• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Inararibonye Tito Rutaremara yibukije Abanyarwanda uko amasezerano ya Arusha yavutse

Inararibonye Tito Rutaremara yibukije Abanyarwanda uko amasezerano ya Arusha yavutse

Ubwanditsi 28 Dec 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Ubwo intambara yo kubohora u Rwanda yatangizwaga tariki ya 1 Ukwakira 1990, Perezida Habyarimana n’akazu ke, banze kwemera ko ari Abanyarwanda bateye baharanira uburenganzira bwabo bari barimwe, ko ahubwo ari abagande bateye igihugu cyabo. Habyarimana yakomeje kwizera ingufu za gisirikari ariko nyuma ingabo za FPR Inkotanyi ubwo zafataga Gatuna yishimira intsinzi mu Mutara ndetse n’igitero cyo mu Ruhengeli mu nda y’akazu, yabonye ko ishyamba atari ryeru, maze yemera imishyikirano.

Inararibonye Tito Rutaremara wari umwe mu ntumwa za FPR Inkotanyi mu masezerano yose bagiranye na Leta ya Habyarimana, yasangije Abanyarwanda abinyujije kuri Twitter amavu n’amavuko y’amasezerano y’Arusha.

Mu ruzinduko Perezida Museveni yagiriye mu Rwanda yari yaremereye Perezida Habyarimana ko nta bantu bazatera Igihugu cye baturutse Uganda Ubwo Inkotanyi zateraga taliki ya 01.10.1990 ziturutse Uganda , icyo gihe Museveni na Habyarimana ntabwo bari bahari bari New York mu Nama. Kuri uwo munsi Mugisha Muntu wari Umukuru w’Ingabo za Uganda yabwiye Museveni kuri Telephone ko Abanyarwanda bateye u Rwanda.

Muri iryo joro Museveni ahamagara Habyarimana ajya ku mureba ngo baganire kuri icyo kibazo , Museveni yemerera Habyarimana gufungira amayira Abanyarwanda bose bava Uganda ndetse yumvikana nawe ko abazajya bava mu Rwanda ko azajya abafata akabafunga. Museveni yasabye Habyarimana ko abageze mu Rwanda yabarwanya gusa amubwira ko abagiye mu Rwanda ari indwanyi icyaba cyiza ari uko yakumvikana nabo

Icyo gihe Museveni yavugishije Umukuru w’Ingabo ze amusaba ko ahagarika Abanyarwanda bajyaga ku rugamba kandi hashakwe abayobozi babo bafungwe , uwo mwanzuro watumye Abanyarwanda batatanira hirya ni hino bamwe barafungwa abandi barihisha.

Bucyeye Habyarimana arataha inama itarangiye aca mu Bubiligi no Bufaransa gusaba inkunga, ageze ku kibuga cy’indenge cy’ububiligi abanyamakuru bamubajije uwateye igihugu cye abasubiza ko ari Uganda. Ibyo birakaza Museveni kuko Habyarimana yari yishe amasezerano bari bagiranye . Museveni yahise asaba ko bambura Abanyarwanda imbunda n’imyenda ya gisirikare bya Uganda ubundi bakabareka bagataha iwabo .

Muri iyo ntambara abazayirwa , Ababiligi n’Abafaransa batabaye ingabo za Habyarimana baza kurwana barwanya Inkotanyi , Abazayirwa bagenda basahura bakagenda bikoreye ibyo basahuye ibinyamakuru byo ku isi birabyerekana .

Guverinoma y’Ababiligi yicyo gihe yarigizwe n’amashyaka atanu , ishyaka rimwe ryasabye ko ingabo zabo ziva mu Rwanda. Leta y’Ababiligi igira ubwoba ko byasenya Guverinoma yabo itangira gutekereza uko bakemura icyo kibazo.

Icyo gihe Minisitiri w’Intebe w’Ububiligi aherekejwe na Minisitiri w’Ingabo ndetse n’Uwububanyi n’Amahanga, bahise baza muri Afurika bakirwa na Tanzania bajya kureba Habyarimana na Museveni Perezida wa Tanzania ahamagara Perezida Habyarimana na Museveni bahurira Mwanza bumvikana ko intambara ihagarara ariko Habyarimana asabwa gahura n’uruhande rw’abamurwanyaga (Inkotanyi) ibyo byose nta cyabaye .Uwo munsi abasilikare b’Abibiligi bahise bazinga utwabo barataha nkuko bongeye kurusiga muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994·

Mu 1991 Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe (OUA) nibwo yinjiye mu kibazo nyuma yuko guhagarika Intwaro byumvikanyweho Mwanza bitabaye (cessez le feu). Perezida Hassan Mwinyi yongeye guhamagara Perezida Habyarimana na Museveni bahurira Zanzibar abamenyesha ko ikibazo cyegurirwe OUA ariko ariwe wahawe inshingano zo gutumira abazitabira inama.

Hashize iminsi mike President Ali Hassan Mwinyi wa Tanzaniya ahamagaza ya nama irimo Perezida Habyarimana, Perezida Museveni,Perezida Buyoya , Umunyamabanga Mukuru wa OUA ,Minisitiri w’Intebe wa Zaire n’abandi.

Ibyavuyemo mu nama a) hanzuwe ko impande zombi zumvikana uko hahagarikwa intambara ( cessez le feu ) b) humvikanye uko bazaganira ku gaharika no kurangiza intambara c) Humvikanye uko hazakemurwa ikibazo cy’impunzi d) Humvikanye uzabikurikirana ariwe Perezida Mobutu.

Ubwo nibwo amasezerano y’Arusha yahise atangira.

IYI NKURU IZAKOMEZA UBUTAHA………

2021-12-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Indimi ebyiri za Perezida Museveni zizagarura umubano n’u Rwanda?

Indimi ebyiri za Perezida Museveni zizagarura umubano n’u Rwanda?

Ubwanditsi 05 Mar 2020
Shampiyona y’u Rwanda irakomeza ku munsi wayo wa kabiri, APR FC na AS Kigali ntizikina kubera kwitegura imikino Nyafurika

Shampiyona y’u Rwanda irakomeza ku munsi wayo wa kabiri, APR FC na AS Kigali ntizikina kubera kwitegura imikino Nyafurika

Ubwanditsi 06 Sep 2022
Ibihugu 7 byahuriye mu Rwanda aho bigiye gutangira guhatana mu mikino y’ irushanwa ryo gushaka itike y’igikombe cy’Isi mu mukino wa Cricket

Ibihugu 7 byahuriye mu Rwanda aho bigiye gutangira guhatana mu mikino y’ irushanwa ryo gushaka itike y’igikombe cy’Isi mu mukino wa Cricket

Ubwanditsi 16 Oct 2021
Umugambanyi Kamanzi Djanessa arasaba ubuhungiro muri Suede yitwaje Diane Rwigara

Umugambanyi Kamanzi Djanessa arasaba ubuhungiro muri Suede yitwaje Diane Rwigara

Ubwanditsi 15 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto: Joackiam Ojera wamaze gusinyira Rayon Sports yatangiye imyitozo na bagenzi be mu Nzove
Amakuru

Amafoto: Joackiam Ojera wamaze gusinyira Rayon Sports yatangiye imyitozo na bagenzi be mu Nzove

Ubwanditsi 31 Jan 2023
Umunsi wa kabiri wa shampiyona y’ikiciro cya kabiri mu bagabo usize amakipe nka Kirehe FC, Amagaju FC na Sunrise FC zitwaye neza naho AS Muhanga yatakarije i Kigali
Amakuru

Umunsi wa kabiri wa shampiyona y’ikiciro cya kabiri mu bagabo usize amakipe nka Kirehe FC, Amagaju FC na Sunrise FC zitwaye neza naho AS Muhanga yatakarije i Kigali

Ubwanditsi 08 Nov 2021
Perezida Kagame yongeye kuburira abatekereza guhungabanya umutekano w’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yongeye kuburira abatekereza guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 20 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru