• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Patriots BBC yatsinze umukino wayo wa kabiri w’irushanwa rya Basketball Africa League BAL yakinaga na GNBC yo muri Madagascal amanota 78 kuri 72.

Patriots BBC yatsinze umukino wayo wa kabiri w’irushanwa rya Basketball Africa League BAL yakinaga na GNBC yo muri Madagascal amanota 78 kuri 72.

Ubwanditsi 19 May 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Kuri uyu wa gatatu tariki ya 19 Gicurasi 2021, mu mukino w’umunsi wa Kabiri w’irushanwa rya rya Basketball Africa League BAL mu itsinda rya A, ikipe ihagarariye u Rwanda Patriots BBC yatsindiye muri Kigali Arena Gendarmerie Nationale Basketball Club (GNBC) yo muri Madagascal amanota 78 kuri 72.

Muri uyu mukino ikipe ya Patriots BBC yagowe cyane n’uduce dutatu tubanza twuy’uyu mukino kuko twose twarangiye iyi kipe irushwa na GNBC, aha twavuga nko gu gace ka mbere k’uyu mukino karangiye GNBC ikayoboye ku manota kuri 25 kuri 19 ya Patriots BBC.

Ntibyangiriye aho kuko Patriots BBC yagorwaga no kubuza abasore ba GNBC kuba baboneza umupira mu nkangara kuko imipira myinshi yagiyemo yatsinzwe mu buryo bw’amanota atatu, aka gace karangiye GNBC ifite amanota 42 kuri 37 ya Patriots BBC.

Bavuye ku ruhuka, mu gace ka gatatu niho bisa naho byatangiye kujya mu buryo kuri aba bakinnyi bafatanyije na kizigenza mu njyana ya Rap, J Cole wagiye agaragara mu duce twose tw’uyu mukino, Patriots BBC yagerageje kwisuganya binyuze ku bakinnyi nka Brandon Costner wanatsinze amanota menshi mu mukino ubanza, ni agace karangiye hakozwe amanota 16 ya GNBC kuri 12 ya Patriots BBC.

Agace ka kane ari nako katanze intsinzi ku ruhande rwa Patriots BBC kuko byagaragaraga ko umutoza mukuru yakosoye amwe mu makosa bakoraga harimo ayo kunanirwa kwakira umupira wavaga mu nkangara bizwi nka Rebounds, aha Patriots yabikosoye kugeza ubwo yegukanye aka gace ku manota 22 kuri 12 ya GNBC, bituma umukino wose urangira Patriots ifite amanota 78 kuri 72 ya GNBC.

Muri uyu mukino Kiady RAZANAMAHENINA ukinira GNBC  niwe watsinzemo amanota menshi kuko yatsinze 21 na Rebounds 3 anatanga imipira ibyara amanota (Assists) 6, naho ku ruhande rwa Patriots Brandon Costner niwe watsinze amanota menshi kuko yatsinze 16, Rebounds 8 na Assists 3.

Nyuma y’uyu mukino ikipe ya Patriots isigaje gukina na AS Monastir inaheruka gutsinda GNBC amonota 113 kuri 66.
Gutsinda uyu mukino kandi ku ikipe ya Patriots BBC bitumye iba ikipe ya mbere igeze muri kimwe cya kane mu irushanwa rya Basketball Africa League BAL.

2021-05-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe ya Rayon Sports yashyizeho uburyo bwo kugura amatike ku bakunzi bayo nubwo batemerewe kwitabira imikino yayo.

Ikipe ya Rayon Sports yashyizeho uburyo bwo kugura amatike ku bakunzi bayo nubwo batemerewe kwitabira imikino yayo.

Ubwanditsi 30 Apr 2021
Perezida Kagame yashimye ubutwari bw’abahaze ubuzima babohora igihugu

Perezida Kagame yashimye ubutwari bw’abahaze ubuzima babohora igihugu

Ubwanditsi 01 Oct 2017
Gukorera hamwe kw’Abanyarwanda byahesheje Perezida Kagame igihembo cy’indashyikirwa

Gukorera hamwe kw’Abanyarwanda byahesheje Perezida Kagame igihembo cy’indashyikirwa

Ubwanditsi 19 Oct 2017
Nyuma yo gupimwa Koronavirusi no kubona ibisubizo byabo, REG VC batangiye imyitozo bitegura imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo

Nyuma yo gupimwa Koronavirusi no kubona ibisubizo byabo, REG VC batangiye imyitozo bitegura imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo

Ubwanditsi 13 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida wa Malawi yemeye ko umushahara we ukatwaho 10 % kubera coronavirus
POLITIKI

Perezida wa Malawi yemeye ko umushahara we ukatwaho 10 % kubera coronavirus

Ubwanditsi 06 Apr 2020
Banki y’Isi yagaragaje icyizere mu bukungu bw’u Rwanda n’icyuho mu gukoresha ikoranabuhanga
UBUKUNGU

Banki y’Isi yagaragaje icyizere mu bukungu bw’u Rwanda n’icyuho mu gukoresha ikoranabuhanga

Ubwanditsi 29 Jan 2020
Burundi: Abanyarwanda babiri batawe muri yombi n’urwego rw’ubutasi, SNR
Mu Mahanga

Burundi: Abanyarwanda babiri batawe muri yombi n’urwego rw’ubutasi, SNR

Ubwanditsi 26 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru