• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ku munsi wa Kabiri wa Shampiyona 2021-2022, ikipe ya AS Kigali yatsinze Kiyovu SC 4-0, yuzuza ibitego bitandatu itsinze itaratsindwa na kimwe

Ku munsi wa Kabiri wa Shampiyona 2021-2022, ikipe ya AS Kigali yatsinze Kiyovu SC 4-0, yuzuza ibitego bitandatu itsinze itaratsindwa na kimwe

Editorial 03 Nov 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ku munsi wa kabiri wa shampiyona y’u Rwanda ya 2021-2022 ikipe zisangiye gufashwa n’umujyi wa Kigali ariyo AS Kigali ndetse na Kiyovu SC bahuriye kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo, uyu mukino warangiye AS Kigali itsinze ibitego 4-0 ihita igeza ibitego 6 itsinze itarinjizwa na kimwe.

Ikipe y’abanyamujyi ya AS Kigali niyo yinjiye neza mu mukino kuko ubwo hari ku munota wa 5 w’umukino nibwo Haruna Niyonzima yafunguye amazamu ku gitego yatsinze nyuma y’umupira yari aherejwe na Aboubacar Lawar, aha ni nyuma gato y’uko rutahizamu wa Kiyovu SC Emmanuel Okwi yari ahushije igitego ku ruhande rwa Kiyovu.

Ikipe ya Kiyovu Sports Club ntiyorohewe na AS Kigali

AS Kigali yakinaga umukino wo guhanahana, yakomeje kurusha Kiyovu kugeza ubwo yongeye kubona igitego cya kabiri cyatsinzwe na Rukundo Denis wateye umupira ugana mu izamu ryari ririnzwe na Kimenyi Yves wijyanamo ntawuwukozeho, iki gitego akaba yagitsinze ku munota wa 8 w’umukino.

Ntibyarangiriye aho kuko mu minota 16 y’umukino, AS Kigali yari imaze kwinjiza ibitego bitatu mu izamu rya Kiyovu SC, igitego cya gatatu cyo cyatsinzwe na Aboubacar Lawar ku mutwe nyuma y’umupira Ishimwe Cristian yari ahinduye usanga ba myugariro ba Kiyovu badahagaze neza, amakipe yombi abona no kujya ku ruhuka ari 3-0.

Mu gice cya kabiri ikipe ya Kiyovu SC yagerageje kureba uko yabona ibitego binyuze kuri ba rutahizamu babiri bashya bavanye mu gihugu cya Uganda bayobowe na Emmanuel Okwi ndetse na Mzamiru Mutyaba ariko ntibyakundira ikipe itozwa na Haringingo kubona igitego na kimwe.

Ibi byageze ku munota wa 84 w’umukino ubwo Niyibizi Ramadhan yaboneye ikipe ya AS Kigali igitego cya Kane cyanasoje uyu mukino ari ibitego 4-0, ibi bishimangira ubusatirizi bwa AS Kigali kuzuza ibitego 6 mu mikino ibiri ndetse bo bakaba batarinjizwa igitego na kimwe mu izamu ririmo Ntwali Fiacre.

Usibye uyu mukino wabereye kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo, wabanjirijwe n’uwahuje ikipe ya Gorilla FC yanganyije na Marines FC igitego kimwe ku kimwe, ni nako i Huye kandi ikipe ya Mukura VS yanganyije na Gasogi United kimwe kuri kimwe.

Indi mikino iteganyijwe kuri uyu wa gatatu:

Police FC vs Espoir FC (12h30′ : Nyamirambo)
APR FC vs Musanze FC (15h00′: Nyamirambo)
Bugesera FC vs Etincelles FC (15h00′: Bugesera)
Rutsiro FC vs Rayon Sports (15h00′: Umuganda)
Gicumbi FC vs Etoile de l’Est (15h00′ : Gicumbi)

2021-11-03
Editorial

IZINDI NKURU

Urubanza Rwa Kizito Mihigo Rwongeye Gusubikwa Rwimurirwa Mu Gihe Kitazwi

Urubanza Rwa Kizito Mihigo Rwongeye Gusubikwa Rwimurirwa Mu Gihe Kitazwi

Editorial 11 Jun 2018
Mu gihembwe cya mbere cya 2018 ibyaha byagabanutseho 2.1% ugereranyije n’icya 2017

Mu gihembwe cya mbere cya 2018 ibyaha byagabanutseho 2.1% ugereranyije n’icya 2017

Editorial 29 Mar 2018
RDC: Intambara ikomeye y’inyeshyamba yatumye FARDC yamburwa ikigo cya gisirikare n’intwaro

RDC: Intambara ikomeye y’inyeshyamba yatumye FARDC yamburwa ikigo cya gisirikare n’intwaro

Editorial 30 Jun 2017
Rose wakinnye muri Titanic aratangazako agifitiye  urukundo rukomeye kuri  Jack

Rose wakinnye muri Titanic aratangazako agifitiye urukundo rukomeye kuri Jack

Editorial 15 Feb 2016
Urubanza Rwa Kizito Mihigo Rwongeye Gusubikwa Rwimurirwa Mu Gihe Kitazwi

Urubanza Rwa Kizito Mihigo Rwongeye Gusubikwa Rwimurirwa Mu Gihe Kitazwi

Editorial 11 Jun 2018
Mu gihembwe cya mbere cya 2018 ibyaha byagabanutseho 2.1% ugereranyije n’icya 2017

Mu gihembwe cya mbere cya 2018 ibyaha byagabanutseho 2.1% ugereranyije n’icya 2017

Editorial 29 Mar 2018
RDC: Intambara ikomeye y’inyeshyamba yatumye FARDC yamburwa ikigo cya gisirikare n’intwaro

RDC: Intambara ikomeye y’inyeshyamba yatumye FARDC yamburwa ikigo cya gisirikare n’intwaro

Editorial 30 Jun 2017
Rose wakinnye muri Titanic aratangazako agifitiye  urukundo rukomeye kuri  Jack

Rose wakinnye muri Titanic aratangazako agifitiye urukundo rukomeye kuri Jack

Editorial 15 Feb 2016
Urubanza Rwa Kizito Mihigo Rwongeye Gusubikwa Rwimurirwa Mu Gihe Kitazwi

Urubanza Rwa Kizito Mihigo Rwongeye Gusubikwa Rwimurirwa Mu Gihe Kitazwi

Editorial 11 Jun 2018
Mu gihembwe cya mbere cya 2018 ibyaha byagabanutseho 2.1% ugereranyije n’icya 2017

Mu gihembwe cya mbere cya 2018 ibyaha byagabanutseho 2.1% ugereranyije n’icya 2017

Editorial 29 Mar 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru