• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Interahamwe Havugimana “Actif” yazengereje abantu i Buruseli, yibonyemo iki?

Interahamwe Havugimana “Actif” yazengereje abantu i Buruseli, yibonyemo iki?

Editorial 23 Oct 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Mu Bubiligi ni hamwe mu hantu hake hasigaye urugomo rw’interahamwe, ukaba wakwibaza niba abashinzwe umutekano muri icyo gihugu bazitinya, niba ari ukudaha agaciro ubuzima bw’abo zihohotera cyangwa se niba bazishyigikiye.

Urugero ni urw’interahamwe yitwa Havugimana Jean Bosco, izwi cyane ku izina rya ” Actif”, ikaba yarahahamuye abo badahuje imyumvire iboze, ibita Inyenzi cyangwa Abatutsi.

Icyo cyigomeke cyamaze abantu kibakubita, ku buryo gifite amadosiye utabara muri polisi i Buruseli, ariko hakibazwa igituma adafatwa ngo aryozwe ubugome akorera inzirakarengane.

Uwo aheruka gusagarira ni umusaza Benoit Uwimana mu munsi mike ishize yahindaguriye ahitwa ” gare du Midi”, ari naho uwo Actif afite iseta, doreko ubusanzwe akora akazi ko gutwara tagisi.

Mu buhamya Bénoît Uwimana yahaye Igicaniro TV, yavuze ko iyo nterahamwe yamukubise imwita inyenzi, ndetse imubwira ko ibishatse yanamwica burundu!

Uwo “Actif” ni muramu wa Sebatware Marcel nawe uba mu Bubiligi, aho yahungiye amaze kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ubwo yategekaga uruganda rwa CIMERWA. Urukiko Gacaca rwahamije icyaha uyu Sebatware, ariko mu rwego rwo gukwepa ubutabera yigize ” utavuga rumwe na Leta y’uRwanda”, kugirango umunsi azafatwa azavuge ko azize impamvu za politiki.

Mushiki wa ” Actif” witwa “Daforoza”, akaba umugore wa Sebatware, nawe azwi cyane mu dutsiko tw’abagome bahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, dore ko yigeze guca ibintu mu cyitwaga “Ligue des Femmes pour la Démocratie ” cyari kigizwe ahanini n’abagore b’abajenosideri.

Havugimana J.Bosco alias Actif kandi ni mwishywa wa Gen. Nsabimana Déogratias alias Castar wari umugaba w’ingabo za FAR, akaza gupfira mu ndege imwe na shebuja Habyarimana Yuvenali. Ibyo rero” Actif” yabigize igikangisho, mbese abantu bakamutinyira ko yahoranye amaboko “mu kazu”, ni ukuvuga inkoramutima, nako inkoramaraso za Agatha Kanziga na Habyarimana.

“Actif” akomoka mu yahoze ari Komini Mukingo, muri Ruhengeri, bikanavugwa ko afitanye isano ya hafi na Yuvenal Kajerijeri wari Burugumesitiri w’iyo Komini, urukiko rw’Arusha rukaza kumukatira igifungo cya burundu, amaze guhamwa n’icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Muri make rero,”Actif” yakuriye mu ngengabitekerezo y’ivangura, ari nayo yamukwamiyemo kugeza n’ubu. Asigaye muri bake bakiyumvamo ubuhangange ngo ni” Abakiga”, babandi basigaye ku ruhu inka yarariwe keraaa! Ntibazi ko hashize imyaka 30 iyo turufu itakirya.

Abandi bari kumwe muri ako gaco kagwingiye mu bwonko, twavuga nka Jacques Munyazikwiye, Marcel Cyiza, uwiyita” Kabila”, n’abandi bakiri muri rya terabwoba rya” uzi ico ndico mwa?”

Icyo Abanyarwanda bari mu Bubiligi bakwiye gukora rero, si ukurebera abo bagizi ba nabi, ahubwo ni ugushishikariza inzego z’umutekano kubakiza izo nyangabirama. Amafoto yazo nimuyakwirakwize ahantu nyabagendwa no ku mbuga nkoranyambaga, kugirango bifashe abantu kubirinda.

Ikindi ni ugushyira hamwe, ntimwumve ko hari umwihariko w’abagomba guhohoterwa, kuko uhishira cyangwa urebera umurozi, bwacya akakumara ku rubyaro. Uyu munsi barahora abantu ko ari Abatutsi cyangwa Inkotanyi, ariko ejo bazashyekerwa noneho batangire no kwibasira n’abo bita ba “ntibindeba”, ni ukuvuga abatabafasha muri ubwo bugizi bwa nabi.

2024-10-23
Editorial

IZINDI NKURU

Gakenke: Urubyiruko rwa ADEPR rwakoze urugendo rwo gukangurira abandi kwirinda ibiyobyabwenge

Gakenke: Urubyiruko rwa ADEPR rwakoze urugendo rwo gukangurira abandi kwirinda ibiyobyabwenge

Editorial 10 Jul 2017
Nyuma y’imvune ya myugariro wa APR FC yagiriye mu mukino na As Kigali, Fitina Omborenga yiteguye kugaruka mu kibuga.

Nyuma y’imvune ya myugariro wa APR FC yagiriye mu mukino na As Kigali, Fitina Omborenga yiteguye kugaruka mu kibuga.

Editorial 08 Jun 2021
Abashukwa n’umutekamutwe Claude Gatebuke bagomba kumenya ko ari inzira yo kwisanga mu mitwe yitwaje intwaro muri Kongo

Abashukwa n’umutekamutwe Claude Gatebuke bagomba kumenya ko ari inzira yo kwisanga mu mitwe yitwaje intwaro muri Kongo

Editorial 14 May 2020
Kurekura Kabuga ngo ni uko ashaje ni agahomamunwa, abo arusha imyaka icumi bishe abayahudi baraburanishwa no muri iki gihe

Kurekura Kabuga ngo ni uko ashaje ni agahomamunwa, abo arusha imyaka icumi bishe abayahudi baraburanishwa no muri iki gihe

Editorial 13 Aug 2023
Gakenke: Urubyiruko rwa ADEPR rwakoze urugendo rwo gukangurira abandi kwirinda ibiyobyabwenge

Gakenke: Urubyiruko rwa ADEPR rwakoze urugendo rwo gukangurira abandi kwirinda ibiyobyabwenge

Editorial 10 Jul 2017
Nyuma y’imvune ya myugariro wa APR FC yagiriye mu mukino na As Kigali, Fitina Omborenga yiteguye kugaruka mu kibuga.

Nyuma y’imvune ya myugariro wa APR FC yagiriye mu mukino na As Kigali, Fitina Omborenga yiteguye kugaruka mu kibuga.

Editorial 08 Jun 2021
Abashukwa n’umutekamutwe Claude Gatebuke bagomba kumenya ko ari inzira yo kwisanga mu mitwe yitwaje intwaro muri Kongo

Abashukwa n’umutekamutwe Claude Gatebuke bagomba kumenya ko ari inzira yo kwisanga mu mitwe yitwaje intwaro muri Kongo

Editorial 14 May 2020
Kurekura Kabuga ngo ni uko ashaje ni agahomamunwa, abo arusha imyaka icumi bishe abayahudi baraburanishwa no muri iki gihe

Kurekura Kabuga ngo ni uko ashaje ni agahomamunwa, abo arusha imyaka icumi bishe abayahudi baraburanishwa no muri iki gihe

Editorial 13 Aug 2023
Gakenke: Urubyiruko rwa ADEPR rwakoze urugendo rwo gukangurira abandi kwirinda ibiyobyabwenge

Gakenke: Urubyiruko rwa ADEPR rwakoze urugendo rwo gukangurira abandi kwirinda ibiyobyabwenge

Editorial 10 Jul 2017
Nyuma y’imvune ya myugariro wa APR FC yagiriye mu mukino na As Kigali, Fitina Omborenga yiteguye kugaruka mu kibuga.

Nyuma y’imvune ya myugariro wa APR FC yagiriye mu mukino na As Kigali, Fitina Omborenga yiteguye kugaruka mu kibuga.

Editorial 08 Jun 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru