• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Nibyo koko Museveni arakomeye imbere ya Muhoozi kuko yamubyaye akamuha byose ariko siko bimeze kuri Afurika nkuko yabivuze

Nibyo koko Museveni arakomeye imbere ya Muhoozi kuko yamubyaye akamuha byose ariko siko bimeze kuri Afurika nkuko yabivuze

Ubwanditsi 27 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Umuhungu wa Perezida Museveni akaba n’umusirikari mukuru mu ngabo za Uganda UPDF, aherutse gutangaza kurubuga rwa Twitter ko Papa we umubyara ariwe muntu ukomeye mu mateka yo kwibohora kw’Afurika, yongeraho ko ababariye abumva ko bamutsinda. Ibi yabivuze nyuma yuko nanone asubirije ikinyamakuru cya New Vision (cya Leta ya Uganda) ko kidakwiye kugira ikindi gihugu kivuga neza uretse Uganda kuko ariyo ikomeye muri Afurika.

Ni nyuma yuko New Vision yari imaze gutangaza ingama zikomeye u Rwanda rwafashe zo ku rwanya Virus ya Corona. Nyuma aho bigaragariye ko Muhoozi yohereje ubwo butumwa mu masaha akuze kandi abantu benshi cyane cyane abagande baziko akunda kwandika yahaze ka manyinya, bamushubije bamubwirako atagomba gufatanya gusoma agacupa no gutanga ubutumwa. Abantu kandi bibukije ko Muhoozi ko buri mwana afata Se nk’igihangange uko yaba ameze kose. Ibi bituma umuntu yibaza niba Muhoozi abivuga nk’umusirikari cyangwa afite izindi nshingano mu gihugu cya Uganda zirenze.  Ese ibi Muhoozi abiterwa ni iki?

Ku isi yose, inshingano y’umusirikari w’igihugu icyo aricyo cyose ni ukurinda umutekano w’abaturage bicyo gihugu, ni muri urwo rwego umusirikari intego ye yambere ari ikinyabupfura ndetse no kwitanga. Kurengera umuturage ntabwo ari intambara y’amasasu gusa; ni ukumurinda icyatuma ubuzima bwe budahungabanwa n’icyo aricyo cyose yaba Ibiza bishingiye ku kirere cyangwa se nka Virus ya Corona imeze nabi muri iki gihe.

Kuba rero umusikari akwiye kurangwa n’ikinyabupfura ndetse no kubera urugero abandi, bituma inshingano ze azuzuza neza; ariko siko bimeze muri Uganda, aho umuhungu wa Perezida Museveni ndetse na Janet Museveni, Lt Gen Muhhozi Kainerugaba avanga ubuzima bw’iraha ndetse n’igisirikari bikaba bigira ingaruka ku buzima bw’igihugu ariko by’umwihariko no ku karere kubera ibyo yandika cyane cyane iyo amaze gufata kuri ka manyinya nkuko twabivuze hejuru.

Muhoozi ni wa mwana wavukiye mu biryo mu mvugo yubu; dore ko n’igihe abandi bana bo mukigero cye bari kurugamba, Muhoozi yari muri Sweden aho yagiye avuye muri Tanzania. Museveni kuri ubu ndetse na murumuna we Salim Saleh bakaba bari mu baherwe ba mbere muri Uganda bityo imitungo ya Museveni ikazaharirwa Muhoozi. Ibi byatumye Muhoozi nk’izina riba rirerire kurusha inshingano; nyuma yo kuba mu maraha akabije yo gukunda agatama n’abagore, Museveni yahinduriye inshingano ze umuhungu we, amugira umujyanama nk’uburyo bwo kumwicaza. Museveni afite umubare w’abajyanama atazi, dore ko benshi banavugako iyo Museveni ahuye n’abajyanama be, niwe ubagira inama kurusha uko bamugirana inama. Ku bijyanye n’igitotsi kirangwa mu mubano w’u Rwanda na Uganda, Muhoozi atangaza byinshi umuntu akibaza abivuga nkande: arata amashuri ye akayitirira igisirikari cya UPDF ndetse akamera nk’umuntu ushaka intambara hagati y’u Rwanda ariko akaba yayibera umufana kurusha kuyirwana.

Kuzamurwa mu ntera bijyana n’inshingano za gisirikari kubera uburambe n’ubushobozi uba wagaragaje. Kuri Muhoozi Kainerugaba siko byagenze kuko yazamuwe mu ntera nkuko wohereza icyogajuru mu kirere. Yatangiye igisirikari afite ipeti rya Sous Lieutenant nyuma yo kurangiza amashuri mu bwongereza no mu Misiri mu  mwaka wa 2000. Nyuma y’umwaka umwe yahise azamurwa mu ntera aba Major. Yabaye Ofisiye mutoya umwaka umwe asimbuka amapeti abiri ahita aba Major. Mu mwaka wa 2008 yazamuwe mu ntera agirwa Lieutant Colonel ndetse akurira ingabo zizshinzwe kurinda Perezida Museveni ari na Se umubyara maze mu mwaka wa 2016 agirwa Major General asimbutse amapeti ya Colonel na Brigadier General. Mu kwezi kwa kabiri 2019, Muhoozi yabaye Lieutenant General.

Muhoozi ubu aravuga rikijyana; ntiwamenya niba avuga nk’umusirikari wa UPDF cyangwa umuhungu wa Museveni. Ibyo yavuze yanyoye agatama, biba imitwe y’inkuru mu binyamakuru bya Uganda. Ubu hagiyeho n’itsinda ry’abakunzi be, baba bishakira amaramuko dore ko abanyanyagizamo amafaranga. Umuryango mugari wa Museveni niwe wikubiye ubukungu bunini bwa Uganda, bityo Muhoozi akaba ari wa mwana uvuna umuheha akongezwa undi; kuba ari umuhungu rukumbi wa Perezida Museveni, akaba ari Lt Gen mu gisirikari afite ijambo hose, akaba ari umuherwe muri Uganda nicyo gituma yitwara nk’umwami ushagawe.

Reka tubanyuriremo aho imitungo ya Perezida Museveni, murumuna we Salim Saleh ndetse na Muhoozi ituruka bitewe n’imigabane bafite mu bigo bikomeye by’ubucuruzi muri Uganda:

  • 46% By’ubutunzi bwa Sudhir muri Uganda, East Africa, South Africa, Europe n’ America nibya Perezida Museveni. Umutungo wa Sudhir/Museveni ubarizwa mu gushora imari mu mabanki, sosiyite z’ubwishingi, kubaka amazu n’ibindi…….
  • 72% by’umutungo witiriwe Karim Hirji’s ubarizwa mu bijyanye n’amahoteli nuwa Perezida Museveni harimo 10% bya Janet Kataha.
  • 44% by’umutungo wa Mukwano nuwa Perezida Museveni. Mukwano azwi cyane gutunganya no gucuruza ibikomoka ku buhinzi.
  • 42% by’umutungo wa Madhivan nuwa Janet Museveni Kataha
  • 67% by’umutungo wa Bidco ubarizwa mu gutunganya no gucuruza ibikomoka ku buhinzi ni uwa Perezida Museveni
  • 61% by’umutungo wa Patrick Bitature ubarizwa mucyitwa Simba Group nuwa Janet Museveni
  • 66% by’umutungo wa Ham Kiggundu nuwa Muhoozi harimo n’imigabane ibarizwa muri UK, US na South Africa.
  • 55% By’imitungo ya Lubega niya Karugire na Natasha Museveni
  • 68% ya John Bosco niya Muhoozi harimo na Shamba Complex and Freedom City
  • 41% by’imitungo ya Aponyens niya Muhoozi harimo na Mega Standard Supermarket
  • 37% ya Shoprite niya Sam Kutesa
  • 66% y’imitungo ya Mandela niya Salim Saleh harimo City Oils na Café Javas
  • 46% ya Movit investments niya Salim Saleh na Muhoozi
  • 49% ya Samona niya Perezida Museveni
  • 71% ya Roofings Limited niya Janet Museveni

Ibi byonyine ni 5% by’imitungo yabo kuko buri company yose ibarizwa mu gihugu cya Uganda umuryango mugari wa Perezida Museveni na Janet Museveni bayifitemo imigabane. Ngicyo igituma Muhoozi wamaze kwishyira ku myanya y’umukuru w’igihugu yitwara uko ashatse akumva ko Museveni ariwe ukomeye ku isi.  Ntampamvu yuko Muhoozi atavuga ko Se umubyara ari umuntu ukomeye ku isi urebye uburyo yamuzamuye mu gisirikari n’uburyo yamuhaye imitungo. Urutonde rw’imitungo ya Muhoozi tuzarugarukaho.

2020-03-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Padiri Nahimana Thomas yiyumvamo kuba Umufaransa kurusha kuba Umunyarwanda

Padiri Nahimana Thomas yiyumvamo kuba Umufaransa kurusha kuba Umunyarwanda

Ubwanditsi 24 Nov 2016
Ukuboko k’ubutabera ntikuzabaha amahwemo. I Buruseli mu Bubiligi hatangiye urubanza rw’abajenosideri Twahirwa na Basabose

Ukuboko k’ubutabera ntikuzabaha amahwemo. I Buruseli mu Bubiligi hatangiye urubanza rw’abajenosideri Twahirwa na Basabose

Ubwanditsi 05 Oct 2023
Bizimungu yanditse ibaruwa isezera yamenye ko Inteko yamukuyeho icyizere, yari yizeye Kayumba Nyamwasa nk’umucunguzi

Bizimungu yanditse ibaruwa isezera yamenye ko Inteko yamukuyeho icyizere, yari yizeye Kayumba Nyamwasa nk’umucunguzi

Ubwanditsi 17 Apr 2020
Uganda: Hatahuwe  inkambi nshya ikorerwamo imyitozo y’abarwanya leta y’u Rwanda

Uganda: Hatahuwe  inkambi nshya ikorerwamo imyitozo y’abarwanya leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amavubi yasesekaye i Kigali avuye muri Benin aho aje kwitegura umukino bafitanye mu minsi itatu
Amakuru

Amavubi yasesekaye i Kigali avuye muri Benin aho aje kwitegura umukino bafitanye mu minsi itatu

Ubwanditsi 24 Mar 2023
Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro
Amakuru

Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro

RUSHYASHYA 19 May 2026
RD-Congo : Icumbi rya Gen. Byiringiro Victor riri i Kazaroho ryahawe inkongi y’umuriro, biracyekwa ko Byiringiro yatawe muri yombi
INKURU NYAMUKURU

RD-Congo : Icumbi rya Gen. Byiringiro Victor riri i Kazaroho ryahawe inkongi y’umuriro, biracyekwa ko Byiringiro yatawe muri yombi

Ubwanditsi 15 Apr 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru