• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Leta ya Uganda yirukanye ku butaka bwayo Abanyarwanda 342 ibashinja kubateza icyorezo Isi iri guhangana nacyo cya Coronavirus (COVID-19).

Leta ya Uganda yirukanye ku butaka bwayo Abanyarwanda 342 ibashinja kubateza icyorezo Isi iri guhangana nacyo cya Coronavirus (COVID-19).

Ubwanditsi 27 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Amakuru y’iyirukanwa ry’abo Banyarwanda yemejwe n’Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Gatabazi Jean Marie Vianney, tariki ya 27 Werurwe 2020. Nkuko tubikesha Imvaho nshya.

Gatabazi avuga ko byatangiye mu ntangiriro z’ikicyumweru, abirukanwe ubu bakaba bacumbikiwe ahantu hatandukanye kugira ngo bitabweho uko baje hatagira uwaba afite icyo cyorezo akanduza undi uje atagifite.

Bagiye binjirira mu mirenge itandukanye,y’uturere dukora ku mupaka wa Uganda n’u Rwanda, ari yo Cyanika, Kagogo, Kinyababa, Butaro, Kivuye, Gatebe na Bungwe ho mu karere ka Burera; hari abinjiriye mu mirenge ya Rubaya, Cyumba na Kaniga yo mu karere ka Gicumbi.

Gatabazi yagize ati “Ni byo koko hari abaturage bagera kuri 342 ariko hari n’abandi twakiriye guhera muri iki cyumweru gitangira; babanje kwinjirira muri Burera abandi ninjirira muri Gatuna, ariko abenshi bacaga mu nzira zitemewe ariko nabo iyo ubasobanuje barakubwira ngo batwirukanye tugeze ahangaha baratubwira ngo tujyane n’abamotari nabo bakatujyana mu nzira zitari zo, akarinda agera ku mupaka ahatanemewe.

Bamwe bari muri Gicumbi, twabashyize ahantu ha bonyine kubera ko bavuye mu gihugu kindi kugira ngo badahura n’abo mu ngo hakagira uwaba yakanduza undi; twabahyize mu kigo cya Kagogo, Cyanika, Mwumba abandi bari muri Gicumbi i Kageyo no mu mugi hari hoteli ebyiri zafashwe zari zisanzwe zakira abagenzi, abandi bari ahitwa Karambo hafi no ku Rwesero. Baracyaza rero, na nimugoroba n’uyu munsi mu gitondo hari abo twahuye twaganiriye, bavuye Kampala.”

Guverineri Gatabazi yakomeje avuga ko bagiye bamubwira ko bamwe bageze Kabale muri Uganda ari benshi bigasaba buri wese kwirwanaho kugira ngo agere mu Rwanda. Ati “Iyo tubabajije rero batubwira ko babirukanye, babanje kubabwira ngo Abanyarwanda babazanira Coronavirusi, babafata nk’aho ari bo bazana iyo virusi muri Uganda.

Hanyuma ariko icyaje kugaragara mu minsi itatu ishize ni uko hari ingabo za UPDF (Uganda People Defense Force) ku mupakaka wa Cyanika kugeza ku wo ku ruhande rwa Gicumbi, noneho ba baturage b’Abanyarwanda twabwiraga ngo baze bari bafiteyo utuduka, imirima bahinga n’abasanzwe bakora mu mahoteli no mu maresitora yari agikora muri Uganda, abo bose babazanye ndetse hari n’icyabaye aho bita mu Gahenerezo ugana za Kagogo abari bahafite amaduka bacuruzagamo bavanyemo ibintu byabo, imyaka abaturage barabigabana, hanyuma ubu nabo bari kuza mu Rwanda.

Ntabwo tuzi ikiri inyuma y’ibi byose aiko igihari ni uko nk’uko amabwiriza yacu abivuga imipaka yari ifunze, ntawe ugomba kwambuka ntawe ugomba kuza ariko noneho abongabo barimo kuza bavuga ko babirukanye mu gihugu, ngo ni batware iwabo iyo virusi, ni yo magambo bakoresha.”

Ku munsi wa Kane, ejo hashize honyine, hirukanywe Abanyarwanda bagera ku 145 bakiriwe ku mipaka y’u Rwanda na Uganda, mbere yaho haje hafi 100, kandi n’uyu munsi u Rwanda rukaba rwiteguye kwakira abandi.

Abirukanwa baza nta kimtu bafite mu byo bari batunze, kandi abo mu Gahenerezo hakurya y’u Rwanda bacuruzaga bakaba baje bamaze gusenyerwa no gusahurwa.

Abageze mu Rwanda, bakurikiranwa byihariye, bafite abaganga babakurikirana, bakagaburirwa 3 ku munsi, aharimo n’umunyekongo nawe wari ugiye mu kazi ke muri Uganda. Itsinda rije umunsi umwe rishyirwa ukwaryo rigategereza ko iminsi 14 ishira ngo barebe ko nta kindi kibazo bafite.

Abanyarwanda birukanywe bavuze ko ubu inzego za gisirikare zaho ziri guhiga bukware umunyarwanda aho ari hose kugira ngo yirukanywe ikubagahu.

2020-03-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Buruseli: Urubanza rw’ubujurire ku ruhare rw’u Bubiligi mu bwicanyi bwabereye kuri ETO Kicukiro rwatangiye

Buruseli: Urubanza rw’ubujurire ku ruhare rw’u Bubiligi mu bwicanyi bwabereye kuri ETO Kicukiro rwatangiye

Ubwanditsi 02 Mar 2018
Ruhango:  Umuryango “ Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge ”  wateguye Ubudehe bwo guhingira Uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 

Ruhango:  Umuryango “ Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge ”  wateguye Ubudehe bwo guhingira Uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 

Ubwanditsi 23 Sep 2022
Bwana André Kazigaba, jya uvuga uziga, kuko ubwibone no  gushyanuka bizagushyira  mu kaga karenze ako wishoyemo

Bwana André Kazigaba, jya uvuga uziga, kuko ubwibone no  gushyanuka bizagushyira  mu kaga karenze ako wishoyemo

Ubwanditsi 26 Jan 2021
Ubusabe bw’umujenosiderikazi Paulina Nyiramasuhuko wifuzaga kurekurwa atarangije igihano bwatewe utwatsi

Ubusabe bw’umujenosiderikazi Paulina Nyiramasuhuko wifuzaga kurekurwa atarangije igihano bwatewe utwatsi

Ubwanditsi 11 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya
HIRYA NO HINO

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Ubwanditsi 22 Jul 2020
Buri mwaka agiye kujya atanga icya cumi mu kwibuka abazize Jenoside -Senderi International Hit
Mu Rwanda

Buri mwaka agiye kujya atanga icya cumi mu kwibuka abazize Jenoside -Senderi International Hit

Ubwanditsi 07 Apr 2017
Zari yasutse amarira ubwo Ivan Semwanga uwahoze ari umugabo we yitabye Imana!!  Amakuru afite gihamya nuko  Diamond  ariwe Wamurogesheje!
Mu Rwanda

Zari yasutse amarira ubwo Ivan Semwanga uwahoze ari umugabo we yitabye Imana!! Amakuru afite gihamya nuko Diamond ariwe Wamurogesheje!

Ubwanditsi 25 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru