• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Leta ya Uganda ikomeje gukorera ubuvugizi Tribert Rujugiro, umuterankunga wa RNC imukundisha abaturage b’icyo gihugu
Abahagarariye Rujugiro berekana inkunga yabo

Leta ya Uganda ikomeje gukorera ubuvugizi Tribert Rujugiro, umuterankunga wa RNC imukundisha abaturage b’icyo gihugu

Editorial 11 Apr 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Mu gihe Leta ya Uganda yahawe igihe cyo kwitandukanya n’imitwe yitwaje intwaro ndetse n’amashyaka arwanya u Rwanda, nkuko byasabwe n’abahuza bo muri Kongo Kinshasa na Angola, iki gihugu ntacyo gikora ahubwo kirarushaho gukorera bamwe bo muri iyo mitwe ubuvugizi mu kubakundisha abaturage ba Uganda berekana ko ari abantu beza. Ibi byagaragajwe n’inkunga Tribert Rujugiro yageneye icyo gihugu binyuze mu ruganda rw’itabi ahafite.

Urwo ruganda rutunganya itabi rw’umuterankunga wa RNC, Tribert Rujugiro yahaye inkunga igihugu cya Uganda ingana na miliyoni 250 z’amashilingi ya Uganda yo kurwanya icyorezo cya Corona Virus. Umuryango wa Museveni ukaba ufitemo imigabane muri uru ruganda cyane cyane murumuna we Salim Saleh. Ibi kandi byagaragaje umubano udasanzwe n’ipfundo riri hagati ya Leta ya Uganda na RNC, umutwe w’iterabwoba ukuriwe na Kayumba Nyamwasa.

RNC mu bikorwa byayo bya buri munsi yagiye iterwa inkunga na Rujugiro, ariko byamenyekanye cyane ubwo Robert Higiro na David Himbara bajyaga mu Nteko ishinga Amategeko y’Amerika bikaza kumenyekana ko hari ikigo bita Podesta Group bishyuye amadorali ibihumbi 440 ngo kibafashe kugera muri iyo Nteko, bikaza kugaragara ko ari Tribert Rujugiro wari wayantanze. RNC ikorana ku mugaragaro n’inzego zishinzwe umutekano muri Uganda; abaterankunga ni bamwe nkuko bigaragazwa niyi nkunga Rujugiro yateye Uganda.

Ikindi ni ukugirango ashinge imizi muri Uganda akundwe n’abaturage kuko ahari kubera ikimenyane ndetse na ruswa iranga ubucuruzi bwo mu muryango wa Perezida Museveni. Mu rwego rwo kwikundisha kubanya Uganda icyabanje gukorwa ni ugusura uru ruganda ndetse no guha ijambo abo muri RNC mu binyamakuru bya Uganda.

Umwaka wa 2019, watangiranye ingufu nyinshi mu itangazamakuru rya Uganda, rishyira imbaraga mu gusigiriza imigambi mibi yose icurwa igamije kugirira nabi u Rwanda, ndetse ibikorwa by’abayiri inyuma bigahabwa isura yo kujijisha abaturage. Mu mezi atatu ya mbere, nta munsi w’ubusa hatandikwaga cyangwa ngo hatangazwe inkuru ivuga ku byiza n’ibigwi bya Kayumba Nyamwasa na Rujugiro Tribert, maze Himbara David ahindurwa umusesenguzi ku bukungu bw’u Rwanda.

Ibi byose byagirwagamo uruhare na CMI, yasabye ibinyamakuru bikomeye birimo New Vision, NTV na The East African gutangaza inkuru zigaragaza neza Rujugiro n’Umutwe wa RNC. Ku wa 26 Werurwe 2019, itsinda ry’abanyamakuru ba New Vision, The East African na NTV ryagiye mu gace ka Arua gutara inkuru zivuga ku ruganda rw’itabi rwa Rujugiro ruri muri ako gace. Uru rugendo rwo muri Arua rwari rugamije kugaragaza isura nziza ya Rujugiro nk’umugabo utikubira, ufite uruganda rw’itabi rwitwa Meridien Tobacco Company rwahinduye ubuzima bw’abaturage bo muri ako gace by’umwihariko abahinzi b’itabi.

Umuvandimwe wa Perezida Museveni, Salim Saleh, ni umwe mu bafitemo imigabane muri urwo ruganda. Usibye Rujugiro, New Vision yanditse inkuru ndende zivuga kuri Kayumba Nyamwasa, ibigwi bye mu gisirikare, ndetse imuha n’umwanya munini mu kuvuga nabi abayobozi bakuru b’u Rwanda.

David Himbara wavuye mu Rwanda atorotse nyuma y’amakosa uruhuri nawe yahawe ikiganiro n’ibinyamakuru birimo New vision mu gihe asanzwe mu bahuza CMI, n’ibikorwa bya RNC na Rujugiro muri Uganda. Mu kiganiro n’Umunyamakuru wa New Vision, Charles Etukuri, Himbara yamusabye umwanya uhagije wo kwandika inkuru zivuga ku Rwanda n’ubukungu bwarwo. Himbara muri izo nkuru zose ntiyihanganiye kunenga u Rwanda kugeza ubwo yakoze igereranya maze akavuga ko “U Rwanda ari nk’umubu, imbere ya Uganda imeze nk’inzovu.’’ Nyuma y’amasezerano ya Luanda ndetse n’inama zitandukanye zagiye ziyakurikira, zisaba Leta ya Uganda kwitandukanya n’imitwe yitwaje intwaro irwanya u Rwanda, biragaraga ko ntacyo bibwiye Uganda, ahubwo ikomeje kubakorera ubuvugizi.

2020-04-11
Editorial

IZINDI NKURU

Abafaransa boherejwe mu Rwanda ngo bahangane n’Inkotanyi nubwo batari babishoboye – Tom Ndahiro

Abafaransa boherejwe mu Rwanda ngo bahangane n’Inkotanyi nubwo batari babishoboye – Tom Ndahiro

Editorial 29 Jun 2016
U Rwanda rukomeje kuba isangano ry’isi, binyuze mu marushanwa mpuzamahanga

U Rwanda rukomeje kuba isangano ry’isi, binyuze mu marushanwa mpuzamahanga

Editorial 10 May 2021
Zambia : RNC iravugwaho kwiyitirira abafana b’Amavubi ibita abayoboke bayo

Zambia : RNC iravugwaho kwiyitirira abafana b’Amavubi ibita abayoboke bayo

Editorial 21 May 2018
Mozambique: Ubugizi bwa nabi ku banyarwanda bukomeje gufata indi ntera;  Hitimana Vital yarasiwe mu modoka ye

Mozambique: Ubugizi bwa nabi ku banyarwanda bukomeje gufata indi ntera; Hitimana Vital yarasiwe mu modoka ye

Editorial 17 Mar 2018
Abafaransa boherejwe mu Rwanda ngo bahangane n’Inkotanyi nubwo batari babishoboye – Tom Ndahiro

Abafaransa boherejwe mu Rwanda ngo bahangane n’Inkotanyi nubwo batari babishoboye – Tom Ndahiro

Editorial 29 Jun 2016
U Rwanda rukomeje kuba isangano ry’isi, binyuze mu marushanwa mpuzamahanga

U Rwanda rukomeje kuba isangano ry’isi, binyuze mu marushanwa mpuzamahanga

Editorial 10 May 2021
Zambia : RNC iravugwaho kwiyitirira abafana b’Amavubi ibita abayoboke bayo

Zambia : RNC iravugwaho kwiyitirira abafana b’Amavubi ibita abayoboke bayo

Editorial 21 May 2018
Mozambique: Ubugizi bwa nabi ku banyarwanda bukomeje gufata indi ntera;  Hitimana Vital yarasiwe mu modoka ye

Mozambique: Ubugizi bwa nabi ku banyarwanda bukomeje gufata indi ntera; Hitimana Vital yarasiwe mu modoka ye

Editorial 17 Mar 2018
Abafaransa boherejwe mu Rwanda ngo bahangane n’Inkotanyi nubwo batari babishoboye – Tom Ndahiro

Abafaransa boherejwe mu Rwanda ngo bahangane n’Inkotanyi nubwo batari babishoboye – Tom Ndahiro

Editorial 29 Jun 2016
U Rwanda rukomeje kuba isangano ry’isi, binyuze mu marushanwa mpuzamahanga

U Rwanda rukomeje kuba isangano ry’isi, binyuze mu marushanwa mpuzamahanga

Editorial 10 May 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru