• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Umujenosideri utabyicuza ahubwo ugikwiza ingengabitekerezo ya Jenoside, kumwita umwanda uhumanya bikwiye kuba urubanza?

Umujenosideri utabyicuza ahubwo ugikwiza ingengabitekerezo ya Jenoside, kumwita umwanda uhumanya bikwiye kuba urubanza?

Editorial 09 Jan 2022 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Rwanda

Umwe mu Banyarwanda bakurikiraniye hafi ikibazo cy’abajenosideri 8 basabirwa kwirukanwa mu gihugu cya Niger, aherutse kwandika ku mbuga nkoranyambga ko bariya bantu ari “umwanda uhumanya”, kuko asanga n’ubu batarareka ubugome bahora bagambiriye gukorera Abanyarwanda.

Ubu butumwa bukimara kujya hanze, uwitwa UWIMANA Albert uvuga ko ari umuhungu wa Anatole Nsengiyumva, umwe mu bajenosideri ruharwa bari muri Niger, yasimbukiye ku isunzu ry’inzu ngo bamutukiye umubyeyi, ndetse ashyira iterabwoba ku wanditse buriya butumwa ngo agiye kuregera inkiko. Kwiyambaza ubutabera ni uburenganzira bwa buri wese, ariko n’utagera aragereranya.

Anatole Nsengiyumva yabaye Colonel mu ngabo zatsinzwe, aho kurinda Igihugu arakirimbura. Yahamwe n’uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse anabifungirwa imyaka 15 yose. Hari abumva icyo gihano ari gito, ariko igikuru ni icyaha cyamuhamye.

Haba mu rubanza rwe mu Rukiko Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda, haba no muri gereza i Arusha muri Tanzaniya, Anatole Nsengiyumva yaranzwe no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko ari “ibihimbano bya FPR-Inkotanyi”.

Aho afunguriwe agakomeza gukerakera mu mujyi wa Arusha, yakomeje gukwiza ingengabitekerezo ya Jenoside, avuga ko ahubwo Abatutsi aribo bishe Abahutu.

Abahohotewe akaba aribo ahindura abicanyi, nk’uko yagiye abivugira mu bitangazamakuru binyuranye.

Anatole Nsengiyumva yakomeje gushyigikira imitwe y’iterabwoba nka FDLR, ndetse we na bagenzi be barimo “Capt” Innocent Sagahutu, bafashwe kenshi bagerageza kujya mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo aho iyo mitwe ifite indiri.

Iyo usomye ibitabo n’izindi nyandiko zihakana zikanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, nk’iby’Umubiligi Filip Rentjens, Umunyakanadakazi Judi Rever n’abandi biyemeje guhindanya isura y’u Rwanda, usangamo ubuhamya bw’abajenosideri barimo Anatole Nsengiyumva.

Umuntu nk’uyu kumugereranya n’umwanda uhumanya byakwitwa guca inka amabere, kandi bigaragarira buri wese ko akijunditse ubuvunderi bwo kwanduza Abanyarwanda?

None se Muvandimwe Uwimana Albert, usesenguye iyi myitwarire y’umubyeyi wawe, usanga ibi bitaniye he n’umwanda uhumanya, cyangwa uburozi n’ubu Anatole Nsengiyumva agitamika Abanyarwanda?

Bwana Uwimana, ntawe ukwiye kuguhora ibyaha umubyeyi wawe yakoze, kuko icyaha ari gatozi. Rwose uzabikwitirira uzamushyikirize inkiko.

Ariko aho kurakazwa n’uko abantu bamubona, ubaye intwari wamushishikariza guhinduka, agasaba imbabazi ku byaha ndengakamere yakoreye Igihugu cye kandi cyawe, akareka kumarisha isi ibirenge, ahubwo agataha mu Rwamubyaye, kandi rwiteguye kumwakira nk’umwana w’ikirara.

Kuba warabaye umusirikari mu Ngabo z’u Rwanda hagati y’1997 kugeza muw’2003 nk’uko ubivuga, ni ibyo gushimirwa, kuko wowe watanze umusanzu wawe mu kubaka u Rwanda, mu gihe so we yatanze uwo kurusenya. Wowe wabaye umusemburo w’amahoro, mu gihe so Anatole Nsengiyumva yabaye , n’ubu akiri umwanda uhumanya.

Ese koko Bwana Uwimana Albert, iyo uganiriye n’abaturage bo mu yahoze ari Perefegitura ya Gisenyi, ndetse ukanambuka mu yahoze ari Perefegitura ya Kibuye, bakubwira ko umubyeyi wawe yabereye imbuto y’ubumwe? Cyangwa n’ubu iyo bamwumvise basesa urumeza kubera amahano yahakoze? Ukuri nyako nawe urakuzi.

Kuba atarerura ngo abasabe imbabazi ahubwo akaboherereza ubutumwa bubatanya, bubatera ubwoba, bushaka kubasubiza ahabi yabasize, ni gute batamufata nk’umwanda ushobora kubahumanya?

Bwana Uwimana Albert, reka gushakira ikibazo aho kitari, witandukanye na so, kuko imyitwarire ye ahubwo aricyo kibazo. Ntuzagwe mu mutego wo kumutagatifuza, nk’uko hari abakomoka ku bajenosideri bagerageza guhisha ibiganza by’ababyeyi babo bijejeta amaraso.

Ngirango ujya wumva amateshwa y’abo muri Jambo Asbl, kandi ntukabe nkabo warabaye ingabo. Niba ariko wumva utsimbaraye ku rubanza, bwira so Anatole Nsengiyumva aze arwiburanire, kuko n’ubundi ibyo yishoyemo, byamugize umwanda uhumanya, atari wowe wabimutumye kandi niwemera kuba umuzimdaro w’abajenosideri nabwo ubigaragaze tugire agatebo tugushyiramo tumenye ngo nurengera uzagongwa n’itegeko rikore akazi.

2022-01-09
Editorial

IZINDI NKURU

Amafoto – Perezida Kagame yatangije Iserukiramuco rizwi nka  “Giants of Africa”, anashyira ibuye ry’ifatizo kuri “Zaria Court Kigali”

Amafoto – Perezida Kagame yatangije Iserukiramuco rizwi nka “Giants of Africa”, anashyira ibuye ry’ifatizo kuri “Zaria Court Kigali”

Editorial 14 Aug 2023
Ibintu 9 Kiliziya Gatorika yasabye Leta y’u Rwanda

Ibintu 9 Kiliziya Gatorika yasabye Leta y’u Rwanda

Editorial 05 Feb 2018
Komisiyo y’Igihugu y’amatora yasimbuje abadepite batatu barimo Depite Nyandwi Désiré witabye Imana

Komisiyo y’Igihugu y’amatora yasimbuje abadepite batatu barimo Depite Nyandwi Désiré witabye Imana

Editorial 28 Oct 2016
Hatangajwe amatsinda y’uko amakipe azahura mu mikino y’irushanwa ritegura shampiyona y’u Rwanda y’umukino w’intoki wa Basket ball

Hatangajwe amatsinda y’uko amakipe azahura mu mikino y’irushanwa ritegura shampiyona y’u Rwanda y’umukino w’intoki wa Basket ball

Editorial 18 Apr 2021
Amafoto – Perezida Kagame yatangije Iserukiramuco rizwi nka  “Giants of Africa”, anashyira ibuye ry’ifatizo kuri “Zaria Court Kigali”

Amafoto – Perezida Kagame yatangije Iserukiramuco rizwi nka “Giants of Africa”, anashyira ibuye ry’ifatizo kuri “Zaria Court Kigali”

Editorial 14 Aug 2023
Ibintu 9 Kiliziya Gatorika yasabye Leta y’u Rwanda

Ibintu 9 Kiliziya Gatorika yasabye Leta y’u Rwanda

Editorial 05 Feb 2018
Komisiyo y’Igihugu y’amatora yasimbuje abadepite batatu barimo Depite Nyandwi Désiré witabye Imana

Komisiyo y’Igihugu y’amatora yasimbuje abadepite batatu barimo Depite Nyandwi Désiré witabye Imana

Editorial 28 Oct 2016
Hatangajwe amatsinda y’uko amakipe azahura mu mikino y’irushanwa ritegura shampiyona y’u Rwanda y’umukino w’intoki wa Basket ball

Hatangajwe amatsinda y’uko amakipe azahura mu mikino y’irushanwa ritegura shampiyona y’u Rwanda y’umukino w’intoki wa Basket ball

Editorial 18 Apr 2021
Amafoto – Perezida Kagame yatangije Iserukiramuco rizwi nka  “Giants of Africa”, anashyira ibuye ry’ifatizo kuri “Zaria Court Kigali”

Amafoto – Perezida Kagame yatangije Iserukiramuco rizwi nka “Giants of Africa”, anashyira ibuye ry’ifatizo kuri “Zaria Court Kigali”

Editorial 14 Aug 2023
Ibintu 9 Kiliziya Gatorika yasabye Leta y’u Rwanda

Ibintu 9 Kiliziya Gatorika yasabye Leta y’u Rwanda

Editorial 05 Feb 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru