• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Abahagarariye amakipe 26, bahuguwe na FERWAFA kuri ‘CAF Club Licencing’ ikoresha ikoranabuhanga

Abahagarariye amakipe 26, bahuguwe na FERWAFA kuri ‘CAF Club Licencing’ ikoresha ikoranabuhanga

Editorial 13 Mar 2024 Amakuru, IMIKINO

Abahagarariye amakipe 26 arimo ayo mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri akina muri Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, bahuguriwe gukoresha ikoranabuhanga mu gutanga ibisabwa ngo amakipe yemererwe gukina shampiyona ‘CAF Club Licensing Online Platform’, CLOP.

Abahawe aya mahugurwa y’iminsi ibiri, ni abahagarariye amakipe yose 16 yo mu cyiciro cya mbere ndetse na 10 yo mu cyiciro cya kabiri ashobora kuvamo abiri azazamuka mu cyiciro cya mbere umwaka utaha w’imikino.

Bahuguwe n’inzobere z’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika, CAF, zaturutse muri Uganda.

Barimo Nakagwa Shirah, Umwarimu wa CAF wigisha amasomo ya ‘CAF Club Licensing’ na Kazoora Emmanuel, watanze amasomo kuri ‘CAF Club Licensing’ ikoresha ikoranabuhanga, CLOP.

Bigishije abayobozi b’amakipe yo mu Rwanda gukoresha ubu buryo bwa ‘CAF Club Licensing’ ikorerwa kuri interineti bidasabye ko hakorwa ingendo ndetse n’abagenzuzi bari basanzwe bagera kuri buri kipe.

Ni uburyo bujyanye n’intego za CAF ishaka kuzamura urwego rw’ireme ry’amarushanwa, kugira ngo amakipe yemererwe gukina shampiyona agomba kuba nta birarane by’imishahara abereyemo abakozi bayo.

Hari ukuba yarishyuye imisoro yose, yarishyuriye abakozi bayo ubwiteganyirize, kuba yarishyuye abakinnyi amafaranga yose yabaguzwe, kwishyura ibibuga ku babikodesha, kuba kandi nta mwenda ibereyemoFERWAFA, CAF na FIFA n’ibindi byose igomba kwishyura.

Buri kipe igomba kuba ifite amakipe nibura abiri y’abato, iy’abari munsi y’imyaka 20 n’abari munsi y’imyaka 14, igomba kwerekana ikibuga izajya yakiriraho imikino, icyo izajya ikoreraho imyitozo ndetse n’ibiro izajya ikoreramo.

Ibi byose amakipe ategekwa kuba yarangije kubikora tariki 31 Werurwe, buri mwaka kugira ngo izemererwe gukina umwaka ukurikiraho. Ndetse n’ibizakurikizwa umwaka utaha w’imikino bikaba bisabwa gukorwa muri uku kwezi kwa Werurwe 2024.

Ku byerekeranye n’ubuyobozi, buri kipe igomba kuba ifite ubunyamabanga, umuyobozi mukuru, ushinzwe umutungo, umuganga ubifitiye impamyabumenyi, umutoza mukuru ugomba kuba afite Licence A ya CAF, umutoza wungirije, umutoza w’ikipe y’abato ndetse n’uzaba ashinzwe gahunda ya FAC Club Licensing ikoresha ikoranabuhanga ‘CLOP’.

Ibi byose bikaba bigomba kuba byujujwe tariki 15 Nyakanga 2024.

Abahuguwe batahanye impamba

Abitabiriye aya mahugurwa bagaragaje ko yari akenewe kuko hari ubumenyi bushya bungutse ndetse no kuba hari ibyo bari basanzwe bazi ndetse bakora ariko batabikora uko bikwiye.

Umunyamabanga wa Rayon Sports, Namenye Patrick, yagize ati” Aya mahugurwa yadufashije kumenya ikoranabuhanga rishya CAF na FERWAFA bagiye gukoresha mu kuzuza ibisabwa ngo twemererwe kwitabira amarushanwa ya FERWAFA, ni uburyo butandukanye n’ubwari busanzwe bukoreshwa mu mwaka wa 2019 ku buryo bizatworohera kuzuza ibyateganyijwe byose.

Namenye yavuze kandi ko ibisabwa byinshi bari basanzwe babifite ari nabyo baheraho bashyira muri iri koranabuhanga.

Ati “Biratandukanye ariko na none nta kigoranye kirimo cyane kuko kuva FERWAFA yatangira gusaba amakipe icyangombwa cyo gukina amarushanwa yayo, ntabwo tugiye guhera ku busa.”

Yakomeje agira ati “Hari ibyo dusanzwe dufite, urugero, abanyamuryango ba FERWAFA bose bari bafite ibiro bakoreramo, basanzwe bafite abakozi bahoraho b’amakipe, ibibuga byari bisanzwe bihari n’ubundi nibyo tuzuzuzuza muri ubu buryo bushya.”

Umuyobozi wa Komisiyo Ishinzwe Amarushanwa muri FERWAFA, Turatsinze Amani Evariste, yavuze ko aya mahugurwa ari ingenzi ko agiye gukuraho urujijo ku kwitana ba mwana ku makipe cyane cyane ay’icyiciro cya kabiri.

Yagize ati: ”CAF Club Licensing idakozwe neza ntihabaho amarushanwa anoze. Ndabasaba kurangwa n’umucyo mu byo mukora byose, twebwe nka FERWAFA tubemereye ubufasha ku makipe yose yo mu Cyiciro cya Mbere ndetse n’amakipe 10 yo mu Cyiciro cya Kabiri bishoboka ko harimo azazamuka umwaka utaha.”

Yakomeje agira ati “Ibi bigeye guca urujijo rwari hagati y’amakipe cyane cyane ay’Icyiciro Cya Kabiri aho amwe muri yo yagiye atunga agatoki FERWAFA ko ubutumwa iyoherereza buba bwanditse nabi bikaba impamvu y’urw’itwazo rwo kutubahiriza igihe cyateganyijwe ngo ibisabwa bubebyatanzwe.”

Uburyo bwa ‘CAF Club Licensing Online Platform’, CLOP, bwatangijwe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika, CAF muri Nyakanga 2022 busimbuye ubwari busanzwe bwatangiye gukoreshwa mu 2019.

2024-03-13
Editorial

IZINDI NKURU

Nyuma yaho umuhanzikazi Queen Cha asezereye muri The Mane, Marina nawe yanditse ibaruwa isezera muri iyo nzu ifasha abahanzi iyoborwa na Bad Rama.

Nyuma yaho umuhanzikazi Queen Cha asezereye muri The Mane, Marina nawe yanditse ibaruwa isezera muri iyo nzu ifasha abahanzi iyoborwa na Bad Rama.

Editorial 28 Apr 2021
Ruswa ivuza ubuhuha mu nteko Ishinga Amategeko y’Abanyaburayi, yaba ariyo ituma bamwe mu badepite bayo bikoma u Rwanda?

Ruswa ivuza ubuhuha mu nteko Ishinga Amategeko y’Abanyaburayi, yaba ariyo ituma bamwe mu badepite bayo bikoma u Rwanda?

Editorial 12 Dec 2022
MENYA UKURI: AMATEKA N’IMITERERE YA IDAMANGE IRYAMUGWIZA YVONNE

MENYA UKURI: AMATEKA N’IMITERERE YA IDAMANGE IRYAMUGWIZA YVONNE

Editorial 15 Feb 2021
Kansiime Julius na Geoffrey Zawadi bayoboye abandi bifuza kuyobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki mu Rwanda FRVB mu matora ategerejwe muri uku kwezi kwa Werurwe 2021

Kansiime Julius na Geoffrey Zawadi bayoboye abandi bifuza kuyobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki mu Rwanda FRVB mu matora ategerejwe muri uku kwezi kwa Werurwe 2021

Editorial 16 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’impfu z’abari abayobozi ba FLN, Gen. Hamada arakusanya inkunga zo kwisuganya
INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’impfu z’abari abayobozi ba FLN, Gen. Hamada arakusanya inkunga zo kwisuganya

Editorial 27 Jan 2020
Leta y’u Burundi irashinjwa kohereza rwihishwa abasirikari n’imbonerakure muri Kongo
Amakuru

Leta y’u Burundi irashinjwa kohereza rwihishwa abasirikari n’imbonerakure muri Kongo

Editorial 28 Jul 2022
Bobi Wine agiye kuburanishwa n’urukiko rwa gisirikare nyuma yo gufatanwa imbunda
POLITIKI

Bobi Wine agiye kuburanishwa n’urukiko rwa gisirikare nyuma yo gufatanwa imbunda

Editorial 15 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru