• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ni gute Rusisibiranya Rusesabagina yemereye isi yose amahano yakoreye Abanyarwanda, nka KATRINA LENTHOS SWETT n’abandi babeshya ko baharanira ubutabera babihakana?Urundi rugero rw’ikinyoma n’urwango bafitiye uRwanda.

Ni gute Rusisibiranya Rusesabagina yemereye isi yose amahano yakoreye Abanyarwanda, nka KATRINA LENTHOS SWETT n’abandi babeshya ko baharanira ubutabera babihakana?Urundi rugero rw’ikinyoma n’urwango bafitiye uRwanda.

Ubwanditsi 01 Sep 2020 INKURU NYAMUKURU

Tumaze kumenyera ko ibyegeranyo by’abiyita impirimbanyi mu by’uburenganzira bwa muntu bisohoka bivuga ku Rwanda ari isura y’ubugome,urwango n’agasuzuguro bisanganiwe ku birabura no ku banyarwanda by’umwihariko. Ni mu gihe ariko, usanga ababitegura n’ababibafashamo ari ba bandi n’ubundi bagize uruhare mu mateka mabi y’uRwanda, bakifuza ko rwayahoramo.

Uzasanga bashingira ku marangamutima n’ubuhamya bwa RNC, FDLR n’ibindi bidakwiye agaciro mu isi ya none, aho kugendera ku ukuri n’iperereza rya kinyamwuga.
Dore nk’ubu, nyuma y’aho ikihebe Paul Rusesabagina kigerejwe mu Rwanda ngo kiryozwe ubugome cyakoreye Igihugu cyamubyaye, hari amatsinda y’ababeshya ko barengera ikiremwamuntu yatangiye kuvuza induru, ngo Rusesabagina ni intungane igiye kuzira ibitekerezo bya politiki.

Hari ikitwa LENTOS FOUNDATION FOR HUMAN RIGHTS AND JUSTICE, cyahise gisimbukira ku isunzu ry’inzu, ngo ‘… Rusesabagina ni intwari yarokoye abantu muri Jenoside yakorewe Abatutsi, umunyakuri, igihangange muri politiki, inzirakarengane ihohotewe kubera gusa kutavuga rumwe n’ubutegetsi bw’uRwanda”!
Mbere na mbere, ni gute wavuga ko uharanira ubutabera, kandi wanga ko abakekwaho ibyaha bashyikirizwa ubutabera ,baba abere bakarekurwa, byabahama bagahanwa. Ngirango ubwo nibwo butabera!
Icya kabiri, Rusesabagina yiyemereye imbere y’isi yose ko yagize uruhare mu bitero byahitanye abantu mu Rwanda mu mwaka wa 2018.Niba se uharanira uburenganzira bwa muntu, abishwe bo nta burenganzira bari bakwiye?
Icya gatatu, iri tsinda Lentos Foundation rikorera muri USA niryo ryahaye igihembo Rusesabagina muw’2011, rimugira igitangaza mu guharanira amahoro, riritaye ku buhamya bw’abo Rusesabagina abeshya ko yarokoreye muri 1000 Collines, nyamara bakamushinja kubishyuza ngo atabajugunyira interahamwe bakoranaga bya hafi. Guhakana ibyaha nyirubwite yiyemereye rero, ni ukwikura mu isoni, ngo iryo tsinda ridashinjwa ubushishozi buke, ubwo ryahaga igihembo umwicanyi.
Ikindi, Umuvugizi w’uRwego rushinzwe Ubugenzacyaha mu Rwanda, RIB, yabwiye abanyamakuru ko Rusesabagina yafashwe”ku bufatanye n’ibindi bihugu”. Ubwo tuvuge ko ibyo bihugu byagize uruhare mu guta muri yombi uyu mugizi wa nabi nabyo byamuhoye kutavuga rumwe n’ubutegetsi bw’uRwanda?
Rusesabagina yigambye kenshi ko ari umwe mu bashinze umutwe w’iterabwoba wa MRCD , yivugira ko abarwanyi bayo ba FLN, aribo bagabye ibitero mu natara y’amajyepfo mu muw’2018, bikambura ubuzima abatari bake, abandi bagatwikirwa ibyabo.

Ubwo yageraga bwa mbere imbere y’ubushinjacyaha, Nsabimana Callixte “Sankara”, wari umuvugizi wa Rusesabagina n’izindi mburamajyo muri politiki yarabyemeye, avuga ko mu bamutumaga harimo Rusesabagina. Ese nk’ubu Rusesabagina ubwe niyongera gushimangirira imbere y’abacamanza ko ibyo aregwa ari ukuri, abamuvugira nka muzakwirwa he?
Birababaje kuba hari abacyanga kumvira amateka, kandi ariyo mwarimu uruta abandi. Rusesabagina nako Rusisibiranya, iyo wirira ibifaranga wasaruye mu njiji z’abazungu ngo uri igihangange muri za filimi, ukituriza, aho kwishora mu ntambara utazi n’uko zirwana?Uretse nawe, interahamwe kabombo yiyitirira kurokora abahigwaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi, naba Kayumba Nyamasa, bo banarwanye intambara yo guhagarika iyo Jenoside, guhemukira uRwanda ntibishoboka kubahira. Ibyo ba Patrick Karegeya waguye mu kiziriko nk’imbwa, ba Ben Rutabana waguye igihugu igicuri, n’abandi babatatiye igihango babitangamo ubuhamya.

Nta gihe iyo miryango irisha iturufu yo kurengera ikiremwamuntu itasobanuriwe ko Ubuyobozi bw’uRwanda budatozwa kurengera uburenganzira bwa muntu.Abari ku isonga muri ubwo buyobozi batanze amaraso yabo ngo Abanyarwanda basubirane uburenganzira, ndetse utwo dutsiko muzamahanga twagombye kuba tuzi ibikorwa byo kubungabunga amahoro Abanyarwanda barimo hirya no hino ku isi.

Naho ibya Rusesabagina ntawe byagombye gutungura kandi n’abakiri mu buyobe, bagombye gusubiza agatima impembero bitarabacikiraho.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, nta gihe atabaciriye amarenga, ati”:…ubushake n’imbaraga byo kurinda umutekano wacu birahari. Abagitsimbaraye ku kugambanira Abanyarwanda nta mahoro bazabigiriramo, ni ikibazo cy’igihe gusa”.Irya mukuru ntirijya rihera.
u Rwanda ruraterwa ntiruterwa, kandi ntirukangwa n’amagambo ya ba Katrina Lentos Swett, Reyntjens, Judi Rever n’abandi babeshejweho no gusaruza amafranga ngo baraharanira uburenganzira na demokrasi mu Rwanda. Umunyabwenge ati:Urusha impuhwe nyina w’umwana aba ashaka kumurya”!!!

2020-09-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya mbere mu 2020

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya mbere mu 2020

Ubwanditsi 29 Jan 2020
Musenyeri Rwubusisi wahoze uyobora Diocese ya Cyangungu yasubije perezida Museveni

Musenyeri Rwubusisi wahoze uyobora Diocese ya Cyangungu yasubije perezida Museveni

Ubwanditsi 15 Jan 2018
Ishyaka riri ku butegetsi mu Bushinwa ryasuye u Rwanda mu rwego rwo kungurana ibitekerezo na [ RPF-Inkotanyi ]

Ishyaka riri ku butegetsi mu Bushinwa ryasuye u Rwanda mu rwego rwo kungurana ibitekerezo na [ RPF-Inkotanyi ]

Ubwanditsi 20 Apr 2018
Avuga ko bashyize ku karubanda ruswa, politiki mbi n’akazu kari muri Leta ya Uganda.

Avuga ko bashyize ku karubanda ruswa, politiki mbi n’akazu kari muri Leta ya Uganda.

Ubwanditsi 18 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ni iki u Rwanda rwabwiye itsinda rya Perezida Macron ririmo gucukumbura uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside?
Mu Rwanda

Ni iki u Rwanda rwabwiye itsinda rya Perezida Macron ririmo gucukumbura uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside?

Ubwanditsi 23 Feb 2020
Ingabo z’u Burundi zivuye muri Somalia ikubagahu
Amakuru

Ingabo z’u Burundi zivuye muri Somalia ikubagahu

Ubwanditsi 01 Jan 2025
Minisitiri w’Intebe yatangije ikoreshwa ry’imodoka za mbere zifashisha amashanyarazi mu Rwanda
UBUKUNGU

Minisitiri w’Intebe yatangije ikoreshwa ry’imodoka za mbere zifashisha amashanyarazi mu Rwanda

Ubwanditsi 29 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru