• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Itsinda ry’impuguke muri kaminuza zo muri Leta Zunze ubumwe za Amerika ziramagana abita Paul Rusesabagina intwari, kandi ari umugizi wa nabi wishoye mu bikorwa by’iterabwoba

Itsinda ry’impuguke muri kaminuza zo muri Leta Zunze ubumwe za Amerika ziramagana abita Paul Rusesabagina intwari, kandi ari umugizi wa nabi wishoye mu bikorwa by’iterabwoba

Ubwanditsi 02 Dec 2020 INKURU NYAMUKURU

Mu nyandiko ndende  yamaze kugera ku mbuga nkoranyambuga zose , abayobozi  n’ abarimu mu mashuri makuru na  za kaminuza zikomeye cyane muri Leta zunze ubumwe za Amerika, abashakashatsi. Anbanyamategeko bazwi ku rwego mpuzamahanga,  n’izindi mpuguke mu nzego zinyuranye, baravuga ko barambiwe abariganya , bitwaza filimi mbarankuru, Hotel Rwanda nayo ubwayo irimo ibinyoma gusa, bakita Paul Rusesabagina intwari, birengagije ko yashinze, akayobora , akanatera inkunga imitwe y’iterabwoba, yanahitanye inzirakarengane mu Rwanda no mu bihugu bituranye narwo.

Aba bahanga  bashingiye ku bushakashatsi bikoreye no ku bimenyetso simusiga bakusanyije mu buryo bwa kinyamwuga, bavuga ko  biboneye ibikorwa bya Paul Rusesabagina bidashobora kwihanganirwa, nk’uko ibikorwa  abategetsi ba Amerika badashobora kwihanganira ibikorwa bya Bin Laden na Al Qaida ye,  n’indi mitwe y’iterabwoba. Binubiye bikomeye abiyita ko baharanira uburenganzira bwa muntu, bamwe mu banyamakuru , n’abigize impuguke ku bibazo byo mu Karere k’Ibiyaga Bigari, bagoreka nkana amateka y’uRwanda kubera urwango gusa  bafitiye uRwanda n’abayobozi barwo .Nubwo birinze kuvuga amazina y’abo  bagerageza gutagatifuza Rusesabagina kandi ari shitani, aba banyabwenge bo muri Amerika baragaya cyane abita Rusesabagina umugiraneza watabaye abahigwaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi, birengagije ubuhamya bwerekanye ko  yishyuzaga abari bahungiye muri Hotel des Mille Colinnes,  abatabishoboye  akabashyikiriza abicanyi. Bibukije video yagaragaye na Rusesabagina ubwe yiyemerera ko iyo filimi irimo amakabyankuru, ndetse nk’uko bivugwa muri iyi nyandiko, Gen Romeo Dalaire wayoboraga ingabo za Loni mu Rwanda, MINUAR,  akaba yareretse isi yose ko nta muntu  warokotse kubera Rusesabagina. Abanditse iyi baruwa bavuga ko ubu buhangange Rusesabagina  yahawe n’abanyabinyoma, bwamufashije kumara imyaka yose apfobya anahakana Jenoside yakorewe Abatutsi,  nk’uko yabikoze kuwa 28 Ugushyingo 2008, mu kiganiro yagiranye na Peter Erlinder(umunyamategeko w’Umunyamerika nawe uzwiho guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi), aho bombi bemeje ko nta Jenoside  yakorewe Abatutsi yabayeho, ko ibyabaye ari ubwicanyi hagati y’abaturage.

Iyi nyandiko yagarutse kuri bimwe mu  bimenyetso  bishinja  Paul Rusesabagina iterabwoba,   birimo kuba:

-Tariki 17 Gicurasi 2008, hari ubutumwa bwagiye ku mbuga nkoranyambaga, buvuga ko Rusesabagina akorana kandi ashyigikiye ibikorwa bya FDLR, umutwe w’abicanyi, ndetse akaba yaragaragaye I Walikale muri Kongo, aho uwo mutwe wari ufite ibirindiro.

-Tariki 12 Kanama 2008, imitwe y’iterabwoba irimo na FDLR, yishyize hamwe, Paul Rusesabagina aba umuyobozi ushinzwe demokarasi muri urwo rugaga.

-Tariki 15 Gashyantare 2012, mu kiganiro yatanze muri  “University of Central Florida”, Paul Rusesabagina yavuze ko FDLR ari umutwe ugamije kubohora uRwanda, ko rero ugomba gushyigikirwa.

-Tariki 07 Mata 2017, umunsi isi yose yibukaga ku nshurom ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi, Rusesabagina na bagenzi be, bo  batangaje ko batangije ku mugaragaro umutwe wa MRCD, ugamije kurwanya Leta y’uRwanda.

-Tariki 15  Mata 2018, iyo MRCD ya Rusesabagina yasohoye itangazo rivuga  ko yagabye ibitero mu Rwanda. Ibyo bitero byahitanye abantu,binangiza ibyabo.

-Tariki 22 mata 2019, Rusesabagina yabwiye Radio Ijwi ry’Amerika, ko bafite umutwe wa gisirikari, FLN, kandi uzakomeza ibikorwa byawo kugeza uhiritse ubutegetsi mu Rwanda. Ubu butumwa yakomeje kubutanga ku mbuga nkoranyambaga, ashishikariza abantu gushyigikira urwo “rubyiruko ruri ku rugamba “.

-Tariki 25 Ukwakira 2020, hasohotse video igaragaza abana Paul Rusesabagina yashoye mu gisirikari cya FLN, ndetse bibaviramo  ihungabana rikomeye, ubu bakaba barimo kwitabwaho mu kigo cya Mutobo.

Iyi nyandiko isoza igira iti:” Twemera ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zishyigikiye icyazana amahoro n’umutekano muri Afrika yo  hagati n’iy’Iburasirazuba. Kuba Rusesabagina  n’ imitwe ye y’iterabwoba, FLN na MRCD,barahungabanyije  bikomeye amahoro n’umutekano muri ako gace, haba mu burasirazuba wa  Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, haba no mu Rwanda, byabangamiye icyifuzo cy’Abaturage ba Amerika n’abayobozi bayo.Bityo rero, bagombye guharanira ko Rusesabagina n’abo bafatanyije mu gukora ibyo byaha ndengakamere, babibazwa mu butabera”.

Abashyize umukono kuri iyi nyandiko ni abantu 23, basanzwe bavuga rikumvikana haba muri Amerika,haba no hanze yayo, bose bakaba basanga nta marangamutima yagombye kujyana n’ifatwa ry’umugizi wa nabi, Paul Rusesabagina, ko ahubwo igikwiye ari ukumuha ubutabera bunyuze mu mucyo.

 

2020-12-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’uko abasirikari 41 basezerewe mu Ngabo z’u Rwanda, Gatumwa za Uganda zaba zatangiye koshya bamwe muri bo ngo bajye gusiga agatwe mu mitwe y’iterabwoba.

Nyuma y’uko abasirikari 41 basezerewe mu Ngabo z’u Rwanda, Gatumwa za Uganda zaba zatangiye koshya bamwe muri bo ngo bajye gusiga agatwe mu mitwe y’iterabwoba.

Ubwanditsi 12 Mar 2021
   Uganda yasubije umutarage wayo Robert Mukombozi  muri Australia kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

  Uganda yasubije umutarage wayo Robert Mukombozi  muri Australia kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 02 Apr 2022
Ubwongereza bwagumanye abimukira babwo, bukaduha abajenosideri” bacu”?

Ubwongereza bwagumanye abimukira babwo, bukaduha abajenosideri” bacu”?

Ubwanditsi 04 Oct 2024
Ese niba Kagame adatinya Museveni ni gute yatinya ikigwari nka Kayumba Nyamwasa?

Ese niba Kagame adatinya Museveni ni gute yatinya ikigwari nka Kayumba Nyamwasa?

Ubwanditsi 25 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ethiopia igiye gushyiraho Minisitiri w’Intebe mushya usimbura Desalegn weguye
POLITIKI

Ethiopia igiye gushyiraho Minisitiri w’Intebe mushya usimbura Desalegn weguye

Ubwanditsi 06 Mar 2018
Urwango Kampala ifitiye uRwanda rukomeje kugira ingaruka ku bucuruzi bwa Uganda
INKURU NYAMUKURU

Urwango Kampala ifitiye uRwanda rukomeje kugira ingaruka ku bucuruzi bwa Uganda

Ubwanditsi 02 Sep 2019
Mpayimana  Philippe uvugwaho gupfobya Jenoside yageze aho atanga kandidatire  ye muri NEC,  abigereranya nka ‘ Armstrong’  agera ku kwezi
POLITIKI

Mpayimana Philippe uvugwaho gupfobya Jenoside yageze aho atanga kandidatire ye muri NEC, abigereranya nka ‘ Armstrong’ agera ku kwezi

Ubwanditsi 25 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru