• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Hamenyekanye amakipe 7 muri buri kiciro cy’abarwanira igikombe ndetse n’ahatanira kutajya mu kiciro cya kabiri, ibyaranze umunsi wa nyuma w’amatsinda abura umukino umwe.

Hamenyekanye amakipe 7 muri buri kiciro cy’abarwanira igikombe ndetse n’ahatanira kutajya mu kiciro cya kabiri, ibyaranze umunsi wa nyuma w’amatsinda abura umukino umwe.

Ubwanditsi 18 May 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Kuri uyu wa mbere tariki ya 17 Gicurasi 2021 hakinwe imikino y’umunsi wa gatandatu aho hasozwaga itsinda rya B naho itsinda rya A ryo ribura umukino umwe ngo urangire, ni itsinda ribura umukino wa Bugesera FC igomba kwakira ikipe ya AS Muhanga kuri uyu wa kane tariki ya 20 Gicurasi 2021.

Mu mukino wabimburiye indi yose wahuje ikipe ya APR FC yari yasuye ikipe ya Gorilla FC , ni umukino wabaye ku isaha ya sa sita n’igice, uyu mukino ikipe y’ingabo z’igihugu yasabwaga gutsinda kugira ngo isoze imikino yo mu matsinda ariyo iyoboye urutonde mu itsinda ryayo, ni nako byaje kugenda ibasha gutahana amanota atatu y’umunsi wa gatandatu wa shampiyona itsinze Gorilla FC ibitego 3-0.

Ibitego byabonetse muri uyu mukino, byatsinzwe na Ruboneka Jean Bosco ku munota wa 4, ikindi cyatsinzwe na Manishimwe Djabel ku munota wa 87 mu gihe igitego cyahaye amanota atatu APR FC cyatsinzwe na Mugunga Yves ku munota wa 90.

Muri iri tsinda kandi ikipe ya AS Muhanga yatsindiwe iwayo n’ikipe ya Bugesera ibitego bibiri ku busa, ni ibitego byatsinzwe na Bacca ku munota wa 70 ndetse Nyandwi atsinda ikindi gitego ku munota wa 88.

Muri iri tsinda ariko ntabwo birarangira kuko aya makipe afitanye umukino w’ikirarane uzakinwa kuri uyu wa kane tariki ya 20 Gicurasi 2021, ni umukino uzaba ku isaha ya saa cyenda zuzuye ubere kuri Sitade y’akarere ka Bugesera.

Muri iri tsinda rya A, APR FC ikaba yashoje imikino yayo itsinze imikino yose ikaba ifite amanota 18 ikaba yanahise ibona itike yo kwerekeza mu makipe umunani ya nyuma ahatanira igikombe, Gorilla FC ifite amanota 9 ku mwanya wa kabiri, Bugesera FC ikagira amanota atandatu naho AS Muhanga yo nta nota narimwe ifite.

Undi mukino wo mutsinda rya B, wahuje ikipe ya Gasogi United yanganyije na Rayon Sports igitego kimwe kuri kimwe, ku ruhande rwa Gasogi United yari yakiriye yatsindiwe na Hassan Kikoyo naho Rayon Sports yo itsindirwa na Sugira Ernest, Uyu mukino kandi warangiye Rayon Sports ihawe amakarita atukura abiri, yahawe Sugira Ernest ndetse na Manace Mutatu Mbedi.

Undi mukino wahuje ikipe ya Kiyovu Sport yo yatsinzwe na Rutsiro ibitego bibiri kuri kimwe, igitego kimwe cya Kiyovu SC cyatsinzwe na Nkoto Karim naho Rutsiro itsindirwa na Iraguha ndetse na Nova Bayama.

Muri iri tsinda ikipe ya Rayon Sports yasohotsemo ari iyambere n’amanota 9, Rutsiro FC iba iya kabiri n’amanota umunani inganya na Gasogi United naho Kiyovu SC yo yasoj ku mwanya wa kane n’amanota arindwi.

Usibye umukino umwe uzahuza Bugesera FC na AS Muhanga yo mu itsinda A, mu yandi matsinda amakipe abiri ya mbere arakomeza urugendo rwo guhatanira igikombe aho amakipe uko ari 8 agomba guhura. Naho abiri ya nyuma muri buri tsinda arahatanira umwanya wa 9 kugera kuwa 16 ari naho hazavamo amakipe 2 azajya mu cyiciro cya kabiri.

Kugeza ubu amakipe arindwi yakomeje mu rugamba rwo guhatanira ikigikombe ni: APR FC, Rayon Sports, Rutsiro FC, AS Kigali , Police FC, Marines FC na Espoir FC.

Ibyaranze umunsi wa gatandatu w’amatsinda asigaje umukino umwe:

Hinjijwe ibitego 20, byatsinzwe n’abakinnyi 20 barimo 13 b’abanya Rwanda.
Ibitego 6 byinjiye mu gice cya mbere, ibindi 14 byinjira mu gice cya kabiri cy’umukino.
Habonetse Penaliti 5 hinjizwa 3
Nta kipe n’imwe yakiriye umukino yabonye intsinzi
Amakipe yari iwayo yinjije ibitego 6 gusa

Uko abakinnyi bamaze gutsinda ibitego muri iyi mikino imaze gukinwa:

Houssein Shaban AS Kigali afite ibitego 6
Robert Saba wa Kiyovu Sports we afite ibitego 5
Hassan Djibrine Etincelles afite ibitego 4
Abakinnyi 12 nibo bamaze gutsinda ibitego 3
Abakinnyi 15 nibo bamaze gutsinda ibitego 2
Abakinnyi 52 nibo bamaze gutsinda igitego 1
Abakinnyi 3 nibo bamaze kwitsinda ibitego 3.

2021-05-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Myugariro Serumogo Ally Omar wifuzwaga n’amakipe menshi arimo na Rayon Sports, yongerewe amasezerano y’imyaka 2 n’ikipe ya Kiyovu SC

Myugariro Serumogo Ally Omar wifuzwaga n’amakipe menshi arimo na Rayon Sports, yongerewe amasezerano y’imyaka 2 n’ikipe ya Kiyovu SC

Ubwanditsi 26 Jun 2022
Umutoza w’amavubi Carlos Alos Feller yakurikiye umukino w’igikombe cy’Amahoro Etincelles yaboneyeho itike yo kugera muri 1/8

Umutoza w’amavubi Carlos Alos Feller yakurikiye umukino w’igikombe cy’Amahoro Etincelles yaboneyeho itike yo kugera muri 1/8

Ubwanditsi 31 Mar 2022
Manchester City yegukanye igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza, ibyaranze umwaka w’imikino wa English Premier League 2023-204

Manchester City yegukanye igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza, ibyaranze umwaka w’imikino wa English Premier League 2023-204

Ubwanditsi 20 May 2024
“Inshingano ya mbere y’ingabo z’u Rwanda si ugushoza intambara, ahubwo ni ukurwubaka no kurinda ibyagezweho”.-Perezida Kagame.

“Inshingano ya mbere y’ingabo z’u Rwanda si ugushoza intambara, ahubwo ni ukurwubaka no kurinda ibyagezweho”.-Perezida Kagame.

Ubwanditsi 04 Nov 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu irushanwa ryateguwe na FERWABA, UR, Ecole Secondaire St Bernadette Kamonyi ndetse zatwaye imidali muri 3×3 Challenge
Amakuru

Mu irushanwa ryateguwe na FERWABA, UR, Ecole Secondaire St Bernadette Kamonyi ndetse zatwaye imidali muri 3×3 Challenge

Ubwanditsi 26 Oct 2021
RNC, nka AlQaida kwi kwegera urupfu batekereza ko barimo guharanira ubutabera
INKURU NYAMUKURU

RNC, nka AlQaida kwi kwegera urupfu batekereza ko barimo guharanira ubutabera

Ubwanditsi 07 Aug 2019
Impera z’icyumweru zisize Rayon itsinzwe na Police ya Kenya, Mukura ikina na APR, hanasozwa Afrobaskeball
Amakuru

Impera z’icyumweru zisize Rayon itsinzwe na Police ya Kenya, Mukura ikina na APR, hanasozwa Afrobaskeball

Ubwanditsi 07 Aug 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru