• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Inzego zitandukanye zirimo gutegura uburyo abatishoboye bafashwa – Perezida Kagame

Inzego zitandukanye zirimo gutegura uburyo abatishoboye bafashwa – Perezida Kagame

Editorial 28 Mar 2020 UBUKUNGU

Perezida wa Repubulika Paul Kagame aratangaza ko inzego zitandukanye zirimo gutegura uburyo Abanyarwanda batishoboye bafashwa kandi ko igisigaye gusa ari ukubyihutisha, muri iki gihe Igihugu cyugarijwe n’icyorezo cya Coronavirus.

Perezida Kagame yabitangarije mu ijambo yagejeje ku Banyarwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa 27 Werurwe 2020.

Yagize ati, “Tuzi neza ko ibi bihe bitoroshye byahungabanyije ubuzima bw’Abanyarwanda benshi, ndetse mu gihugu hose, turabasaba rero ko mwihangana, turatera intambwe nziza ntabwo dukwiye gutezuka, Leta izakomeza gukora byose ngo ifashe Abanyarwanda muri ibi bihe bitoroshye”.

Umukuru w’igihugu avuga ko Leta yiteguye gufasha Abanyarwanda muri ibi bihe bitoroshye kandi ko ingamba zafashwe n’izindi zikaba zizafatwa kugira ngo abikorera babone uko bubaka uburyo buhamye bwo gukomeza gukora muri ibi bihe.

Perezida Kagame yavuze ko kugeza ubu ubwandu bwa Coronavirus bumaze kugaragara ku bantu 54 kandi ko buzakomeza kwiyongera uko abakekwaho kwandura icyo cyorezo bazakomeza gupimwa no kuvurwa.

Perezida Kagame avuga ko gufunga urujya n’uruza ku mipaka n’ingendo z’indege, ndetse no guhagarika ingendo hagati mu gihugu ari bwo buryo bwiza bwo kugabanya ikwirakwizwa rya Coronavirus.

Umukuru w’igihugu avuga ko n’ubwo izo ngamba zafashwe, Coronavirus yandura mu buryo bwihuse kandi butarasobanuka neza, ari na yo mpamvu ahamagarira buri wese gukomeza gushyira mu bikorwa amabwiriza yashyizweho na Leta kandi Abanyarwanda bakihanganira ingorane zose yateza.

Agira ati, “Kugira ngo dutsinde iki cyorezo kugira ngo kidakomeza guhitana ubuzima bw’abantu benshi ni ukubahiriza amabwiriza akurikira, kuguma mu rugo gusiga intera ndende hagati yawe n’abandi igihe uvuye cyangwa uri mu rugo, gukaraba intoki neza kenshi no kwitabaza ubuyobozi igihe ugaragaje ibimenyetso by’uburwayi”.

Umukuru w’Igihugu ashimira abateye inkunga u Rwanda mu guhangana na Coronavirus haba mu karere no ku isi, barimo Umuryango Mpuzamahanga wita ku Buzima (OMS), Dr. Tedros na Jack Ma na Fondasiyo ye, agashimira by’umwihariko akazi gakomeye kari gukorwa na Minisiteri y’Ubuzima.

Perezida Kagame avuga ko Abanyarwanda babashije kwivana mu bibazo byinshi bitandukanye kandi ko n’ibi bazabasha guhangana na byo.

Reba mu mashusho (Video) ijambo ry’Umukuru w’Igihugu

2020-03-28
Editorial

IZINDI NKURU

Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma

Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma

Editorial 20 Jun 2017
Perezida Kagame yagaragaje ko guha imbaraga urwego rw’abikorera byakwihutisha igerwaho rya SDGs

Perezida Kagame yagaragaje ko guha imbaraga urwego rw’abikorera byakwihutisha igerwaho rya SDGs

Editorial 12 Dec 2017
Perezida Kagame yasabye imbaraga mu gukurikirana ibyaha bikoreshwa ikoranabuhanga

Perezida Kagame yasabye imbaraga mu gukurikirana ibyaha bikoreshwa ikoranabuhanga

Editorial 30 Apr 2019
Leta irareba uko yakwambura amabanki uburenganzira bwo guteza cyamunara

Leta irareba uko yakwambura amabanki uburenganzira bwo guteza cyamunara

Editorial 16 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tshisekedi arapfunda imitwe nk’uhiriye mu nzu: Ubu arakusanya abajenosideri ngo bamufashe kurwanya M23 no gutera u Rwanda
Amakuru

Tshisekedi arapfunda imitwe nk’uhiriye mu nzu: Ubu arakusanya abajenosideri ngo bamufashe kurwanya M23 no gutera u Rwanda

Editorial 08 Mar 2024
Rwamagana : Umucuruzi  Rwabukamba Venuste yitabye Imana ku buryo butunguranye
Mu Mahanga

Rwamagana : Umucuruzi Rwabukamba Venuste yitabye Imana ku buryo butunguranye

Editorial 10 Oct 2016
Muri FDLR uburozi buravuza ubuhuha kubera amacakubiri ashingiye ku karere
Amakuru

Muri FDLR uburozi buravuza ubuhuha kubera amacakubiri ashingiye ku karere

Editorial 11 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru