• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ku munsi wa Kabiri wa Shampiyona 2021-2022, ikipe ya AS Kigali yatsinze Kiyovu SC 4-0, yuzuza ibitego bitandatu itsinze itaratsindwa na kimwe

Ku munsi wa Kabiri wa Shampiyona 2021-2022, ikipe ya AS Kigali yatsinze Kiyovu SC 4-0, yuzuza ibitego bitandatu itsinze itaratsindwa na kimwe

Ubwanditsi 03 Nov 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ku munsi wa kabiri wa shampiyona y’u Rwanda ya 2021-2022 ikipe zisangiye gufashwa n’umujyi wa Kigali ariyo AS Kigali ndetse na Kiyovu SC bahuriye kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo, uyu mukino warangiye AS Kigali itsinze ibitego 4-0 ihita igeza ibitego 6 itsinze itarinjizwa na kimwe.

Ikipe y’abanyamujyi ya AS Kigali niyo yinjiye neza mu mukino kuko ubwo hari ku munota wa 5 w’umukino nibwo Haruna Niyonzima yafunguye amazamu ku gitego yatsinze nyuma y’umupira yari aherejwe na Aboubacar Lawar, aha ni nyuma gato y’uko rutahizamu wa Kiyovu SC Emmanuel Okwi yari ahushije igitego ku ruhande rwa Kiyovu.

Ikipe ya Kiyovu Sports Club ntiyorohewe na AS Kigali

AS Kigali yakinaga umukino wo guhanahana, yakomeje kurusha Kiyovu kugeza ubwo yongeye kubona igitego cya kabiri cyatsinzwe na Rukundo Denis wateye umupira ugana mu izamu ryari ririnzwe na Kimenyi Yves wijyanamo ntawuwukozeho, iki gitego akaba yagitsinze ku munota wa 8 w’umukino.

Ntibyarangiriye aho kuko mu minota 16 y’umukino, AS Kigali yari imaze kwinjiza ibitego bitatu mu izamu rya Kiyovu SC, igitego cya gatatu cyo cyatsinzwe na Aboubacar Lawar ku mutwe nyuma y’umupira Ishimwe Cristian yari ahinduye usanga ba myugariro ba Kiyovu badahagaze neza, amakipe yombi abona no kujya ku ruhuka ari 3-0.

Mu gice cya kabiri ikipe ya Kiyovu SC yagerageje kureba uko yabona ibitego binyuze kuri ba rutahizamu babiri bashya bavanye mu gihugu cya Uganda bayobowe na Emmanuel Okwi ndetse na Mzamiru Mutyaba ariko ntibyakundira ikipe itozwa na Haringingo kubona igitego na kimwe.

Ibi byageze ku munota wa 84 w’umukino ubwo Niyibizi Ramadhan yaboneye ikipe ya AS Kigali igitego cya Kane cyanasoje uyu mukino ari ibitego 4-0, ibi bishimangira ubusatirizi bwa AS Kigali kuzuza ibitego 6 mu mikino ibiri ndetse bo bakaba batarinjizwa igitego na kimwe mu izamu ririmo Ntwali Fiacre.

Usibye uyu mukino wabereye kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo, wabanjirijwe n’uwahuje ikipe ya Gorilla FC yanganyije na Marines FC igitego kimwe ku kimwe, ni nako i Huye kandi ikipe ya Mukura VS yanganyije na Gasogi United kimwe kuri kimwe.

Indi mikino iteganyijwe kuri uyu wa gatatu:

Police FC vs Espoir FC (12h30′ : Nyamirambo)
APR FC vs Musanze FC (15h00′: Nyamirambo)
Bugesera FC vs Etincelles FC (15h00′: Bugesera)
Rutsiro FC vs Rayon Sports (15h00′: Umuganda)
Gicumbi FC vs Etoile de l’Est (15h00′ : Gicumbi)

2021-11-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umwamamazabinyoma Christine Uwizera Coleman wigize umuvugabutumwa, arihisha inyuma ya Bibiliya agamije guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi no gufasha imitwe y’iterabwoba mu Rwanda

Umwamamazabinyoma Christine Uwizera Coleman wigize umuvugabutumwa, arihisha inyuma ya Bibiliya agamije guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi no gufasha imitwe y’iterabwoba mu Rwanda

Ubwanditsi 12 Oct 2020
Ambasaderi wa Uganda muri Loni, Adonia Ayebare, yamaganye  umukozi mukuru muri Perezidansi ya Uganda watutse Perezida  w’u Rwanda

Ambasaderi wa Uganda muri Loni, Adonia Ayebare, yamaganye umukozi mukuru muri Perezidansi ya Uganda watutse Perezida w’u Rwanda

Ubwanditsi 07 Sep 2021
Ali Kiba yatagajeko  akunda umuhanzi  w’umunyarwanda Meddy

Ali Kiba yatagajeko akunda umuhanzi w’umunyarwanda Meddy

Ubwanditsi 03 Mar 2016
Nyuma y’imvune ya myugariro wa APR FC yagiriye mu mukino na As Kigali, Fitina Omborenga yiteguye kugaruka mu kibuga.

Nyuma y’imvune ya myugariro wa APR FC yagiriye mu mukino na As Kigali, Fitina Omborenga yiteguye kugaruka mu kibuga.

Ubwanditsi 08 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abatuye muri Muhanga na Kamonyi basabwe kudacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranije n’amategeko
Mu Mahanga

Abatuye muri Muhanga na Kamonyi basabwe kudacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranije n’amategeko

Ubwanditsi 30 Mar 2016
Minisitiri w’Intebe yahaye umukoro RRA wo gufasha u Rwanda kwihaza mu ngengo y’imari
UBUKUNGU

Minisitiri w’Intebe yahaye umukoro RRA wo gufasha u Rwanda kwihaza mu ngengo y’imari

Ubwanditsi 29 Sep 2018
Musanze: Abayobozi bashya b’inzego z’ibanze n’urubyiruko bahagurukiye kurwanya ibyaha
Mu Mahanga

Musanze: Abayobozi bashya b’inzego z’ibanze n’urubyiruko bahagurukiye kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 03 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru