• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umwete w’ubuyobozi mu gushaka ibisubizo n’icyizere abaturage babufitiye, ni intwaro ifasha uRwanda gutsinda indwara z’ibyorezo” -Dr Craig Spencer

Umwete w’ubuyobozi mu gushaka ibisubizo n’icyizere abaturage babufitiye, ni intwaro ifasha uRwanda gutsinda indwara z’ibyorezo” -Dr Craig Spencer

Ubwanditsi 14 Nov 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, UBUZIMA

Kuva mu mpera z’ukwezi kwa Nzeri 2024, mu Rwanda hatahuwe indwara ya ” Marburg” ndetse inatwara ubuzima bw’abantu, cyane cyane abo mu nzego z’ubuvuzi.

Kubera ko iyo ndwara yandura cyane, byasabye ko Leta y’u Rwanda, ibinyujije muri Ministeri y’Ubuzima, yihutira cyane gutahura uruhererekane rw’abahuye n’uwanduye ngo bitabweho kandi batanduje abandi, gufata ingamba zirimo ubukangurambaga mu baturage, bujyanye no kumenyekanisha uko Marburg yandura, ibimenyetso byayo, n’uko yirindwa.

Kuri ibi hiyongereyeho no kwihutira gushaka inkingo, ndetse nk’uko byemezwa na Dr Craig Spencer umuganga, umushakashatsi ku ndwara ziterwa na virusi, akaba n’umwarimu muri kaminuza ya BROWN muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, mu minsi 8 gusa kuva umuntu wa mbere arwaye Murburg, abantu bari batangiye gukingirwa, uhereye ku batanga serivisi z’ubuvuzi.

Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru cya ” Brown University, School of Public Health” Dr Spencer yavuze ko ibi aribyo byafashije uRwanda gitsinda bwangu Marburg, rwongera kugaragaza ko ari igihugu gihangayikishwa n’ubuzima bw’abaturage bacyo, kuko cyihuta mu gushaka ibisubizo.

Dr Spencer kandi asanga kuba abaturage bafitiye ubuyobozi icyizere bifasha cyane mu kurwanya indwara nk’izi z’ibyorezo, kuko bashyira mu bikorwa amabwiriza ya Leta ajyanye no kwirinda, nyamara akunze kugorana mu bindi bihugu. Ibyo ngo ni nabyo byafashije uRwanda mu guhangana na Covid-19.

Mu kiganiro cye, Dr Craig Spencer yashimye uburyo nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi uRwanda rwashoye imbaraga nyinshi mu kubaka no gusana ibikorwaremezo by’ubuzima, no kubakira ubushobozi abakozi bo mu rwego rw’ubuzima, ari nabyo bituma rubasha guhangana n’indwara z’ibyorezo, no guteza imbere imibereho y’abaturarwanda muri rusange.

Mu gusoza, iyi mpuguke ndetse iri no mu itsinda ry’abaganga bagira inama guverinoma y’Amerika mu kurwanya indwara z’ibyorezo, isanga uko uRwanda rwitwaye mu guhangana na Marburg ari urugero rwiza ruzafasha ibindi bihugu mu gihe byaba bihuye n’icyorezo nk’iki.

Mu ntangiriro z’uku kwezi, ubwo Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, ryatangazaga ku mugaragaro ko nta ndwara ya Marburg ikirangwa mu Rwanda, naryo ryishimiye uburyo uRwanda rukorera mu mucyo, haba mu kugaragaza imiterere nyakuri y’ikibazo, haba no mu mikoranire n’abafatanyabikorwa mu rwego rw’ubuzima.

2024-11-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Andre Kazigaba wahoze muri RNC ubu akaba ari muri RRM ya Callixte Nsabimana yigambye kuri Ambasaderi Nikobisanzwe urupfu rw’Umunyarwanda Baziga Louis

Andre Kazigaba wahoze muri RNC ubu akaba ari muri RRM ya Callixte Nsabimana yigambye kuri Ambasaderi Nikobisanzwe urupfu rw’Umunyarwanda Baziga Louis

Ubwanditsi 25 Jan 2021
Urubyiruko rw’abakorerabushake rwiyemeje kugira uruhare mu bikorwa by’icyumweru cya Polisi

Urubyiruko rw’abakorerabushake rwiyemeje kugira uruhare mu bikorwa by’icyumweru cya Polisi

Ubwanditsi 28 Apr 2017
Loni yategetse ko ingabo z’amahanga ziri mu butumwa bw’amahoro mu ntara ya Darfur muri Sudani zisoza inshingano kuri iyi tariki ya 31 Ukuboza 2020, abaturage nabo barigaragambya banga ko zitaha. Birarangira bite?

Loni yategetse ko ingabo z’amahanga ziri mu butumwa bw’amahoro mu ntara ya Darfur muri Sudani zisoza inshingano kuri iyi tariki ya 31 Ukuboza 2020, abaturage nabo barigaragambya banga ko zitaha. Birarangira bite?

Ubwanditsi 31 Dec 2020
Kukwikoreza umutwaro wa Congo ni nko kukwikoreza umurambo w’impyisi

Kukwikoreza umutwaro wa Congo ni nko kukwikoreza umurambo w’impyisi

Ubwanditsi 02 Apr 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yasinyanye amasezerano n’umufatanyabikorwa mushya ‘RGL Security Company’
Amakuru

Rayon Sports yasinyanye amasezerano n’umufatanyabikorwa mushya ‘RGL Security Company’

Ubwanditsi 07 Jul 2023
Ethiopia: Perezida Kagame n’umufasha we bitabiriye inama rusange ya AU
Mu Rwanda

Ethiopia: Perezida Kagame n’umufasha we bitabiriye inama rusange ya AU

Ubwanditsi 02 Feb 2016
Petroli yongeye kuba ikibazo gikomeye mu Burundi
HIRYA NO HINO

Petroli yongeye kuba ikibazo gikomeye mu Burundi

Ubwanditsi 13 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru