• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Rayon Sports yasezeye mu gikombe cy’Amahoro 2023 ishinja FERWAFA imitegurire idahwitse

Rayon Sports yasezeye mu gikombe cy’Amahoro 2023 ishinja FERWAFA imitegurire idahwitse

Ubwanditsi 08 Mar 2023 Amakuru, IMIKINO

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 8 Werurwe 2023 nibwo ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko iyi kipe yikuye mu gikombe cy’Amahoro 2023.

Ibi bije nyuma yaho iyi kipe yagombaga gukina umukino wo kwishyura na Intare FC wa 1/8 cy’irangiza, ibi bikaba bivuze ko ikipe y’Intare ikomeza muri 1/4 aho izahura na Police FC.

Intangiriro z’uko Rayon Sports idakomeza byahereye ku ibura ry’ikibuga cy’i Mubanga Isanzwe yakiriraho.

Ikibuga cya Muhanga nticyabashije kuboneka bitewe nuko muri iyo stade habereyemo umunsi mpuzamahanga w’umugore ndetse hakanaberamo imikino ya nyuma y’Umurenge Kagame Cup, ibi kandi bakaba barabimenyesheke Rayon Sports.

Iyi kipe nayo yahise ibimenyesha FERWAFA, hanzurwa ko umukino wa Rayon Sports ndetse n’Intare uzakinwa kuri uyu wa gatatu ku isaha ya saa sita n’igice, ibi byemejwe kandi nyuma yaho abashinzwe iyi stade bari bemerera Rayon Sprts ko umukino uzahabera.

Binyuze ku munyamabanga wa Rayon Sports, yabwiye itangazamakuru ko mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu ku isaha ya Saatatu n’igice, FERWAFA yabamenyesheje ko umukino utakibaye kuri uyu munsi.

Nkuko bigaragara mu ibaruwa ya FERWAFA, yabwiwe ko impamvu uyu mukino utakibaye ari uko  stade idafite amatara ashobora kwitabazwa mu gihe hakenerwa iminota y’ inyongera ku mikino yombi.

Binyuze muri icyo kiganiro n’itangazamakuru cyabereye ku kicaro cyayo ku Kimihurura, umuyobozi wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidèle yatangaje ko iyi kipe yikuye muri iri rushanwa bitewe nuko imitegurire y’iri rushanwa idahwitse.

Ikijyanye n’iyo mitegurire, uyu muyobozi yavuze ko bamenyeshejwe ko uyu mukino utakibaye , uyu muyobozi avuga ko byabatunguye kuko babimenyeshejwe habura amasaha abiri gusa kugirango umukino ukinwe kuko bari mu nzira berekeza aho umukino ubera.

Uyu muyobozi yakomeje avuga ko iyi kipe ari umunyamuryango kimwe n’abandi ariko habayeho utubahwa kuko bafatiwe icyemezo cyo guhindura umukino bibayunguye, aha avuga ko kandi bafatiwe ibyemezo biyigaragura  ndetse amategeko ntiyubahirijwe.

Gusa hari amahirwe ko iyi kipe yagaruka mu irishanwa mu gihe FERWAFA izaza ikabanira na Rayon Sports, Uwayezu ati “ Nibatwegera tukabona ko ibyari bitubangamiye bishoboka tuzavugana nabo ariko kugeza ubu batwishe mu mutwe, twebwe twafashe umwanzuro wo gusezera mu gikombe cy’Amahoro 2023.”

Asoza ubwo yari muri iki kiganiro, Uwayezu uyibora Rayon Sports yavuze ko ubu ikipe ya Gikundiro igiye guhanga amaso imikino y’igikombe cya Shampiyona y’uyu mwaka wa 2022-2023 kugirango barebe ko bagitwara bazasohokere igihugu.

Iyi kipe ya Rayon Sports ibaye ikipe ya Gatatu isezeye mu mikino y’igikombe cy’Amahoro 2023, ni nyuma ya As Kigali ndetse na Gasogi United.

2023-03-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunsi wa 10 wa shampiyona usize Tchiamas watozaga Gicumbi FC asezeye, abatoza bakuru ba APR FC na Police FC ntibatoje, ibyaranze uyu munsi

Umunsi wa 10 wa shampiyona usize Tchiamas watozaga Gicumbi FC asezeye, abatoza bakuru ba APR FC na Police FC ntibatoje, ibyaranze uyu munsi

Ubwanditsi 23 Dec 2021
APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda

APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda

RUSHYASHYA 14 May 2026
U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’igikombe cya Afurika 2026 muri Volleyball ku makipe yabaye ayambere iwayo

U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’igikombe cya Afurika 2026 muri Volleyball ku makipe yabaye ayambere iwayo

Ubwanditsi 10 Dec 2025
Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika

Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika

RUSHYASHYA 26 May 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali: Yishe umusore babanaga, umurambo we awujugunya mu bwiherero
Mu Rwanda

Kigali: Yishe umusore babanaga, umurambo we awujugunya mu bwiherero

Ubwanditsi 24 Jul 2018
Mateso Jean De Dieu watoje ikipe ya AS Kigali ari ku rutonde rw’abatoza bifuzwa na Mukura VS irimo gutozwa na Nshimiyimana Canisius.
Amakuru

Mateso Jean De Dieu watoje ikipe ya AS Kigali ari ku rutonde rw’abatoza bifuzwa na Mukura VS irimo gutozwa na Nshimiyimana Canisius.

Ubwanditsi 03 Mar 2021
PSG yageze muri 1/2 cya UEFA Champions League isezereye Bayern Munichen, rutahizamu wayo Neymar atangaza ko azaguma muri iyi kipe.
Amakuru

PSG yageze muri 1/2 cya UEFA Champions League isezereye Bayern Munichen, rutahizamu wayo Neymar atangaza ko azaguma muri iyi kipe.

Ubwanditsi 14 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru