• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nta kinyoma Uganda itazashinja u Rwanda, Ubu noneho umwanditsi Kakwenza Rukirabashaija wakorewe iyicarubozo bamuhinduye intasi y’u Rwanda

Nta kinyoma Uganda itazashinja u Rwanda, Ubu noneho umwanditsi Kakwenza Rukirabashaija wakorewe iyicarubozo bamuhinduye intasi y’u Rwanda

Ubwanditsi 04 Jan 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Kuwa kabiri w’icyumweru gishize nibwo umwanditsi Kakwenza Rukirabashaija yatawe muri yombi, azira kunenga cyane ubutegetsi bwa Perezida Museveni.

Inkuru yaherukaga kwandika, ni ivugaga ko …”Muhoozi Kainerugaba [Umuhungu wa Perezida Museveni] akunda agatama cyane, afite umubyibuho ukabije, utamwemerera kuba umusirikari mwiza n’ umugaba mukuru w’ingabo, bategura kuzaba umukuru w’igihugu”.

Uwitwa Aron Kiiza, umunyamategeko wa Rukirabashaija, akimara gutangariza ikinyamakuru The East African ko umukiliya we yakorewe iyicarubozo muri gereza, ku buryo ubu yihagarika akanaruka amaraso, imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu yahise ihaguruka, yamagana yivuye inyuma ubunyamaswa bwa polisi ya Uganda, ngo ikomeje guhohotera abaturage yagombye kurinda.

Nyuma yo kwamaganwa n’isi yose, Leta ya Uganda yashatse ibikarito ikinga abaturage mu maso, maze ivuga ko Kakwenza Rukirabashaija ari intasi y’u Rwanda. Ibi nabyo byanenzwe n’abatari bake, biganjemo n’abadafite aho babogamiye, basanga gushinja Rukirabashaija ibyaha atakoze ari ukwikura mu kimwaro, no gushaka kwegeka amakosa ku Rwanda, nk’uko ubutegetsi bwa Museveni busanzwe bubigenza iyo bugonzwe n’ikibazo budafitiye igisubizo.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, aherutse gutangaza ko Ubutegetsi bwa Uganda buhora bushaka gusiga icyasha u Rwanda, bukarushinja ibintu buri wese abona ko bidafite ishingiro. Perezida Kagame ati:”Ntibizagutangaze bavuze ko u Rwanda arirwo rwabateje Covid-19” (Biratangaje!)

Gushinja abantu kuba intasi z’u Rwanda ni umushinga Uganda imazemo imyaka myinshi. Nta munsi wira urwego rw’ubutasi muri icyo gihugu, CMI, rudahohoteye Abanyarwanda batuye cyangwa bagenda muri Uganda, rukabafungira ahantu hatazwi, rukabagira ibimuga, bagacuzwa utwabo, mbere yo kubajugunya ku mupaka w’ibihugu byombi.

Izo nzirakarengane zirimo abagore n’abana bashinjwa kuba intasi z’u Rwanda, nyamara ntawe barageza imbere y’ubutabera ngo aburanishwe ku byaha aregwa.

Mu minsi mike ishize abategetsi ba Uganda bashinje u Rwanda kohereza muri icyo gihugu amasashi yangiza ibidukikije. Abakurikiranira hafi ibijyanye n’ibidukikije bahaye inkwenene ibyo birego birimo n’ubuswa, kuko isi yose izi neza ko u Rwanda ruri ku isonga muri Afrika mu kurwanya amasashe,mu gihe ahubwo Uganda ari ikimoteri cyayo.

Uganda yitwaje kujya kurwanya umutwe wa ADF (nyamara washinzwe ukanaterwa inkunga na Perezida Museveni n’ibyegera bye), maze yohereza ibihumbi by’abasirikari n’ibitwaro karundura muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, ariko mu by’ukuri bajyanywe no gusahura no gukomeza gufasha imitwe y’iterabwoba igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Abantu banyuranye, biganjemo abatavuga rumwe na Museveni bamwokeje igitutu bamubaza igitumye yohereza abana ba Uganda gupfira mu mashyamba ya Kongo (dore ko ngo banapfa ku bwinshi, hagatangazwa umubare muto), maze uwo Kaguta-kabuhariwe mu binyoma atangira gushinja u Rwanda ko rwohereje ingabo muri Kongo.

Ibi nabyo byamukojeje isoni, kuko yaba Leta ya Kongo, zaba n’ingabo za Loni ziri muri icyo gihugu, MONUSCO, bose banyomoje ibihuha bya Museveni, bavuga ko nta musirikari n’umwe w’u Rwanda uri ku butaka bwa Kongo.

Uganda yugarijwe n’ibibazo by’ingutu, birimo ruswa, icyenewabo, imibereho y’abaturage irushaho kuba mibi cyane, n’ibindi birakaje cyane rubanda.

Mu rwego rwo kubarangaza rero, Museveni yahisemo guharabika u Rwanda, akarugaragaza nka nyirabayazana w’ingorane yananiwe kubonera ibisubizo.

Aribeshya ariko, kuko baba abaturage ba Uganda, yaba n’amahanga, ntawe utabona ko amayeri yamushiranye.

2022-01-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi yohereje abapolisi 70 mu butumwa bw’amahoro muri Sudan y’Epfo

Polisi yohereje abapolisi 70 mu butumwa bw’amahoro muri Sudan y’Epfo

Ubwanditsi 17 Mar 2016
Leta igiye gucukumbura  byimbitse ingaruka z’irekurwa ry’abo kwa Rwigara

Leta igiye gucukumbura byimbitse ingaruka z’irekurwa ry’abo kwa Rwigara

Ubwanditsi 07 Dec 2018
Perezida Kagame mu banyacyubahiro bitabiriye umukino ufungura igikombe cy’Isi

Perezida Kagame mu banyacyubahiro bitabiriye umukino ufungura igikombe cy’Isi

Ubwanditsi 15 Jun 2018
“Umutima w’umugizi wa nabi ntujya utuza. Kubera ubushotoranyi Uganda ikorera u Rwanda, mu maso ya Kaguta Museveni n’abambari be buri Munyarwanda ni intasi”.

“Umutima w’umugizi wa nabi ntujya utuza. Kubera ubushotoranyi Uganda ikorera u Rwanda, mu maso ya Kaguta Museveni n’abambari be buri Munyarwanda ni intasi”.

Ubwanditsi 01 Nov 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ban Ki moon yasabye ibihugu guta muri yombi abakekwaho ibyaha bya Jenoside
Mu Mahanga

Ban Ki moon yasabye ibihugu guta muri yombi abakekwaho ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 07 Apr 2016

Perezida Museveni arashinjwa gutunganya zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe

Ubwanditsi 26 Jun 2019
Itangazamakuru ryo muri Australia ryatahuye abajenosideri 2 bari muri icyo gihugu
Amakuru

Itangazamakuru ryo muri Australia ryatahuye abajenosideri 2 bari muri icyo gihugu

Ubwanditsi 26 Feb 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru