• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame yagaragaje ko isoko rusange rya Afurika ryahoze mu bitekerezo by’Abanyafurika

Perezida Kagame yagaragaje ko isoko rusange rya Afurika ryahoze mu bitekerezo by’Abanyafurika

Editorial 21 Jan 2020 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko Isoko rusange rya Afurika (AfCFTA) ryabaye impamo kubera ubushake bwa politiki buri mu bayobozi bo kuri uyu mugabane.

Umukuru w’Igihugu witabiriye Inama yiga ku Ishoramari rya Afurika n’u Bwongereza, yabigarutseho kuri uyu wa Mbere, tariki ya 20 Mutarama 2020 mu kiganiro kivuga ku bucuruzi n’ishoramari.

Perezida Kagame yagihuriyemo na mugenzi we wa Guinea, Alpha Condé, uwa Malawi Peter Mutharika n’Umunyamabanga wa Leta y’u Bwongereza ushinzwe Ubucuruzi n’Ishoramari, Liz Truss.

Ibihugu 21 bya Afurika nibyo byitabiriye Inama yiga ku ishoramari rya Afurika n’u Bwongereza, muri byo 16 bihagarariwe ku rwego rw’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwakoze mu buryo budasanzwe mu gufasha ishoramari, ku buryo ubu ruri ku mwanya wa kabiri ku mugabane wa Afurika.

Yagize ati “Ku ruhande rwacu twakoze ishoramari no gushyira ubushobozi mu gucuruza no gukurura ishoramari. Banki y’Isi yashyize u Rwanda mu bihugu by’imbere aho byoroshye kuhakorera ubucuruzi, turi aba kabiri muri Afurika.’’

U Rwanda kandi ruza ku mwanya wa 29 ku Isi mu koroshya ishoramari.

Umukuru w’igihugu yanavuze ko imibare igaragaza ko ubucuruzi hagati mu Banyafurika bugiye kuzatera imbere kuri 50%; aya ni amahirwe ku Rwanda n’ibindi bihugu bya Afurika byiteguye kuyungukiramo no gutangamo umusanzu.

Yagize ati “Isoko rusange rya Afurika ryabaye impamo, ibi bisobanuye ubushake bwa politiki ku ruhande rw’abayobozi bashyize hamwe. Ibi kandi byaje bishyigikira ingufu n’icyifuzo cyo kwishyira hamwe twakomeje kujya dutekereza kuzageraho.”

Muri iyi nama, kandi u Rwanda na Banki y’Isi, bazashyira ku isoko ry’imari n’imigabane ry’i Londres impapuro mvunjwafaranga z’imyaka itatu zifite agaciro ka miliyoni $40.

Ibigo bitandukanye bikorera mu Rwanda byitabiriye iyi nama harimo Banki ya Kigali, Entreprise Urwibutso, Mara Phones, Rwanda Finance Ltd, Ampersand, Cogebanque, Africa Improved Foods na Water Access Rwanda.

-  Isoko rusange rya Afurika rizafasha iki Abanyafurika?

Raporo ya Banki y’Isi yagaragarijwe abakuru b’ibihugu i Accra muri Ghana mu Ukuboza 2019 ubwo ibihugu byo mu Burengerazuba bwa Afurika byakiraga inama zitandukanye z’ubucuruzi zigamije kwihutisha isoko rusange, yavuze ko aya masezerano azafasha Abanyafurika mu buryo bugaragara.

Incamake y’iyo raporo ivuga ko amasezerano yashyizweho umukono n’abayobozi b’ibihugu 44 bya Afurika ku wa 21 Werurwe 2018 i Kigali, kuyashyira mu bikorwa bizatuma ubukene bugabanuka by’umwihariko abagera kuri miliyoni 30 bazava mu bukene bukabije ni ukuvuga 1.5% by’abatuye uyu mugabane.

Muri iyo raporo handitse ko ‘‘Mu Burengerazuba bwa Afurika, ubukene buzagabanukaho miliyoni 12 mu gihe muri Afurika yo hagati bazaba miliyoni 9.3 naho i Burasirazuba bazaba ari miliyoni 4.8.’’

Ivuga ko “AfCFTA ifite amahirwe yo kuzamura abagera kuri miliyoni 67.9 bangana na 3.6 % ku mugabane wose mu 2035. Ku murongo w’abakene bifashije, bakoresha $ 5.50 ku munsi.”

Banki y’Isi yerekana ko mu 2015 miliyoni 415 z’abatuye Afurika bariho mu bukene bukabije, bakoresha $1.90 ku munsi.

Impuguke zagaragaje ko amasezerano ya AfCFTA azarema isoko ryagutse ku Isi hagendewe ku bihugu bifitemo uruhare. Aya masezerano ahuje abaturage miliyari 1.3 b’ibihugu 54 bifite umusaruro mbumbe wa tiliyari $ 3.4.

Gutangira ibikorwa by’isoko rusange byafunguriwe mu nama idasanzwe y’inteko y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) yabereye i Niamey muri Niger muri ku wa 7 Nyakanga 2019.

Ni inama yafatiwemo ibyemezo by’ingenzi bitandukanye birimo ko AfCFTA izatangira ubucuruzi ku wa 1 Nyakanga 2020.

Perezida Kagame yavuze ko kuba Abanyafurika barishyize hamwe byahoze mu bitekerezo byabo na mbere

Umukuru w’Igihugu yerekanye ko u Rwanda ruri mu bihugu byorohereza ishoramari

2020-01-21
Editorial

IZINDI NKURU

Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Editorial 23 Aug 2023
RRA yakomye mu nkokora abakoresha banyereza imisoro ku byo bagenera abakozi

RRA yakomye mu nkokora abakoresha banyereza imisoro ku byo bagenera abakozi

Editorial 23 May 2018
Perezida Kagame asanga Afurika itakomeza gutungwa n’inkunga z’amahanga ubuziraherezo

Perezida Kagame asanga Afurika itakomeza gutungwa n’inkunga z’amahanga ubuziraherezo

Editorial 15 Oct 2019
Tour du Rwanda yasigiye u Rwanda akayabo nyuma yo kwinjiza nibura miliyoni 32 Frw ku ijoro

Tour du Rwanda yasigiye u Rwanda akayabo nyuma yo kwinjiza nibura miliyoni 32 Frw ku ijoro

Editorial 05 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kabishi mu bakinnyi bashya muri Mukura VS yasinyishije umunyarwanda wakinaga mu Burundi
IMIKINO

Kabishi mu bakinnyi bashya muri Mukura VS yasinyishije umunyarwanda wakinaga mu Burundi

Editorial 23 Jan 2018
Amakipe atatu arimo Juventus yageze muri 1/8 cya UEFA Champions League
IMIKINO

Amakipe atatu arimo Juventus yageze muri 1/8 cya UEFA Champions League

Editorial 07 Nov 2019
U Rwanda rwasabwe kugira icyo ruvuga ku ngingo y’irekurwa rya Col. Simba Aloys ufungiye ibyaha bya jenoside
Mu Rwanda

U Rwanda rwasabwe kugira icyo ruvuga ku ngingo y’irekurwa rya Col. Simba Aloys ufungiye ibyaha bya jenoside

Editorial 29 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru