• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Ubuzima bwa Kobe Bryant mu mafoto

Ubuzima bwa Kobe Bryant mu mafoto

Editorial 30 Jan 2020 IMIKINO

Kobe Bryant ni umwe mu bagabo banditse amateka muri NBA, witabye Imana ku Cyumweru, azize impanuka ya kajugujugu yahitanye abandi bantu umunani barimo n’umukobwa we w’imyaka 13, Gianna Bryant.

Mu myaka 20 yakinnye muri Shampiyona ya Basketball ya Amerika kugeza mu 2016, yatwaye ibikombe bitanu bya NBA akinira LA Lakers.

Abantu basaga miliyoni bakomeje gusaba ko Bryant wapfuye afite imyaka 41, yashyirwa mu kirango cya Shampiyona ya NBA.

Kobe Bryant yasize umugore, Vanessa w’imyaka 37 n’abandi bana b’abakobwa batatu; Natalia w’imyaka 17, Bianka w’imyaka itatu na Capri w’imyaka irindwi.

Twifashishije inkuru ya IGIHE yakusanyije amwe mu mafoto atandukanye agaragaza ubuzima bwe.

Kobe Bryant wavutse kuri Joe Jellybean Bryant wakinnye muri NBA na Pamela Cox muri Philadelphia- Pennsylvania, yabaye mu Butaliyani imyaka umunani ubwo papa we yahakinaga nk’Umunyamwuga

Kobe Bryant yatangiye gukina Basketball afite imyaka itatu, impano yigaragaza yiga muri Lower Merion High School

Akiri muto, Bryant yafashije ikipe y’ikigo yigagaho kwegukana igikombe inshuro enye zikurikiranya

Kobe Bryant yatoranyijwe ari uwa 13 na Charlotte Hornets muri NBA Draft mu 1996 ubwo ari afite imyaka 17, ariko ahita atangwa muri LA Lakers

Kobe Bryant yekeje muri LA Lakers nyuma y’uko yari yatoranyijwe ari uwa 13 na Charlotte Hornets muri NBA Draft mu 1996

Kobe Bryant acenga uwo bari bahanganye mu 1996

Bryant nubwo mu minsi ya mbere atari afitanye umubano mwiza na Shaqille O’Neil, bubatse ikipe ikomeye muri Lakers batwarana ibikombe karahava. Aha bari kumwe mu Ugushyingo 1996

Kobe Bryant ari kumwe na papa we, Joe Bryant, mu rwambariro mu 1996

Bryant agerageza gutera dunk ku mukino wabahuje na New York Knicks mu 1999

Shaqille O’Neil na Kobe Bryant bari kumwe na Magic Johnson wabaye umunyabigwi muri LA Lakers, nyuma yo gutwara NBA mu 2000

Kobe Bryant yifotozanya igikombe cya NBA mu 2002 nyuma yo kugitwara bwa gatatu

Allen Iverson wa Philadelphia 76ers aterana amagambo na Kobe Bryant nyuma y’umukino wabaye mu 2001

Ifoto yafashwe mu 2006 igaragaza Kobe Bryant mu bitekerezo byinshi mbere y’umukino

 

Bryant atsinda dunk mu mukino na Dallas Mavericks mu 2006

 

Kobe Bryant yitegura gutsinda mu mukino wa LA Lakers na New Orleans Hornets mu 2011

Laine Vanessa yasabye gatanya na Kobe Bryant mu 2011, ariko mu 2013 bariyunga bakomeza kubana. Aha bari kumwe n’abana babo Natalia Bryant na Gianna Bryant i California mu 2009

Kobe Bryant yerekanwa nka MVP wa NBA mu mwaka w’imikino wa 2007/08

Kobe Bryant mu kirere asama mupira uva ku nkangara mu 2010

Kobe Bryant mu kirere yitegura gushyira umupira mu nkangara

Bryant yitegura gushota mu mukino wabahuje na Sacramento Kings mu 2014

Ikipe ya Amerika y’abagabo. Uhereye ibumoso ni: Michael Redd, Bryant, Dwayne Wade, Lebron James na Deron Williams bishimira umudali wa Zahabu babonye mu mikino Olempike yabereye i Beijing mu Bushinwa mu 2008

Kobe Bryant ashimira abafana mbere yo gukina umukino we wa nyuma muri NBA

Kobe Bryant mu mukino we wa nyuma. Yambaye nimero 8 na 24 mu myaka 20 yakiniye Lakers.

Bryant yakundwaga cyane n’abafana ba Los Angeles Lakers

Bryant aruma umupira we ubwo yahindukiraga ngo yumve inama z’umutoza Mike Brown ku mukino wabahuje na New York Knicks i Los Angeles mu Ukuboza 2011

Bryant aryama hasi nyuma yo gutakaza umupira mu mukino wabahuje na Chicago Bulls mu 2013

Bryant ashyira umupira mu nkangara mu mukino wabahuje na Oklahoma City Thunder mu 2012

Bryant yamburwa umupira na DeMar DeRozan wakiniraga Toronto Raptors 2012

Bryant ubwo yari kumwe n’umukobwe we, Gianna, ku mukino wa WNBA All Star mu 2019

Bryant agerageza gutera dunk mu mukino wahuje ikipe ye na Toronto Raptors tariki 8 Werurwe 2013. Icyo wamenya ni uko Bryant yapfuye ariwe mukinnyi ufite agahigo ko kuba yaratwaye irushanwa rya Slam Dunk akiri muto, icyo gihe hari mu 1997

Mu bihembo byinshi yatwaye, Bryant mu 2018 yegukanye igihembo cya Oscar abikesha filimi ngufi ishingiye ku muvugo yanditswe akawita “Dear Basketball”. Aha yari kumwe n’umugore we Vanessa Laine

Bryant yabaye MVP wa All Star inshuro enye, agahigo asangiye na Bob Pettit nk’abegukanye iki gihembo inshuro nyinshi mu mateka ya NBA

Abafana bashaka gukora kuri Kobe Bryant ubwo yasohokaga mu kibuga nyuma y’umukino batsinzemo Utah Jazz mu 2016

Uwahoze ari Perezida wa Amerika, Barack Obama yifotozanya na Kobe Bryant na Derek Fisher mu 2010

Kobe Bryant yishimirwaga n’abafana

LeBron James, Kobe Bryant na Dwyane Wade mu mukino wahuje Amerika na Argentine mu mikino Olempiki ya 2008 i Beijing

Bryant yari umwe mu bakinnyi batsinze amanota menshi mu mateka ya NBA

Kobe Bryant aca hagati y’abakinnyi ba Orlando Magic; Mickael Pietrus na Rashard Lewis

Byrant yashyingiranywe na Laine Vanessa muri Mata 2001, kuva 2003 kugeza mu 2019 babyarana abakobwa bane

Mu 2003 yashinjwe guhohotera umukobwa w’imyaka 19 wakoraga muri Hotel i Colorado, ikirego cyateshejwe agaciro mu 2004

Nubwo imyaka ibiri ye ya mbere yabanzaga mu basimbura, mu 1998 ubwo yari afite imyaka 18, yabaye umukinnyi muto wagaragaye mu ikipe y’intyoza ya All-Star

Kobe Bryant yabaye umukinnyi w’umwaka muri NBA mu 2008, anahabwa igihembo cy’imikino ya nyuma ya NBA mu 2009 na 2010

Kobe Bryant yakinnye iminota 48 637, aba umukinnyi wa munani wakinnye iminota myinshi muri NBA

Mu 2006, Bryant yatsinze amanota 81 mu mukino wabahuje na Toronto Raptors, akaba ariyo manota ya kabiri menshi yatsinzwe n’umukinnyi uwo ari we wese mu mukino wa NBA nyuma ya Wilt Chamberlain watsinze 100 mu 1962.

Umryango wa Kobe Bryant wishimira intsinzi ya LA Lakers kuri Boston Celtics mu 2010

Yatoranyijwe mu ikipe y’umwaka inshuro 11, azinganya na Karl Malone ku mwanya wa kabiri

Mu mashuri yisumbuye yari umwe mu bagize itsinda rya Cheizaw ryakoraga umuziki w’injyana ya Rap ndetse akaba yari azwi mu mikino njyarugamba no gukina filimi

Kobe Bryant yifotozanya igihembo cya Oscar yahawe mu 2018

Byrant aganira n’itangazamakuru nyuma yo gutsinda amanota 60 mu mukino we wa nyuma muri NBA tariki ya 13 Mata mu 2016

Kobe Bryant na LeBron James bifotozanya umudali wa Zahabu begukanye mu mikino Olempiki ya 2008 bamaze gutsinda Espagne

Bryant atunganya umwambaro we mu mukino bahuyemo na Phoenix Suns mu 2012

Kobe Bryant ashaka uko acenga LeBron James mu mukino wahuje LA Lakers na Cavaliers mu 2016

Kobe Bryant yishima nyuma yo gutsinda amanota 60 mu mukino we wa nyuma muri NBA

Bryant ahanganiye umupira na Arron Afflalo wa Denver Nuggets mu mukino wo mu gace k’Uburengerazuba wabaye mu 2012

Kobe Bryant yari afite ubuhanga bwihariye mu gutsinda amanota

Kobe Bryant yatangiye gukina mu mwaka w’imikino wa 1996/97- Aha yafotowe ari mu mukino wabahuje na Portland Trail Brazers mu 2001

Kobe Bryant mu gace ka kabiri k’umukino wabahuje na Boston Celtics mu mikino ya nyuma ya NBA mu 2010

Kobe Bryant mu mukino wahuje Utah Jazz na LA Lakers mu 2016

Kobe Bryant ashimira abafana ubwo yasohokaga mu kibuga

Kobe Bryant yabaga yifitiye icyizere mu kibuga

Kobe Bryant yishyushya hamwe n’umukobwa we, Gianna Bryant, mbere y’umukino wa NBA All-Star mu 2016

Umuhanzi Lin Manuel Miranda afata ifoto hamwe na Kobe Bryant mu 2018

Shaqille O’Neil na Kobe Bryant basoma ibihembo bahawe nyuma yo gutsinda Indiana Pacers

Kobe Bryant yifotozanya n’umufasha we Laine Vanessa mu 2008

Uwahoze ari Perezida wa Amerika, Barack Obama yifotozanya na Kobe Bryant na bagenzi be bo muri LA Lakers yatwaye Shampiyona ya NBA mu 2009

Vanessa Laine na Kobe Bryant ubwo bari bitabiriye umuhango watangiwemo ibihembo bya Oscar mu mwaka ushize

Kobe Bryant yerekeza mu kibuga hagati mu birori byo kubika umwambaro yambaraga, mu karuhuko ku mukino wahuje Los Angeles Lakers na Golden State Warriors

Kobe Bryant atsinda dunk mu mukino wahuje Amerika na Nigeria mu mikino Olempiki ya 2012

Ifoto yafashwe mu Ukuboza 2019, Kobe Bryant ari kumwe n’umukobwa we, Gianna, bapfanye mu ndege mu cyumweru gishize

Kobe Bryant kuva na kera yakundaga kugenda mu ndege no mu gihe agiye ku mikino y’ikipe ye. Iyi foto yafashwe mu 1998

Aha Kobe yari kumwe na Jay Z na Beyonc
2020-01-30
Editorial

IZINDI NKURU

Amafoto – Mu mukino wa gicuti ikipe ya AS Kigali yatsinze Musanze FC ibitego 4-1, harimo ibitego bitatu bya Hussein Shabalala

Amafoto – Mu mukino wa gicuti ikipe ya AS Kigali yatsinze Musanze FC ibitego 4-1, harimo ibitego bitatu bya Hussein Shabalala

Editorial 29 Sep 2021
Nyuma y’umukino ikipe ya Leicester City yatsinzemo Manchester United, ikipe ya Manchester City yahise itwara igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza ibura imikino itatu ngo irangire.

Nyuma y’umukino ikipe ya Leicester City yatsinzemo Manchester United, ikipe ya Manchester City yahise itwara igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza ibura imikino itatu ngo irangire.

Editorial 12 May 2021
Umusore  Farouk Ruhinda Saifi akomeje gukora udushya mu ikipe ya Bugesera FC

Umusore  Farouk Ruhinda Saifi akomeje gukora udushya mu ikipe ya Bugesera FC

Editorial 08 Mar 2018
Cristiano Ronaldo yesheje agahigo ko kuba ariwe rutahizamu umaze gutsinda ibitego byinshi mu mikino y’ikipe y’igihugu

Cristiano Ronaldo yesheje agahigo ko kuba ariwe rutahizamu umaze gutsinda ibitego byinshi mu mikino y’ikipe y’igihugu

Editorial 03 Sep 2021
Amafoto – Mu mukino wa gicuti ikipe ya AS Kigali yatsinze Musanze FC ibitego 4-1, harimo ibitego bitatu bya Hussein Shabalala

Amafoto – Mu mukino wa gicuti ikipe ya AS Kigali yatsinze Musanze FC ibitego 4-1, harimo ibitego bitatu bya Hussein Shabalala

Editorial 29 Sep 2021
Nyuma y’umukino ikipe ya Leicester City yatsinzemo Manchester United, ikipe ya Manchester City yahise itwara igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza ibura imikino itatu ngo irangire.

Nyuma y’umukino ikipe ya Leicester City yatsinzemo Manchester United, ikipe ya Manchester City yahise itwara igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza ibura imikino itatu ngo irangire.

Editorial 12 May 2021
Umusore  Farouk Ruhinda Saifi akomeje gukora udushya mu ikipe ya Bugesera FC

Umusore  Farouk Ruhinda Saifi akomeje gukora udushya mu ikipe ya Bugesera FC

Editorial 08 Mar 2018
Cristiano Ronaldo yesheje agahigo ko kuba ariwe rutahizamu umaze gutsinda ibitego byinshi mu mikino y’ikipe y’igihugu

Cristiano Ronaldo yesheje agahigo ko kuba ariwe rutahizamu umaze gutsinda ibitego byinshi mu mikino y’ikipe y’igihugu

Editorial 03 Sep 2021
Amafoto – Mu mukino wa gicuti ikipe ya AS Kigali yatsinze Musanze FC ibitego 4-1, harimo ibitego bitatu bya Hussein Shabalala

Amafoto – Mu mukino wa gicuti ikipe ya AS Kigali yatsinze Musanze FC ibitego 4-1, harimo ibitego bitatu bya Hussein Shabalala

Editorial 29 Sep 2021
Nyuma y’umukino ikipe ya Leicester City yatsinzemo Manchester United, ikipe ya Manchester City yahise itwara igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza ibura imikino itatu ngo irangire.

Nyuma y’umukino ikipe ya Leicester City yatsinzemo Manchester United, ikipe ya Manchester City yahise itwara igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza ibura imikino itatu ngo irangire.

Editorial 12 May 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru