• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abo kwa Rusesabagina barakataje mu ikinamico. Niba atagaburirwa, ntahabwe amazi yo kunywa nk’uko babivuga, atunzwe n’umwuka wera?

Abo kwa Rusesabagina barakataje mu ikinamico. Niba atagaburirwa, ntahabwe amazi yo kunywa nk’uko babivuga, atunzwe n’umwuka wera?

Ubwanditsi 07 Jun 2021 Amakuru, HIRYA NO HINO, Mu Mahanga

Babinyujije mu muzindaro wabo, Kitty Kurth ukorera ikinyamakuru cyo muri Amerika, The New York Times, umuryango wa Rusesabagina wasohoye ikinyoma ko ngo muri gereza ya Mageragere afungiyemo, Paul Rusesabagina atagihabwa amafunguro, amazi yo kunywa n’imiti, hagamijwe kumwica urubozo. Abasomye iyo nkuru basetse baratemba, bibaza ukuntu uwo musaza utarya ntanywe, yarwara ntavurwe, akomeza kubaho, akabona n’imbaraga zo guhamagara muri Amerika avuga ko umudari ugiye kumunangura.

Ubuyobozi bwa gereza ya Mageragere bwahise butangaza ko Rusesabagina afashwe neza, akaba ahabwa amafunguro n’amazi bihagije nk’abandi bafungwa, ndetse yemererwa kubonana n’umuganga we igihe cyose abyifuje, ari nawe umuha imiti. Ubwo buyobozi bwasobanuye ko Rusesabagina asangiye icyumba n’abandi bantu, kuko yanze kuba mu cyumba yari yaragenewe avuga ko ari mu kato. Wakwibaza rero ukuntu abo bafunganywe bahabwa amafunguro, Rusesabagina agahezwa ku meza!
Akamaramaza ni ukubona igitangazamakuru gikomeye na The New York Times kigwa mu mutego nk’uyu , kigatangaza ibintu kidafitiye gihamya. Nta gitangaza kirimo ariko kuko uyu Kitty Kurth yiyemeje kuba umuvugizi wa Rusesabagina, yirengagije ukuri kw’ibyaha inshuti ye magara ikurikiranyweho.

Uru ni ikinamico y’urukurikiranye ry’abo kwa Rusesabagina, kuko batirenza umunsi badahurutuye ikinyoma kitagira shinge na rugero. Babanje kuvuga ko yashimuswe akazanwa mu Rwanda ku ngufu, bakubita igihwereye kuko Constantin Niyomwungeri yasobanuriye isi yose uko Rusesabagina yizanye mu Rwanda. Bidateye kabiri, bati Rusesabagina yimwe abazamwunganira n’amategeko, kandi afite abanyamategeko we ubwe yihitiyemo. Ntibashirwa, bati Rusesabagina wacu yakorewe ihoterwa muri gereza, kandi atarigeze abibwira baba abacamanza, baba abanyamakuru n’abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda bamusuye.

Uku guhora bahimba ko afashwe nabi, ni ukugira ngo amahanga asakuze bityo afungurwe, Ni ugupfunda imitwe gusa ariko, kuko byanze bikunze azaryozwa amabi yakoreye Abanyarwanda Inama Rushyashya yamugira, ni ukuva mu matakirangoyi n’imiteto iteye ishozi,ahubwo agatuza, agategereza imyanzuro y’urubanza rwe,kandi akazayakira uko izaba imeze kose, kuko ariwe wishoye mu byaha byatumye yibona i Mageragere.

2021-06-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC yatsinze Mukura 2-0 ikomeza gushyiramo ikinyuranyo ku makipe ayikurikiye arimo Rayon Sports

APR FC yatsinze Mukura 2-0 ikomeza gushyiramo ikinyuranyo ku makipe ayikurikiye arimo Rayon Sports

Ubwanditsi 26 Feb 2024
Perezida Museveni yasibye tweet ihamagarira ibiganiro mu gihugu cya Ethiopia, yigize umuhuza ibyo icyo gihugu cyahakanye ku manywa y’ihangu

Perezida Museveni yasibye tweet ihamagarira ibiganiro mu gihugu cya Ethiopia, yigize umuhuza ibyo icyo gihugu cyahakanye ku manywa y’ihangu

Ubwanditsi 16 Nov 2020
Polisi y’u Rwanda yakanguriye abatuye mu karere ka Kirehe kwirinda ibiyobyabwenge

Polisi y’u Rwanda yakanguriye abatuye mu karere ka Kirehe kwirinda ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 29 Jan 2016
Amerika mu nzira yo gukura abasirikare bayo muri Afghanistani

Amerika mu nzira yo gukura abasirikare bayo muri Afghanistani

Ubwanditsi 05 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

John Kerry yaburiye ibihugu bidashyira hamwe n’ibindi
Mu Mahanga

John Kerry yaburiye ibihugu bidashyira hamwe n’ibindi

Ubwanditsi 14 Oct 2016
Police HC na Kiziguro SS begukanye igikombe cy’ubutwari cyakiniwe mu karere ka Gicumbi
Amakuru

Police HC na Kiziguro SS begukanye igikombe cy’ubutwari cyakiniwe mu karere ka Gicumbi

Ubwanditsi 19 Jan 2025
Sylvia Mukankiko si umusazi, ni umurozi urota kumara abadasangiye nawe ubugome
Amakuru

Sylvia Mukankiko si umusazi, ni umurozi urota kumara abadasangiye nawe ubugome

Ubwanditsi 19 Nov 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru