• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Col. Michel Rukunda Alias Makanika yavuze impamvu yatumye atera umugongo ingabo za FARDC, ahakana ibyo kwifatanya na P5.

Col. Michel Rukunda Alias Makanika yavuze impamvu yatumye atera umugongo ingabo za FARDC, ahakana ibyo kwifatanya na P5.

Ubwanditsi 17 Jan 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Hashize iminsi icyenda igisirikare cya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo gitangaje ko Col. Michel Rukunda wari mu bakuru muri izi ngabo muri teritwari ya Walikale yatorotse. Uyu musirikare wamaze kwitwa umwanzi w’igihugu, ku nshuro ya mbere atanze ubutumwa nyuma yo gutoroka, yatangaje ko yagiye kwifatanya n’abaturage batereranwe.

Ibi yabivuze mu kiganiro yagiranye na Radio Ijwi ry’Amerika nyuma y’aho amakuru acicikanye amushinja kwihuza n’umutwe wa Gumino uvugwaho kwifatanya n’umutwe wa P5 urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda.

Muri iki kiganiro, Col. Makanika ahakana ibyo ashinjwa, avuga ko atashoboye gukomeza kwihanganira uburyo abaturage badafite kirengera bakomeje kwicwa, bagabwaho ibitero. Ati: “Naje gufatanya n’abaturage, atari abanyamulenge gusa, abari mu kaga ko kwicwa urubozo, gutotezwa, kuvanwa mu byabo no kwicwa n’imitwe y’abanyamahanga irimo Red Tabara na FOREBU.”

Ku bijyanye gufatanya na P5 mu kurwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, Col. Makanika avuga ko nta mutwe yagiye kurema kandi ngo uretse no kuba umwanzi w’u Rwanda, si n’umwanzi wa Congo, ababivuga ngo bafite icyo bashingiyeho kibafitiye inyungu.

Hashize igihe abiganjemo Abanyamulenge batuye muri Minembwe mu misozi ya Uvira ndetse no muri Fizi mu majyepfo y’uburasirazuba bagabwaho ibitero n’imitwe irangajwe imbere na Mai Mai Yakutumba. Barishwe, batwikirwa amazu, banyagwa inka zabo, abandi bava mu ngo bari batuyemo. Byagezeho aho ubu bwicanyi bugereranwa na jenoside, Abanyamulenge baratabarizwa ngo amahanga agire icyo akora ariko ntibyagira icyo bitanga.

Nyuma gato ya tariki 8 Mutarama 2020, i Mulenge byatangajwe ko hari igitero cyongeye kubura cyagabwe na Mai Mai Yakutumba nk’uko byatangajwe n’umudepite ukomoka i Mulenge, Me Moïse Nyarugabo. Hari ikindi gitero cyagabwe muri aka gace tariki ya 13 Mutarama 2020.

Ubutumwa bwatambutse butabariza Abanyamulenge ndetse n’amafoto yashyizwe hanze agaragaza ubwicanyi bubakorerwa byakabaye impamvu ituma amahanga ahaguruka, akajya kubatabara niba koko leta ya RD Congo idashobora kubikora. Mu gihe bitabaye ibyo, Abanyamulenge ubwabo bari mu nzego zitandukanye zirimo n’izikomeye mu gihugu, bifatanyije n’abandi bafite umutima wo gutabara bashobora kwifatanya na Col. Rukunda bakarinda ubuzima bw’abaho n’ubwo byagereranwa no kwigomeka.

2020-01-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

i Gako : Perezida Kagame yagiranye ibiganiro  na ba Ofisiye barenga 1000 [ Andi mafoto ]

i Gako : Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na ba Ofisiye barenga 1000 [ Andi mafoto ]

Ubwanditsi 06 Feb 2019
Perezida Paul Kagame ari hamwe na Perezida wa UCI, David Lappartient, batangije Tour du Rwanda 2025, umunsi wa mbere wegukanywe na Aldo Taillieu

Perezida Paul Kagame ari hamwe na Perezida wa UCI, David Lappartient, batangije Tour du Rwanda 2025, umunsi wa mbere wegukanywe na Aldo Taillieu

Ubwanditsi 23 Feb 2025
Musenyeri Bimenyimana wa Diyosezi Gatolika ya Cyangugu yitabye Imana

Musenyeri Bimenyimana wa Diyosezi Gatolika ya Cyangugu yitabye Imana

Ubwanditsi 12 Mar 2018
Hatahuwe umugambi wo guhitana Kale Kayihura muri gereza ya Makidye

Hatahuwe umugambi wo guhitana Kale Kayihura muri gereza ya Makidye

Ubwanditsi 02 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri w’Intebe azageza ku Nteko Ishinga Amategeko gahunda za Guverinoma ku buhinzi
POLITIKI

Minisitiri w’Intebe azageza ku Nteko Ishinga Amategeko gahunda za Guverinoma ku buhinzi

Ubwanditsi 02 Apr 2018
U Rwanda rwashimiye u Bushinwa ku bufasha buri guha abanyarwanda 155 bari mu gace karimo Coronavirus
POLITIKI

U Rwanda rwashimiye u Bushinwa ku bufasha buri guha abanyarwanda 155 bari mu gace karimo Coronavirus

Ubwanditsi 01 Feb 2020
BNR yashyize kuri 5% inyungu fatizo banki z’ubucuruzi ziherwaho inguzanyo
UBUKUNGU

BNR yashyize kuri 5% inyungu fatizo banki z’ubucuruzi ziherwaho inguzanyo

Ubwanditsi 07 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru