• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»U Rwanda ruzongera kwitabira ibiganiro bya Luanda, ari uko Kongo iretse amacenga n’ubushotoranyi

U Rwanda ruzongera kwitabira ibiganiro bya Luanda, ari uko Kongo iretse amacenga n’ubushotoranyi

Ubwanditsi 16 Dec 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Itangazo Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda imaze gushyira ahagaragra, risobanura impamvu inama yabereye i Luanda muri Angola kuri uyu wa gatandatu tariki 14 Ukuboza 2024, hagati y’abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga b’u Rwanda, Kongo-Kinshasa na Angola nk’umuhuza, yarangiye nta mwanzuro wumvikanyweho.

Ibyo ngo byatewe n’uko Kongo yanze kwemera icyifuzo cy’umuhuza, usaba Leta y’icyo gihugu gushyikirana n’umutwe wa M23, kuko asanga ari ingirakamaro mu kurangiza intambara ikomeje kuyogoza uburasirazuba bwa Kongo.

Kuba inama y’abaminisitiri nta mwanzuro ufatika yagezeho, byanatumye iyagombaga guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi isubikwa, kuko bagombaga guhura bemeza ibyagezweho n’abaminisitiri babo.

Iryo tangazo riravuga ko iyo nama byanagaragaraga ko nta musaruro yari kugeraho, mu gihe abategetsi ba Kongo, barimo na Perezida Tshisekedi ubwe, bakomeje imvugo n’ibikorwa bigamije kugirira nabi ubutegetsi buriho mu Rwanda, bikanigaragaza mu mikoranire hagati y’igisirikari cya Kongo n’imitwe ibangamiye umutekano w’uRwanda, nka Wazalendo, igisirikari cy’uBurundi, abacancuro b’abanyaburayi ndetse n’abajenosideri ba FDLR.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’uRwanda ivuga kandi ko ubutegetsi bwa Kinshasa bushakisha amayeri yose yo guhunga ibyo isabwa, birimo no gusenya iyo FDLR, nk’uko bwabisabwe ariko bukabyemera bya nyirarureshwa.

Icyakora, uku gusubika inama ngo biraha amahirwe n’umwanya ibiganiro hagati ya Leta ya Kongo n’ umutwe wa M23, nk’uko umuhuza, Perezida Lourenço, ndetse n’abashyize imbaraga mu gushakira Kongo amahoro, babisaba bakomeje,

Itangazo rya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’uRwanda rirasoza rivuga ko ” hari ibyemezo Leta ya Kongo ikwiye kandi igomba kwifatira kuko ariyo bireba ubwayo, ikareka guhora yitwaza uRwanda kugirango ihunge inshingano”.

U Rwanda kandi ngo rwiteguye gusubukura kwitabira inama igihe bizagaragara ko ifite icyerekezo n’ingamba bihamye, biganisha ku gushaka umuti w’ibibazo mu buryo burambye.

2024-12-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunyamakuru wa BBC yirukanwe nyuma y’ikiganiro yagiranye n’umuhakanyi wa Jenoside Charles Onana

Umunyamakuru wa BBC yirukanwe nyuma y’ikiganiro yagiranye n’umuhakanyi wa Jenoside Charles Onana

Ubwanditsi 09 Feb 2020
Perezida wa Benin, Patrice Talon yavuze ko u Rwanda rwamenyekanye  kubera ubuyobozi bwiza

Perezida wa Benin, Patrice Talon yavuze ko u Rwanda rwamenyekanye kubera ubuyobozi bwiza

Ubwanditsi 30 Aug 2016
Trump yongeye kuvugwaho kwivanga mu iperereza ku kibazo cy’u Burusiya

Trump yongeye kuvugwaho kwivanga mu iperereza ku kibazo cy’u Burusiya

Ubwanditsi 08 Mar 2018
U Burundi bwanze kwitabira inama y’abakuru b’ibihugu bigize EAC bituma isubikwa

U Burundi bwanze kwitabira inama y’abakuru b’ibihugu bigize EAC bituma isubikwa

Ubwanditsi 30 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

ESE ABACIRA URUBANZA BAKANATUKA GITWAZA NI ABATAGATIFU?
Mu Mahanga

ESE ABACIRA URUBANZA BAKANATUKA GITWAZA NI ABATAGATIFU?

Ubwanditsi 28 Apr 2016
Perezida Kagame yashyikirije ubuyobozi Abdel Fattah el-Sisi,  anashimira Félix Tshisekedi wa RD-Congo
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yashyikirije ubuyobozi Abdel Fattah el-Sisi, anashimira Félix Tshisekedi wa RD-Congo

Ubwanditsi 10 Feb 2019
Amasashe ya pulasitiki 435,000 yafatiwe mu mikwabu Polisi y’u Rwanda yakoranye na REMA
Mu Mahanga

Amasashe ya pulasitiki 435,000 yafatiwe mu mikwabu Polisi y’u Rwanda yakoranye na REMA

Ubwanditsi 23 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru