• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Niyonsenga Dieudonné wa ISHEMA TV, akomeje gukwiza impuha no guharabika inzego z’umutekano.

Niyonsenga Dieudonné wa ISHEMA TV, akomeje gukwiza impuha no guharabika inzego z’umutekano.

Ubwanditsi 18 Jun 2021 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Rwanda

Uyu Niyonsenga Dieudonné wiyita Cyuma Hassan (ku mpamvu zizwi na nyir’ubwite n’abamukoresha), arakataje mu gukwiza impuha agamije guhindanya isura y’Igihugu, n’iy’inzego z’umutekano by’umwihariko. Ubu noneho igihuha gishyushye arimo gukwirakwiza ngo ni uko abapolisi biriwe ku rugo rwe”bamushakisha ku ngufu bahasiga n’amapingu”, nkaho ari ikitabashwa!

Icya mbere, ntiyavuze impamvu abamushatse”ku ngufu”, bataramufata aho yaba aturamye hose. Aramutse yabarushije imbaraga nabyo nta cyamubuza kubyidoga, dore ko we na bagenzi be bumva bahagarikiwe n’ingwe nka Human Rights Watch, Human Rights n’ izindi mpirimbanyi z’uburenganzira bw’abanyabyaha.

Icya kabiri, ayo mapingu avuga basize iwe bagirango azayiyambike, cyangwa ni umutako bari bamusigiye?Ahubwo barebe neza niba ayo mapingu atari ayo agatsiko ka Cyuma kateguye mu mugambi wo kwitirira ibikorwa bibi inzego z’umutekano.

Icya gatatu, niba Police igushatse, ukaba uzi ko ntacyo wikeka, kuki utayitaba, ahubwo ugahitamo guteza ubwega ubeshya, nk’aho Police ari abagizi ba nabi?

Ikigaragara, iki ni ikindi “gitendo” cy’ubushotoranyi no gushimisha abamutuma guteza imidugararo mu Gihugu. Uyu mugabo amaze iminsi yanduranya ariko inzego z’umutekano zikamugendera buhoro zizeye ko azikosora. Yari aherutse kuvuza induru abinyujije muri ISHEMA TV, abeshya ngo hari umuntu ngo warigishijwe, kandi azi neza ko uwo muntu yibereye i Nyagatare, dore ko haje no kumvikana amajwi avugana n’uyu Cyuma Hassan.

Cyuma Hassan kandi ahimba inkuru avuga ko “atabariza abaturage”, nk’aho arusha Leta kubakunda no kumenya ibiri mu nyungu rusange. Byaragaragaye ko aba agamije gusa kubangisha ubuyobozi, no gukurura icyuka kibi mu Gihugu. Ibi abisangiye n’abafatanyabikorwa be mu gusenya, aribo Ingabire Victoire, Ntaganda Bernard, Idamange Yvonne, Aimable Karasira n’imizindaro yabo nka Agnès Uwimana, William Ntwari n’abandi biyemeje gusenya.

Buri gihe iyo abaturage batabaje Leta ngo izi nyangabirama zibiryozwe, ntizibura abo zikoma nka Tom Ndahiro, Rushyashya News, Ingabire Immaculée n’abandi bahagurukiye gutamaza abagizi ba nabi. Ibi ariko ntibizakoma mu nkokora Abanyarwanda bafite ubushake bwo kwamagana ikibi, kandi urugamba biyemeje bazarutsinda, kuko ukuri buri gihe ariko gutsinda.

Abantu bazi neza imibereho ya Cyuma Hassan bahishuye ko ari mu kazi ahemberwa, akaba yakira amafaranga ava imbere mu gihugu ndetse no hanze yacyo, nk’uko byagaragaye kwa Aimable Karasira, utarashobora kugaragaza aho yavanye amamiliyoni yasanganywe.
Ikindi abasesenguzi bavuga, ni uko uyu Cyuma Hassan yaba ashaka uko azajya kwidederezwa mu mahanga, akaba ategura uko azasaba ubuhungiro agaragaza ko yajujubijwe mu Rwanda!

N’ikimenyimenyi, iyo ahurutuye igihuha, yihutira kumenyesha abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, ukagirango bashinzwe umutekano w’Abanyarwanda.

Ibyo yaba arimo byose, RIB na Police ni inzego zifite inshingano zo kubungabunga umudendezo wa rubanda. Cyuma Hassan n’abamukoresha rero ntibakwiye kwigira kagarara no kwishyira hejuru y’amategeko. Igihugu kidahana cyorora abanyamahano nka Cyuma Hassan n’abo basangiye imigambi mibi.

2021-06-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Agatogo k’ingabo ziri muri DRC kazabageza ku mahoro cyangwa ku kaduruvayo gahoraho?

Agatogo k’ingabo ziri muri DRC kazabageza ku mahoro cyangwa ku kaduruvayo gahoraho?

Ubwanditsi 12 Apr 2023
Rutahizamu Byiringiro Lague afashije Amavubi gutsinda Mozambique, byongerera Amavubi amahirwe yo kwerekeza mu gikombe cy’Afurika cya 2022

Rutahizamu Byiringiro Lague afashije Amavubi gutsinda Mozambique, byongerera Amavubi amahirwe yo kwerekeza mu gikombe cy’Afurika cya 2022

Ubwanditsi 24 Mar 2021
Amavubi aratangira uregendo rwo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023 akina na Mozambique bakinire muri Afurika y’Epfo

Amavubi aratangira uregendo rwo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023 akina na Mozambique bakinire muri Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 02 Jun 2022
Hatangajwe inzira ya Tour du Rwanda 2024 izatangira kuya 18 isozwe 25 Gashyantare 2024

Hatangajwe inzira ya Tour du Rwanda 2024 izatangira kuya 18 isozwe 25 Gashyantare 2024

Ubwanditsi 25 Nov 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Angola: Perezida Kagame Ategerejwe Mu Nama Y’akarere Iziga Kuri Congo Na Sudani Y’Epfo
ITOHOZA

Angola: Perezida Kagame Ategerejwe Mu Nama Y’akarere Iziga Kuri Congo Na Sudani Y’Epfo

Ubwanditsi 13 Aug 2018
Major Mudathiru wari uyoboye ingabo za Kayumba RD-Congo yemeye ibyaha aregwa anabisabira imbabazi
INKURU NYAMUKURU

Major Mudathiru wari uyoboye ingabo za Kayumba RD-Congo yemeye ibyaha aregwa anabisabira imbabazi

Ubwanditsi 18 Oct 2019
Ukuri kwa Corneille Nangaaa kuba FDLR isigaye irinda Tshisekedi gushobora kumusiga inyuma y’igihome nkuko byatangajwe na Muyaya
Amakuru

Ukuri kwa Corneille Nangaaa kuba FDLR isigaye irinda Tshisekedi gushobora kumusiga inyuma y’igihome nkuko byatangajwe na Muyaya

Ubwanditsi 18 Aug 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru