• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Akabaye icwende ntikoga , Uganda iranze ibaye indiri y’ibigarasha n’igicumbi cy’ibinyoma bigamije guharabika u Rwanda

Akabaye icwende ntikoga , Uganda iranze ibaye indiri y’ibigarasha n’igicumbi cy’ibinyoma bigamije guharabika u Rwanda

Ubwanditsi 08 Aug 2020 INKURU NYAMUKURU, Uncategorized

Mu gihe isi yose ihangayikishijwe n’icyorezo cya Coronavirus gihangayikishije abatuye isi ndetse kikaba cyaramunze ubukungu bw’ibihugu byose, inzego z’umutekano za Uganda cyane cyane CMI, ISO na ESO, zikoresheje ibinyamakuru byabo, byabonye umwanya wo guhimba ibinyoma byambaye ubusa mu rwego rwo guharabika u Rwanda ndetse no gushaka uko bikiza inzirakarengane z’Abanyarwanda zituye cyangwa zikorera mu gihugu cya Uganda. Ibi babikora bakwirakwiza impapuro mpimbano zihembera urwango hagati ya Uganda n’u Rwanda bazitirira inzego z’u Rwanda cyangwa se iza Uganda bitewe nicyo bagamije.

Nk’ubu bakwirakwiza inyandiko bitiriye inzego z’iperereza z’u Rwanda zisaba amafaranga yo guhemba abazikorera mu gihugu cya Uganda, ibi ntakindi bagamije ni ugushaka kwirenza abo badashaka mu gihugu cya Uganda babatwerera gukorera inzego z’umutekano z’u Rwanda. Abasanzwe bakorera izo nzego za Uganda, harimo Prossy Bonabana, yarezwe ubwambuzi bushingiye ku iterabwoba aho yaka amafaranga Abanyarwanda na bamwe mu bagande abatera ubwoba ko azabarega ko baje kuneka icyo gihugu. Izindi nyandiko ni izanditswe mu izina rya Perezidansi ya Uganda zivuga ko abagande batemerewe kuza mu Rwanda nibindi bigamije guhesha isura mbi inzego z’umutekano w’u Rwanda. Ikibabaje ni uko inzego bitirira ibi binyoma bigamije gusenya, zireberera ntizibinyomoze.

Ibi kandi byiyongera ku bikorwa ibigarasha bikomeje gukorera ku butaka bwicyo gihugu kandi babifashijwemo n’inzego z’umutekano. Mu minsi ishize haherutse gufatwa abayoboke ba rya shyaka rishya ryiyomoye kuri RNC ryitwa RAC Urunana bagera kuri 40 gusa bamwe bagiye barekurwa nyuma yo gusanga ari ba maneko ba Kayumba na CMI bari bagiye mu nama yari yatumijwe na Deo Nyirigira utagicana uwaka na Kayumba Nyamwasa wakoranye na CMI mu ibanga rikomeye bakarigisa umuhungu we Felix Mwizerwa na Ben Rutabana.

RAC-Urunana ryashinzwe na Jean Paul Turayishimye afatanyije n’abandi bahoze muri RNC, ndetse n’abandi bose babayeho nka mafiya urebye abawugize. Rushyashya ikazabagarukaho by’umwihariko ivuga kuri umwe mu bagize iryo shyaka n’uburyo bari hagati y’ururimi ndetse n’igitutu kibariho cyane cyane muri Uganda dore ko aho bakomanga hose basanga Kayumba yabafungiye amayira cyane cyane mu gihugu cya Uganda. Tugarutse kubayoboke babo bafashwe, ubu 32 nibo bafungiwe ahitwa Kitarya , ndetse bakaba bakomejwe guhatirwa gusubira muri RNC no kwitandukanya na Turayishimye na Pasteur Deo Nyirigira. Ntabwo ari ubyo gusa dore ko hadashira kabiri ibinyamakuru bikorana n’inzego z’ubutasi za CMI (dore ko ISO yo havugwa urunturuntu ndetse n’umuyobozi wayo akaba akomeje kwandagazwa n’ibinyamakuru bya CMI) batangaje ko Uganda yafunze umupaka wayo n’u Rwanda ndetse nyuma yaho baza gusohora ibindi bihuha byambaye ubusa bita ko ari amakuru y’ibanga ngo yo mu ishami ry’ipereza rya gisirikare ry’u Rwanda.

2020-08-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Musenyeri Bimenyimana wa Diyosezi Gatolika ya Cyangugu yitabye Imana

Musenyeri Bimenyimana wa Diyosezi Gatolika ya Cyangugu yitabye Imana

Ubwanditsi 12 Mar 2018
Uwakubise Mowzey Radio bikamuviramo urupfu yagejejwe mu rukiko

Uwakubise Mowzey Radio bikamuviramo urupfu yagejejwe mu rukiko

Ubwanditsi 07 Feb 2018
U Bushinwa bwemeje ko bwataye muri yombi Umuyobozi wa Interpol

U Bushinwa bwemeje ko bwataye muri yombi Umuyobozi wa Interpol

Ubwanditsi 08 Oct 2018
Ko uriye umusaza aruka imvi, ibigarasha byariye umwana “Djibril” byo bizaruka iki?

Ko uriye umusaza aruka imvi, ibigarasha byariye umwana “Djibril” byo bizaruka iki?

Ubwanditsi 17 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Liverpool vs Man City, Real vs Juve muri ¼ cya UEFA Champions League
IMIKINO

Liverpool vs Man City, Real vs Juve muri ¼ cya UEFA Champions League

Ubwanditsi 16 Mar 2018
Afurika y’Epfo: Umunyarwanda yishwe atwikiwe mu nzu azira umugore w’abandi
ITOHOZA

Afurika y’Epfo: Umunyarwanda yishwe atwikiwe mu nzu azira umugore w’abandi

Ubwanditsi 18 Mar 2017
Tribert Rujugiro: Umunyamabi n’umunyaburiganya ruharwa wahindutse umuherwe
INKURU NYAMUKURU

Tribert Rujugiro: Umunyamabi n’umunyaburiganya ruharwa wahindutse umuherwe

Ubwanditsi 09 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru