• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umuhanzi Eloi El ugiye gukorana n’inzu ifasha abahanzi ya Sony Music, akaba umuhungu wa Sibomana Joseph waruzwi muri Orchestre Irangira, arifuza kuzamura umuziki nyarwanda yifashishije Spotify

Umuhanzi Eloi El ugiye gukorana n’inzu ifasha abahanzi ya Sony Music, akaba umuhungu wa Sibomana Joseph waruzwi muri Orchestre Irangira, arifuza kuzamura umuziki nyarwanda yifashishije Spotify

Ubwanditsi 17 Aug 2021 Amakuru, Mu Rwanda, SHOWBIZ

Umuhanzi, akaba anatunganya umuziki Eloi Muhoranimana akomeje kuzamura umuziki nyarwanda binyuze ku rubuga rushya mu Rwanda rutaritabirwa n’abahanzi benshi rwa Spotify, ibi bikaba binamuhesha ubushobozi bwo gukorana ibihangano n’abandi bahanzi b’abanyamahanga.

Mu kiganiro kirambuye yahaye RUSHYASHYA, Eloi Maniraguja uzwi nka Eloi El mu muziki yatangiye atubwira amateka ye mu muziki, yagize ati “Ndi umu producer (Utunganya umuziki) nkaba numuririmbyi, mfite imyaka 22 nkaba naravukiye Kigali, Nyarugenge. Natangiye umuziki ndi muto mu mwaka wa 2011, icyo gihe narimfite imfite 12 icyo gihe nararirimbaga ndi numu producer.”

“Ndirimba injyana Electronic Dance Music hamwe ninjyana ya Pop, mfite indirimbo 24 harimo 14 nakoze njyenyine ndetse n’izindi 12 nakoranye n’abandi bahanzi barimo abo muri Amerika ndetse n’i Burayi.”

Eloi El yakomeje atubwira ko uyu muziki awurimo abikomora kub’ababyeyi be, yagize ati “ahanini nabikuriyemo kuko ababyeyi ndetse n’abavandimwe banjye bose ni abanyamuziki, kuko mfite bakuru banjye baririmba nka Sean Brizz, Chris Cheetah ndetse na Papa wanjye Sibomana Joseph waruzwi muri Orchestre Irangira.”

Iyo ukurikiranye ibihangano by’uyu muhanzi usanga ahananini awukora ndetse akawufatanya n’abanyamahanga, aha Eloi El yavuze ko abifashwa cyane na Spotify nk’ahantu hizewe kandi hakunzwe na benshi ku rwego mpuzamahanga.

Eloi ati “Ubu nihaye intego y’uko ngomba gukora indirimbo nyinshi hamwe n’abahanzi batandukaye barimo ab’imbere mu gihugu ndetse no hanze y’igihugu, ikindi nkanakomeza kuzamura Spotify birushijeho kuko aha hamfasha kuzamura umuziki wanjye bwite ndetse n’uwo mu Rwanda muri rusange.”

“Nibanze cyane kuri Spotify ndetse n’ama radio yo hanze kubera ko arirwo ruhurirwaho n’abantu benshi cyane batandukanye, kandi bikanyorohereza gutanga ubutumwa ndetse bukagera kure.”

Mu gusoza Eloi El yasabye abakunzi b’umuziki nyarwanda gushyigikira impano ziri kuzamuka ndetse we ku giti cye akaba asaba abanyarwanda ku mushyigikira.

Eloi ati “Ndabasaba gukomeza gushyigira abahanzi muri rusange ndetse no gukomeza gufasha abahanzi bafite impano barikuzana injyana nshya zigezweho ahantu henshi, Mbateganyirije ibihangano bishya nabahanzi bazwi bo mu rwanda kandi nkaba nifuza guteza umuziki wo mu Rwanda imbere.”

Eloi Mahoronimana aritegura gukorana n’inzu ifasha abahanzi yitwa Loudkult ibarizwa muri Suwede, We Are Diamond yo mu Budage ndetse na Get The Sound based yo mu gihugu cy’u Bufaransa, uyu muhanzi kandi agiye gukorana na Spectrum Recording ikaba ibarizwa muri Sony Music yo muri USA.

Reba hano indirimbo ya Eloi El yise Try:

 

2021-08-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kwibuka 29: Twiyame Padiri Nahimana n’abandi nkawe, imungu muri Kiliziya zikwiza uburozi bw’ingengabitekerezo ya Jenoside

Kwibuka 29: Twiyame Padiri Nahimana n’abandi nkawe, imungu muri Kiliziya zikwiza uburozi bw’ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 06 Apr 2023
Mu mikino ya gicuti: APR FC yatsinze Marines FC, uwa Rayon Sports na Police FC urasubikwa kuko habuze abashinzwe umutekano FERWAFA isaba imbabazi.

Mu mikino ya gicuti: APR FC yatsinze Marines FC, uwa Rayon Sports na Police FC urasubikwa kuko habuze abashinzwe umutekano FERWAFA isaba imbabazi.

Ubwanditsi 27 Apr 2021
Abari abayobozi ba ADEPR gufungurwa uruhongohongo

Abari abayobozi ba ADEPR gufungurwa uruhongohongo

Ubwanditsi 22 Sep 2017
Agati kateretswe n’ Imana ntigakangwa n’inkubi y’umuyaga. Abafaransa bafungiraga Paul Kagame i Paris muri Nzeri 1991, ntibari bazi ko nyuma y’imyaka 10 gusa azahagaruka ari Umukuru w’Igihugu cyiyubashye.

Agati kateretswe n’ Imana ntigakangwa n’inkubi y’umuyaga. Abafaransa bafungiraga Paul Kagame i Paris muri Nzeri 1991, ntibari bazi ko nyuma y’imyaka 10 gusa azahagaruka ari Umukuru w’Igihugu cyiyubashye.

Ubwanditsi 23 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Guverineri Munyantwali yagiriye uruzinduko rw’akazi I Bukavu muri Kongo mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Ebola
INKURU NYAMUKURU

Guverineri Munyantwali yagiriye uruzinduko rw’akazi I Bukavu muri Kongo mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Ebola

Ubwanditsi 22 Aug 2019
Intambara ishobora kongera kurota mu Burundi
INKURU NYAMUKURU

Intambara ishobora kongera kurota mu Burundi

Ubwanditsi 29 Oct 2018
Gen.Afurika Jean Michel wa RUD URUNANA, uherutse kurasirwa muri RD-Congo yari afite imiturirwa muri Uganda ahitwa Nakulabye ifite agaciro ka miliyoni ebyiri z’amadorari
INKURU NYAMUKURU

Gen.Afurika Jean Michel wa RUD URUNANA, uherutse kurasirwa muri RD-Congo yari afite imiturirwa muri Uganda ahitwa Nakulabye ifite agaciro ka miliyoni ebyiri z’amadorari

Ubwanditsi 13 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru