• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»BDF yateye inkunga ya miliyari zirenga 14 FRW imishinga 3009 umwaka ushize

BDF yateye inkunga ya miliyari zirenga 14 FRW imishinga 3009 umwaka ushize

Ubwanditsi 05 Feb 2020 UBUKUNGU

Ikigega gitanga ingwate ku mishinga mito n’iciriritse mu Rwanda, BDF, cyahamagariye urubyiruko rukitinya mu nzira yo gutangiza imishinga ibyara inyungu, gufungura amaso rukabyaza umusaruro amahirwe rwashyiriweho ajyanye no guhabwa ingwate ku mishanga yarwo.

Mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa kabiri, BDF, yavuze ko umwaka wa 2019 warangiye imishinga 3 009 yose itewe inkunga binyuze mu buryo butandukanye iki kigega kinyuzamo inkunga kigenera abakigana.

Iyi mishinga yose yashowemo amafaranga y’u Rwanda 14 925 237 794.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigega BDF, Innocent Bulindi, yavuze ko urubyiruko nk’igice kinini bashaka gufasha gutera imbere, rukwiye kurushaho kwegera ibigo by’imari bikorana n’iki kigega kuko ari bwo buryo bworoshye bwo kubona umusingi ufatika ku mishinga yabo.

Ati “Turacyafite ikibazo ko umubare munini w’urubyiruko badafite amakuru ahagije ku bijyanye n’uburyo BDF ifasha iterambere ry’imishinga yabo. Urubyiruko rukwiye kujya rwegera amashami ya BDF ari hirya no hino mu gihugu n’abajyanama b’ubucuruzi bari muri buri murenge n’utugari mu gihugu, bakabereka uburyo bwo gutegura imishinga yabo n’inzira yo kugana ibigo by’imari dukorana.”

Kugeza ubu BDF ifitanye amasezerano n’ibigo by’imari bisaga 500 mu gihugu hose, aho buri muntu ufite umushinga wizwe neza, yemerewe kwaka inguzano hanyuma BDF ikamutangira ingwate ingana 75%.

BDF ivuga ko iteganya kongera ku rugero rwa 64% imishinga izatera inkunga, ikava ku 3 009 yatewe inkunga mu 2019, ikagera ku 4 940 mu mwaka wa 2020, ahazashorwa miliyari 14,4 z’amafaranga y’u Rwanda.

Kuva mu 2011 BDF itangira ibikorwa byayo, imishinga isaga ibihumbi 40 yatewe inkunga ku mafaranga asaga miliyari 95; muri iyo mishinga, isaga ibihumbi 15 ni iy’urubyiruko naho isaga ibihumbi umunani ni iy’abari n’abategarugori.

Iki kigega kivuga ko intego yacyo ari ugushyigikira iterambere ry’imishinga mito n’iciriritse, binyuze mu koroshya uburyo bwo kubona inguzanyo mu bigo by’imari cyane cyane ku rubyiruko.

Usibye gutera inkunga no gutanga ingwate ku mishanga itandukanye, BDF inashora imari mu mishanga ibyara inyungu ndetse igatanga n’ubujyanama.

Muri gahunda ya leta NTS1, BDF ivuga ko iteganya kugira uruhare mu guhanga imirimo ibihumbi bisaga 20.

2020-02-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikoranabuhanga ntirikwiye guhinduka umwanzi w’Abanyarwanda

Ikoranabuhanga ntirikwiye guhinduka umwanzi w’Abanyarwanda

Ubwanditsi 15 May 2017
BAD yageneye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 84.3 $ izateza imbere urubyiruko n’abagore

BAD yageneye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 84.3 $ izateza imbere urubyiruko n’abagore

Ubwanditsi 27 Nov 2017
Radisson Blu yabaye iya mbere mu Rwanda yahawe igihembo cya hoteli itekanye

Radisson Blu yabaye iya mbere mu Rwanda yahawe igihembo cya hoteli itekanye

Ubwanditsi 07 Aug 2019
Amahirwe yihariye ku bifuza gutunga inzu muri Vision City

Amahirwe yihariye ku bifuza gutunga inzu muri Vision City

Ubwanditsi 12 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’aho  Amb. Eugene Gasana  aherewe inshingano zo  guhungisha imitungo  ya Kabila yanyerejwe  ubu ngo yaba yiteguye kwerekaza muri  Kongre y’Amerika  gutanga ubuhamya
ITOHOZA

Nyuma y’aho Amb. Eugene Gasana aherewe inshingano zo guhungisha imitungo ya Kabila yanyerejwe ubu ngo yaba yiteguye kwerekaza muri Kongre y’Amerika gutanga ubuhamya

Ubwanditsi 07 Oct 2017
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Amir wa Qatar
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Amir wa Qatar

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Rwanda: Bwa mbere hahembwe ‘Couple’ y’umwaka
SHOWBIZ

Rwanda: Bwa mbere hahembwe ‘Couple’ y’umwaka

Ubwanditsi 23 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru