• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibitego, uduhigo, amarira… Ibihe bidasanzwe byagize Lionel Messi igihangange ku Isi   |   01 Sep 2026

  • Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi   |   31 Aug 2026

  • Wazalendo yafashe abasirikare babiri b’Abarundi i Baraka, bajyanwa i Kinshasa: Ubwumvikane buke hagati ya FARDC n’ingabo z’u Burundi bwaturutse he?   |   31 Aug 2026

  • Police FC yasezereye Rayon Sports igera ku mukino wa nyuma wa Super Cup 2026 isanzeyo Kiyovu SC yo yasezereye Mukura VS   |   28 Aug 2026

  • U Rwanda rwabonye inguzanyo ya miliyari 280 Frw yo kuzamura ibikorwaremezo   |   26 Aug 2026

  • Volleyball: Mu mikino y’igikombe cy’Afurika mu Bagore iri kubera muri Kenya, U Rwanda rwandagaje Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC)   |   26 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ariko bamwe mu Banyamerika barega u Rwanda “gushimuta” icyihebe Paul Rusesabagina, bibuka ibyo igihugu cyabo cyakoze muri Libya, Pakistan n’ahandi henshi?

Ariko bamwe mu Banyamerika barega u Rwanda “gushimuta” icyihebe Paul Rusesabagina, bibuka ibyo igihugu cyabo cyakoze muri Libya, Pakistan n’ahandi henshi?

Ubwanditsi 20 May 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Ubu impaka ziri mu itangazamakuru ryo mu Burayi n’Amerika, ni ukumenya niba Abanyamerika bemerewe kugaba ibitero mu bindi bihugu bitwaje kujya gufata no kwica ibyihebe byo mu mitwe y’iterabwoba, ibindi bihugu byahana ibyihebe byabyo, biciye mu nkiko, bikaba icyaha.

Zimwe mu ngero zagarutsweho, ni urwa Bin Laden, umukuru wa Al Qaeda wiciwe muri Pakistan mu mwaka wa 2011, atanahawe amahiwe yo gushyikirizwa ubucamanza ngo bube ari bwo bumugenera igihano. Bin Laden yarishwe, bifatwa nk’ibisanzwe kuko byakozwe n’ abanyamaboko, yewe na Pakistan ntiyinubira kuba ubusugire  bwayo bwaravogerewe.

Tariki 05 Ukwakira 2013, igisirikari cy’Amerika cyagabye ibitero bibiri muri Somaliya na Libya, bikaba ngo byari bigamije guhiga Abou Anas Al-LIBI waje gushimutirwa muri Libya, akajyanwa ahantu n’ubu hatazwi. Libya yahise ivuga ko itishimiye icyo gikorwa cyo kuyivogera no “gushimuta” umuturage wayo, ariko Johm Kerry wari Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika atangaza ko” iyo hagamijwe guhiga ibyihebe Amerika itamenyereye kugisha inama ibihugu abo bagizi ba nabi barimo, kandi ko izakomeza ibikorwa byo kubabuza amahwemo abo bagome, ntacyo yishisha”.

Umunyamategeko Victor Comras ukora mu nzego zishinzwe kurwanya iterabwoba muri Amerika, avuga ko ibyo Amerika ikora byemewe n’amategeko, cyane cyane itegeko riha ububasha Perezida kohereza ingabo mu bikorwa byo guhashya ibihugu, imitwe y’iterabwoba cyangwa abantu ku giti cyabo bagambiriye kubuza America umutekano, bakoresheje iterabwoba.
Marcelo Kohen wigisha mu Ishuri Rikuru Ryigisha Amategeko Mpuzamahanga , IHEID, ryo mu Busuwisi, we siko abibona, ahubwo asanga ibyo bikorwa by’Amerika bibangamiye cyane amategeko mpuzamahanga arengera ubusugire bw’ ibihugu.

Icyihebe Paul Rusesabagina cyaribeshye, ubuswa bukigusha mu mutego wakigejeje i Kigali, aho ubutabera bwari bumutegereje ngo asubize ku byaha yari amaze igihe yarishoyemo, birimo kurema no kujya mu mutwe w’iterabwoba wa FLN. Nubwo nyir’ubwite yiyemereye ko yabaye muri uwo mutwe wishe abantu mu duce tunyuranye tw’uRwanda, Rusesabagina ntiyishwe nk’uko byagendekeye Bin Laden, ahubwo yaburanishirijwe mu ruhame, urukiko ruba ari rwo rumuhamya ibyaha, arabihanirwa.

Bimwe mu bimenenyetso byahamije ibyaha Rusesabagiba byatanzwe n’inzego z’umutekano z’Amerika.

Igitangaje rero, ni bamwe mu banyapolitiki bo muri Amerika birengagiza ibyo igihugu cyabo gikora hirya no hino ku isi, kikica cyangwa kigafata abo cyita”ibyihebe”, kikitaye ku mategeko n’amahame mpuzamahanga abuza kuvogera ubusugire bw’ibindi bihugu, ndetse n’ateganya ko umuntu aba akiri umwere iyo inkiko zitaramuhamya icyaha.

Ese umuntu aba icyihebe iyo abangamiye Amerika gusa, yaba yahungabanyije umutekano w’uRwanda akaba umwere, n’iyo yaba yarabihamijwe n’inkiko?

Aba Banyamerika birirwa baririmba “ishimutwa”rya Rusesabagina baguye mu mutego w’umuryango we, basaba abo “banyabubasha” gushyira igitutu ku Rwanda ngo rurekure umwicanyi,Paul Rusesabagina, hagendewe ku gitinyiriro cyabo gusa. Aha ariko biyibagiza ko igihe cyo gutanga amabwiriza no gutegeka Abanyarwanda uko bagomba kubaho cyarangiye.

Ku rundi ruhande ariko bamwe mu bategetsi muri Amerika bafite ipfunwe ryo kuba barahaye igihembo umutekamutwe Rusesabagina(escroc), ubeshya ngo yakijije abahigwaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Baragerageza kumutagatifuza rero, kugirango bivane mu isoni zo guhemba Oussaa Bin Laden w’Umunyarwanda.
Imyitwarire ya bariya Banyamerika bashyigikiye Rusesabagina(icyiza ni uko babarirwa ku mitwe y’intoki, kuko abenshi bazi ukuri), iragaragaza irondaruhu ryabagize imbata, bagatinyuka gusuzugura Abanyarwanda nk’aho bo batava amaraso nk’Abanyamerika b’inzirakarengane bicwa cyangwa bishwe n’imitwe y’iterabwoba
Baracyadufata nk’abacakara, ariko iyo ngoyi tugomba kuyibohora byanze bikunze.

Umunyabyaha wese, yaba umuzungu, umwarabu cyangwa umwirabura, agahanwa nk’uko uburenganzira bwa muntu birirwa baririmba bubiteganya.

2022-05-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Abakinnyi b’u Rwanda U20 binjiye mu mwiherero wa CECAFA

Amafoto – Abakinnyi b’u Rwanda U20 binjiye mu mwiherero wa CECAFA

Ubwanditsi 23 Sep 2024
Uburundi bwatangiye gusibanganya ibimenyetso bwica  Imbonerakure zikekwaho kuzatanga ubuhamya muri ICC

Uburundi bwatangiye gusibanganya ibimenyetso bwica Imbonerakure zikekwaho kuzatanga ubuhamya muri ICC

Ubwanditsi 01 Dec 2017
Amafoto – Nyuma yo kwerekana abatoza bashya ku ikipe ya Rayon Sports, bahise banatangiza imyitozo harimo n’abakinnyi bashya usibye Pierrot

Amafoto – Nyuma yo kwerekana abatoza bashya ku ikipe ya Rayon Sports, bahise banatangiza imyitozo harimo n’abakinnyi bashya usibye Pierrot

Ubwanditsi 03 Feb 2022
Iyicwa rya Hafsa Mossi rikomeje gushyira Leta y’u Burundi mu bibazo kubera uruhare barugizemo

Iyicwa rya Hafsa Mossi rikomeje gushyira Leta y’u Burundi mu bibazo kubera uruhare barugizemo

Ubwanditsi 18 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gakenke: Polisi y’u Rwanda yakanguriye abaturage kwirinda ihohoterwa ryo mu ngo
Mu Mahanga

Gakenke: Polisi y’u Rwanda yakanguriye abaturage kwirinda ihohoterwa ryo mu ngo

Ubwanditsi 02 May 2016
FA Cup: Chelsea yasezereye Leicester City biyigoye
IMIKINO

FA Cup: Chelsea yasezereye Leicester City biyigoye

Ubwanditsi 19 Mar 2018
Umunyarwanda uba muri Amerika aratabaza Perezida Kagame
ITOHOZA

Umunyarwanda uba muri Amerika aratabaza Perezida Kagame

Ubwanditsi 01 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru