• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»AS Kigali yasubitse ibirori bya APR FC, ni nyuma yo kunganya 2-2 mu mukino wa shampiyona utarabereye igihe

AS Kigali yasubitse ibirori bya APR FC, ni nyuma yo kunganya 2-2 mu mukino wa shampiyona utarabereye igihe

Editorial 16 Apr 2024 Amakuru, IMIKINO

Kuri uyu wa mbere ikipe ya AS Kigali yakinaga na APR FC umukino w’ikirarane wa Shampiyona y’u Rwanda, banganya 2-2 bityo ikipe y’ingabo z’igihugu isubikirwa ibyo guhabwa igikombe.

Ni umukino w’umunsi wa 26 wa shampiyona y’u Rwanda wabereye kuri Kigali Pele Stadium, ni umukino wari bube mu minsi ishize ariko urasubikwa kuko APR FC yari yapfushize umutoza wayo DR Adel Zrane wongereraga abakinnyi ingufu.

Mbere y’uko uyu mukino ukinwa, ikipe ya APR FC iyo iwutsinda yari buhite yegukana igikombe cya shampiyona 2023/2024 kuko ikinyuranyo cy’Amanota yari bube ishyizemo ntabwo yari buzakurwemo n’ikipe ya kabiri mu mikino isigaye.

Mu gutangira uyu mukino wabanje gufatwa umunota umwe wo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Nyuma yawo nibwo umukino wahuje amakipe yombi watangiye, utangira neza ku ruhande rwa AS Kigali yafunguye amazamu ku munota wa 12 ku giteyo cyatsinzwe na Ishimwe Fiston.

Ibi byishimo ntibyatwaye umwanya munini kuko APR FC yahise yishyura iki gitego ubwo hari ku munota wa 15 w’umukino, ni igitego cyatsinzwe na Kwitonda Alain Bacca, bityo amakipe yombo ajya kuruhuka ari 1-1.

Amakipe avuye ku ruhuka mu gice cya kabiri cy’umukino, ikipe ya APR FC yabonye igiteto cya Kabiri cyatsinzwe na  Victor Mbaoma, ni  ku mupira yari ahawe na Ruboneka Bosco wari umaze gucenga Umunyezamu Hakizimana Adolphe.

Mu gihe, APR FC yari yizeye ko yegukana intsinzi ku bitego 2-1, Benedata Janvier wa AS Kigali ntabwo yababaniye kuko mu minota 5 y’inyongera bari bongeyeho ngo umukino urangire nibwo yabonye igitego cyo kwishyura bityo umukino urangira ari 2-2.

Kunganya kw’aya makipe byatumye Ikipe y’Ingabo isabwa byibuze irindi nota rimwe kugira ngo yegukane Shampiyona kuko igize amanota 60, irusha Rayon Sports 12 mu gihe hasigaye imikino ine.

Umukino ukurikiyeho ikipe ya APR FC izahura na Kiyovu SC kuri Kigali Pele Stadium, uyu mukino ukazakinwa kuwa Gatandatu w’iki cyumweru guhera saa cyenda zuzuye.

2024-04-16
Editorial

IZINDI NKURU

Ikipe y’igihugu y’abahungu U19 muri Cricket yerekeje muri Nigeria guhatanira itike yo kuzakina imikino ya nyuma  y’igikombe cya Afurika

Ikipe y’igihugu y’abahungu U19 muri Cricket yerekeje muri Nigeria guhatanira itike yo kuzakina imikino ya nyuma y’igikombe cya Afurika

Editorial 29 Sep 2022
Iyo bigeze ku Rwanda, BBC Gahuza iba umuzindaro w’umutwe wiyita Leta ya Islam (IS)

Iyo bigeze ku Rwanda, BBC Gahuza iba umuzindaro w’umutwe wiyita Leta ya Islam (IS)

Editorial 13 Aug 2021
Amafoto – Vision FC yatangaje Winner Bet Rwanda nk’umufatanyabikorwa wayo mu gihe cy’imyaka ibiri

Amafoto – Vision FC yatangaje Winner Bet Rwanda nk’umufatanyabikorwa wayo mu gihe cy’imyaka ibiri

Editorial 08 Nov 2024
CHAN 2018: U Rwanda rwatsinze Guinée Equatoriale

CHAN 2018: U Rwanda rwatsinze Guinée Equatoriale

Editorial 20 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ababiligi bakuriye inzira k’umurima Jambo asbl yashakaga guhakanira Genocide yakorewe Abatutsi mu nteko nshingamategeko yabo
INKURU NYAMUKURU

Ababiligi bakuriye inzira k’umurima Jambo asbl yashakaga guhakanira Genocide yakorewe Abatutsi mu nteko nshingamategeko yabo

Editorial 22 Feb 2018
Ndimbati yagizwe ambasaderi w’uruganda rwenga inzoga mpuzamahanga rwa Sky Drop Industries
Amakuru

Ndimbati yagizwe ambasaderi w’uruganda rwenga inzoga mpuzamahanga rwa Sky Drop Industries

Editorial 28 Dec 2022
Museveni yatsinze amatora Mbabazi atsindwa cyane
POLITIKI

Museveni yatsinze amatora Mbabazi atsindwa cyane

Editorial 25 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru