize ni ibihembo bitangwa muri Mutarama buri mwaka, mu nama ya Abu Dhabi Sustainability Week.

Mu mishinga 10 yahembwe harimo uw’ikoranabuhanga ry’Ikigo cyo mu Busuwisi cya GLOBHE gikoresha drone ryifashisha ubwenge bw’ubukorano mu kuvumbura ibyorezo n’uwo mu Bufaransa witwa Electricians Without Borders umaze imyaka 30 utanga ibikoresho by’imirasire y’izuba mu nkambi z’impunzi mu bihugu 50.

Ku mu 2008, Zayed Sustainability Prize ni ibihembo bihabwa abagaragaje umuhate mu guhanga ikoranabuhanga rishya riteza imbere ubuzima bw’abaturage. Byibanda ku mishinga y’ubuzima, ibyo kurya, ingufu, amazi n’uburezi.

Umushinga wo muri Afurika wahembwe ni uwa Okuafo Foundation, umuryango wo muri Ghana watangije application ya smartphone ishobora kuvumbura indwara zibasira imyaka mu mirima.

Muri uyu mwaka, imishinga 2,373 ni yo yahatanye, mu gihe 30 ariyo yari yatoranyijwe n’akanama nkemurampaka k’inzobere 12 mu Ukwakira 2019.

ADSW yatangiye kuri uyu wa 13 Mutarama 2020, ni inama imara icyumweru, ifatwa nk’umwanya wo gusangizanya ubumenyi, kuganira ku ishyirwa mu bikorwa rya za gahunda zitandukanye no gutanga ibisubizo bigamije iterambere rya muntu.

Iyi nama ihuza abashinzwe ibikorwa by’igenamigambi, abahanga mu by’inganda no mu ikoranabuhanga. Intego yayo ni ugushimangira umusanzu wa UAE mu bikorwa by’iterambere rirambye. Yitabirwa n’abantu benshi kuko mu 2019, yarimo ibihugu 175 n’abantu ibihumbi 38. Icyo gihe yasojwe hasinywe amasezerano ya miliyoni $11.

Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu ni cyo gihugu cya mbere, Perezida Kagame yagiriyemo urugendo kuva umwaka wa 2020 watangira.

Urukuta rwa Twitter ya Perezidansi y’u Rwanda rwanditse ko Perezida Kagame nyuma yo kwitabira itangizwa rya ADSW no gutanga ibihembo, yahuye na Sheikh Mohamed Bin Zayed ariko ntirwakomoje ku byavugiwe ku meza bombi bahuriyeho.

Umukuru w’Igihugu yaherekejwe n’abarimo Ambasaderi w’u Rwanda muri UAE, Emmanuel Hategeka na Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula.

Perezida Kagame yitabiriye itangizwa ry’iyi nama yarimo abayobozi bakomeye nka Mohammed bin Zayed Al Nahyan; Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani, Shinzo Abe n’abandi bakuru b’ibihugu na za Guverinoma mu bihugu bya Armenia, Sierra Leone, Indonesia na Seychelles.

U Rwanda na UAE bisanzwe bifitanye umubano mwiza mu ngeri zitandukanye. Ku wa 2 Ugushyingo 2017 ibihugu byombi byasinye amasezerano y’ubufatanye arimo ajyanye no guteza imbere no kubungabunga umutekano w’ishoramari rya buri gihugu n’ayo kunoza imisoreshereze hirindwa ko ibicuruzwa bisoreshwa inshuro zirenze imwe.

Muri uwo mwaka hasinywe amasezerano yemerera Abanyarwanda bagiye mu butumwa bw’akazi cyangwa bafite ibyangombwa by’inzira by’abadipolomate kwinjira nta Visa.

Muri Werurwe 2019, UAE yafunguye Ambasade i Kigali. Ifungurwa ryayo ryabanjirijwe n’ibiganiro by’intumwa za UAE na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba ku kunoza umubano ku mpande zombi.

Muri ibi biganiro impande zombi zashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu guteza imbere uburezi bw’u Rwanda muri kaminuza n’amasomo y’ubumenyingiro.

Muri ubu bufatanye UAE yemereye buruse Abanyarwanda 20 muri kaminuza zo muri iki gihugu ndetse abagore 100 bahawe amahugurwa mu bijyanye n’ubukerarugendo no kwakira abantu.

U Rwanda na rwo ruhagarariwe muri UAE aho kuva mu Ukwakira 2019, Ambasaderi Emmanuel Hategeka ariwe ureberera inyungu z’urwa Gasabo muri iki gihugu.

Perezida Kagame ari mu ruzinduko rw’akazi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Abu Dhabi ni wo mujyi wa mbere, Perezida Kagame yasuye kuva umwaka wa 2020 utangiye

Abayobozi bombi baganiriye ku buryo bwo kunoza umubano hagati ya UAE n’u Rwanda

U Rwanda na UAE bifitanye umubano mwiza ndetse bifitanye amasezerano y’imikoranire mu nzego zitandukanye

Perezida Kagame yakiriwe n’Igikomangoma cya Abu Dhabi

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro byihariye n’Igikomangoma cya Abu Dhabi, Mohamed bin Zayed Al Nahyan

Umukuru w’Igihugu yaherekejwe n’abarimo Ambasaderi w’u Rwanda muri UAE, Emmanuel Hategeka na Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula

Perezida Kagame ari mu bayobozi bitabiriye itangizwa ry’Inama Mpuzamahanga yiga ku bikorwa by’iterambere rirambye izwi nka Abu Dhabi Sustainability Week (ADSW)

Perezida Kagame n’Igikomangoma cya Abu Dhabi, Mohamed bin Zayed Al Nahyan mu gikorwa cyo guhemba imishinga yatoranyijwe

Perezida Kagame ashyikiriza igihembo umwe mu batsinze muri Zayed Sustainability Prize

Abahawe ibihembo bafashe ifoto y’urwibutso n’abayobozi bakuru bitabiriye iki gikorwa

Amafoto: Village Urugwiro

2020-01-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.6% mu 2018

Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.6% mu 2018

Ubwanditsi 18 Mar 2019
U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 110 Frw zigiye gushorwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 110 Frw zigiye gushorwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

Ubwanditsi 17 Nov 2018
Perezida Kagame yavuze ko ubucuruzi hagati ya Afurika n’u Burusiya butanga icyizere

Perezida Kagame yavuze ko ubucuruzi hagati ya Afurika n’u Burusiya butanga icyizere

Ubwanditsi 25 Oct 2019
U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 116 Frw yo gukwirakwiza amazi meza

U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 116 Frw yo gukwirakwiza amazi meza

Ubwanditsi 16 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

 Angola yaburiye Uganda ko ibyo barimo bizababyarira amazi nk’ibisusa babaha urugero rwa Savimbi naho CMI ikomeje gukora inama na RNC
INKURU NYAMUKURU

 Angola yaburiye Uganda ko ibyo barimo bizababyarira amazi nk’ibisusa babaha urugero rwa Savimbi naho CMI ikomeje gukora inama na RNC

Ubwanditsi 16 Dec 2019
Placide Kayumba umwe mu nkingi ya mwamba za Jambo Asbl izwiho gupfobya Jenoside  ni muntu ki?
ITOHOZA

Placide Kayumba umwe mu nkingi ya mwamba za Jambo Asbl izwiho gupfobya Jenoside ni muntu ki?

Ubwanditsi 14 Sep 2018
Ntibikiri Indoto, RwandAir igiye kujya ikora ingendo eshatu mu Cyumweru i Kinshasa
UBUKERARUGENDO

Ntibikiri Indoto, RwandAir igiye kujya ikora ingendo eshatu mu Cyumweru i Kinshasa

Ubwanditsi 04 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru