• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abasirikari benshi b’Afrika y’Epfo baba barishyize mu maboko ya M23!

Abasirikari benshi b’Afrika y’Epfo baba barishyize mu maboko ya M23!

Ubwanditsi 03 Apr 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

Amakuru dukesha urubuga “National security News” rwo muri Afrika y’Epfo, aravuga ko mu mpera z’icyumweru gishize hari abasirikari “benshi” b’icyo gihugu bashyize intwaro hasi ubwo bari boherejwe ku rugamba kurwana na M23, maze bishyira mu maboko y’uwo mutwe uhanganye n’igisirikari cya Leta ya Kongo n’abayishyigikiye.

Uretse kwemeza ko ari benshi, urwo rubuga ntiruvuga umubare nyawo w’ababaye ingwate za M23, gusa rwongeyeho ko muri abo harimo n’abakomoka muri Malawi.

Igisirikari cy’Afrika y’Epfo cyahakanye aya makuru, kivuga ko agamije guharabika isura yacyo. Gusa abasanzwe bakurikira uru rubuga bavuga ko rukunze gutanga amakuru yizewe.

Malawi yo kugeza ubu yaruciye irarumira.

Afrika y’Epfo na Malawi ni bimwe mu bihugu byohereje ingabo muri Kongo, mu butumwa bw’umuryango SADC.

izo ngabo zagiye mu ntambara yo mu burasirazuba bwa Kongo kuva mu mpera z’umwaka ushize, zisimbuye yo iz’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba, zo zirukanywe muri Kongo, zimaze kwanga kwivanga mu ntambara zabonaga ko yarangizwa n’inzira y’ibiganiro.

Kugeza ubu Leta y’Afrika y’Epfo yemera ko imaze gutakaza abasirikari 2 gusa, nubwo amakuru atangwa n’abadafite aho babogamiye ahamya ko abapfiriye ku rugamba, abakomeretse n’abafashwe mpiri ari benshi cyane.

Kuva Perezida Cyril Ramaphosa yafata icyemezo cyo kohereza ingabo 2.900 muri Kongo, imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, abanyapolitiki, sosiyetse sivile n’abandi bakurikiranira hafi ibyo muri Afrika y’Epfo, ntibahwemye kugaragaza ko icyo cyemezo kirimo ubuhubutsi, ndetse bakongeraho ko abo basirikari bazahurira n’akaga muri Kongo.

Zimwe mu mpamvu zishingirwaho n’abarwanya icyemezo cyo kohereza abasirikari b’Afrika y’Epfo muri Kongo, ni uko ngo batahawe imyitozo ihagije mbere yo koherezwa ku rugamba, kandi bakaba batazi akarere k’imirwano nk’uko abarwanyi ba M23 bakamenyereye cyane, dore ko abenshi ari ho bavukiye.

Ikindi, ngo igisirikari cy’Afrika y’Epfo nta bikoresho bihagije kandi bigezweho kigifite, dore ko ngo ibyo cyahoranye byashaje, amafaranga yo kubisimbura akigira mu mifuka y’ibikomerezwa, kubera ruswa yamunze inzego zose z’icyo gihugu.

Indi ngingo ikomeye cyane, ndetse inahurizwaho n’impuguke nyinshi muri politiki, ni uko intambara ya Kongo idashobora kurangizwa n’urusaku rw’imbunda, ko ahubwo Abakongomani ubwabo bakwiye kwicarana ku meza y’ibiganiro, bagashakira hamwe umuti w’ibibatanya bahereye mu mizi yabyo.

Thabo Mbeki wigeze kuba Perezida W’Afrika y’Epfo nawe aherutse guteza ubwega, yamagana ubutegetsi bw’igihugu cye bufasha Leta ya Kongo guhohotera igice kimwe cy’abaturage bayo.

Uwo musaza ufite ijambo rikomeye mu ruhando mpuzamahanga, yunze mu rya Nyakwigendera Nelson Mandela, isi yose yubahira kuba yarakuye abaturage b’Afrika y’Epfo mu bucakara bwa gashakabuhake, mbere yo gutabaruka nawe akaba yaramaganye ivangura rikorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda.

Abo bakambwe bombi bavuze ko icyo gice cy’Abakongomani nigikomeza gufatwa nk’abanyamahanga mu gihugu cyabo, nta kabuza kizashaka uko cyirwanaho, kandi ko nta gisirikari kizabakoma imbere uko cyaba gikomeye kose.

Ibi byose Perezida Ramaphosa yabyimye amatwi, ahitamo gushora abasirikari be mu ntambara batazi impamvu yayo, none dore ingaruka zatangiye kubisukiranyaho.

Ramaphosa yashyize imbere inyungu ku giti cye n’agatsiko ke, dore ko bitakiri ibanga Tshisekedi yamweguriye ibirombe by’amabuye y’agaciro, azacukura igihe cyose azaba amufasha guhangana na M23.

Ibyo birombe nyamara ahubwo bishobora kuzaba irimbi ry’urwo rubyiruko yohereje mu mikaka y’intare za Sarambwe, dore ko uwanze kumva atanze no kubona!

2024-04-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

M23 ibateje umwiryane: Umuriro watse hagati ya Perezida Tshisekedi na Minisitiri we w’Ingabo Guy Muadiamvita.

M23 ibateje umwiryane: Umuriro watse hagati ya Perezida Tshisekedi na Minisitiri we w’Ingabo Guy Muadiamvita.

Ubwanditsi 26 Jul 2024
Inzira ndende n’uruhererekane, RNC na FLN bakoresha  bagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Inzira ndende n’uruhererekane, RNC na FLN bakoresha bagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 29 Nov 2018
Botswana yasabye amahanga kotsa Perezida Kabila igitutu akarekura ubutegetsi nta mananiza

Botswana yasabye amahanga kotsa Perezida Kabila igitutu akarekura ubutegetsi nta mananiza

Ubwanditsi 01 Mar 2018
Gatare na Tom Ndahiro bati “Hari Abanyamakuru b’ Abanazi, Ingabire Victoire akwiye gusaba imbabazi abanyarwanda

Gatare na Tom Ndahiro bati “Hari Abanyamakuru b’ Abanazi, Ingabire Victoire akwiye gusaba imbabazi abanyarwanda

Ubwanditsi 13 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

James Comey yunze mu ijwi ry’abavuga ko Trump adakwiye kuba perezida
POLITIKI

James Comey yunze mu ijwi ry’abavuga ko Trump adakwiye kuba perezida

Ubwanditsi 16 Apr 2018
Mugabe wayoboraga Zimbabwe agiye kubazwa ku gihombo cya miliyari zari kuva muri diamant
POLITIKI

Mugabe wayoboraga Zimbabwe agiye kubazwa ku gihombo cya miliyari zari kuva muri diamant

Ubwanditsi 22 May 2018
Amagambo atangaje ya Twagiramungu  ati ’Nta wambuza kuvuga kereka andashe mu kanwa ‘
Mu Rwanda

Amagambo atangaje ya Twagiramungu ati ’Nta wambuza kuvuga kereka andashe mu kanwa ‘

Ubwanditsi 13 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru