• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»u Rwanda rurashimirwa igikorwa rukomeje cyo gutabara inzirakarengane ziri mu bucakara muri Libiya. Ikindi kimenyetso ko rudakeneye abaruha amasomo yo kwita ku kiremwamuntu!!

u Rwanda rurashimirwa igikorwa rukomeje cyo gutabara inzirakarengane ziri mu bucakara muri Libiya. Ikindi kimenyetso ko rudakeneye abaruha amasomo yo kwita ku kiremwamuntu!!

Ubwanditsi 24 Nov 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Imbuga nkoranyambaga z’imiryango mpuzamahanga inyuranye zimaze iminsi zigaruka ku bumuntu uRwanda rukomeje kugaragaza mu kwakira inzirakarengane zari zaragizwe abacakara muri Libiya, rukabasubiza agaciro gakwiye ikiremwamuntu. Ibi bikaza binyomoza abagikerensa ibikorwa by’uRwanda mu guharanira ko buri wese yabaho mu mahoro n’ubwisanzure, yaba Umunyarwanda, yaba ndetse n’umunyamahanga.

Abo bantu uRwanda ruvana mu ibuzimu rukabazana ibuntu, bakomoka mu bihugu binyuranye bya Afrika, bakaba barageze muri Libya ubwo bahanyuraga bashakisha uko bagera ku mugabane w’Uburayi, banyuze mu Nyanja ya Mediterane. Benshi muri bo baba bahunga intambara n’ubukene mu bihugu byabo, bakiroha mu nzira y’inzitane iberekeza ku “butaka bw’ isezerano”, ariko abagerayo ni mbarwa, kuko abenshi basiga ubuzima muri iyo nyanja, abasigaye bakajyanwa mu buzima budakwiye ikiremwamuntu. Ubuhamya bw’imiryango irengera ikiremwamuntu buvuga ko aho muri Libya aba bantu, barimo abagore n’abana, bafatwa kinyamaswa, aho bakoreshwa imirimo y’ubucakara, bagakorerwa iyicarubozo, kugeza ubwo bazinukwa ubuzima.

Aya makuru yasakaye ku isi yose, nyamara ibihugu hafi ya byose, birimo n’ibyigize abarimu b’uburenganzira bwa muntu, ntibyagira icyo bikora ngo bitabare izi ngorwa. URwanda nirwo rwonyine rwiyemeje guhaguruka rukarengera abo bavandimwe bari mu kaga, maze tariki 10 Nzeri 2019 rugirana amasezerano n’Umuryango wa Afrika Yunze Ubumwe ndetse n’ Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryira ku Mpunzi,HCR, yo kuvana izo nzirakarengane mu kaga zirimo muri Libiya. Uru ni urundi rugero rw’uko uRwanda rudakeneye amasomo aruhatira kubahiriza ikiremwamuntu, kuko rubizi kurusha n’abo batanga ayo masomo.

Kuva ayo masezerano yashyirwaho umukono, uRwanda rumaze kwakira abavuye muri Libiya 306, ndetse abasaga 120 muri bo bakaba baramaze kujyanwa gutura mu bihugu bihitiyemo, birimo Suwede na Canada. Imibare ya HCR yerekana ko mu mabohero yo muri Libiya hakirimo ababarirwa mu bihumbi 45. Byarashobokaga ko umubare w’abatabawe uruta uwo dufite uyu munsi, gusa ibikorwa byo kubavana muri uwo muriro utazima byakomwe mu nkokora n’icyorezo cya Koronavirusi, nubwo byongeye gusubukurwa muri uku kwezi k’Ugushyingo. Mu baherutse kugera mu Rwanda uko ari 79, harimo abnya Eritereya 33, abanya Sudani 42 n’abanya Somaliya 4.

Ubuhamya bahurizaho iyo bageze I Kigali, basobanura ko muri Libiya barungurutse mu mva, bikaba bisa nk’igitangaza kongera kubona abantu bagifite ubumuntu nk’ubwo bakiranwa mu Rwanda.

Ubu bugiraneza bugaragararira buri wese ushaka kubona, buza bwiyongera ku butumwa bwo kugarura amahoro n’umutekano mu bihugu binyuranye, abaturage babyo ubwabo bakavuga ko batazigera bibagirwa ubumuntu n’ubunyamwuga bw’abasirikari n’abapolisi b’uRwanda. Harya ubwo ba banyarusaku birirwa bashinja uRwanda ibinyoma, bakeneye ayahe maso go babone ko uRwanda ruzi neza agaciro ka muntu?Ngaho nibakomeze amatiku, amateka azaca urubanza

2020-11-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubufatanye hagati ya leta y’u Burundi, Uganda n’imitwe ya gisirikare mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubufatanye hagati ya leta y’u Burundi, Uganda n’imitwe ya gisirikare mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 30 Aug 2018
Umusifuzi mpuzamahanga w’umunyarwandakazi, Mukasanga Salima Rhadia ku rutonde rw’abazasifura mu gikombe cy’Isi 2022

Umusifuzi mpuzamahanga w’umunyarwandakazi, Mukasanga Salima Rhadia ku rutonde rw’abazasifura mu gikombe cy’Isi 2022

Ubwanditsi 19 May 2022
U Rwanda nta masezerano yo kwakira impunzi rwasinye na Israel

U Rwanda nta masezerano yo kwakira impunzi rwasinye na Israel

Ubwanditsi 23 Jan 2018
Gatsinzi na Ntagengwa mu bagabo na Munezero Valentine na Musabyimana  mu bagore begukanye circuit ya mbere ya Beach Volleyball

Gatsinzi na Ntagengwa mu bagabo na Munezero Valentine na Musabyimana mu bagore begukanye circuit ya mbere ya Beach Volleyball

Ubwanditsi 27 Feb 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urukuta rutandukanya Tshisekedi n’U Rwanda akwiye kurusimbuza Ikiraro kimubanisha n’Abaturanyi bose bavuga Ikinyarwanda
Amakuru

Urukuta rutandukanya Tshisekedi n’U Rwanda akwiye kurusimbuza Ikiraro kimubanisha n’Abaturanyi bose bavuga Ikinyarwanda

Ubwanditsi 30 Oct 2023
Abakozi bo mu by’ubuzima mu karere ka Ngororero bigishijwe kwirinda inkongi z’imiriro
Mu Mahanga

Abakozi bo mu by’ubuzima mu karere ka Ngororero bigishijwe kwirinda inkongi z’imiriro

Ubwanditsi 29 Jan 2016
Mushikiwabo yahuye na Michaëlle Jean bahatanira kuyobora OIF (Amafoto)
ITOHOZA

Mushikiwabo yahuye na Michaëlle Jean bahatanira kuyobora OIF (Amafoto)

Ubwanditsi 09 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru