• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Joseph Kabila yashinje Perezida Tshisekedi kuba nyirabayazana w’ibibazo byose Congo ifite

Joseph Kabila yashinje Perezida Tshisekedi kuba nyirabayazana w’ibibazo byose Congo ifite

Editorial 24 Feb 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Joseph Kabila, yagaragaje ko Perezida Tshisekedi wamusimbuye ku buyobozi ko ariwe zingiro ry’ibibazo byose igihugu cye gifite cyane cyane umutekano muke mu burasirazuba bw’icyo gihugu.

Mu nyandiko y’ibitekerezo yasohotse ku Cyumweru mu kinyamakuru Sunday Times cyo muri Afurika y’Epfo, Kabila yavuze ko umutekano mucye ukomeje kwiyongera atariwo kwitirirwa umutwe wa M23 gusa cyangwa umubano utifashe neza hagati ya Kinshasa na Kigali gusa.

Abarwanyi ba M23 bamaze iminsi bigarurira ibice binini byo mu burasirazuba bwa RDC bizwiho kugira umutungo kamere ukungahaye. Uku gutera imbere kwabo byateye impungenge z’uko iyi ntambara ishobora gukwira mu bihugu bituranye na RDC.

Kabila, wari Perezida wa RDC kugeza mu 2019 ubwo Tshisekedi yagirwaga Perezida kubwumvikane bikitirirwa ko yatsinze amatora yavuze ko umutekano mucye n’ibibazo biri mu gihugu byageze ku rwego rubi bikabije.

Yanakemanze amatora yo mu Ukuboza 2023 yatumye Tshisekedi atsindira manda ya kabiri, ayita “uburiganya” ndetse ashinja ubutegetsi buriho gucecekesha abatavuga rumwe nabwo no kugundira ubutegetsi.

Kabira yagize ati “Guhahamura abaturage, guta abantu muri yombi mu buryo butemewe n’amategeko, kwica abantu mu buryo butemewe n’amategeko, hamwe no guhunga ku gahato kw’abanyapolitiki, abanyamakuru n’abayobozi b’amadini ni bimwe mu biranga ubutegetsi bwa Tshisekedi,”

Kabila yaburiye ko kwibanda gusa ku kurwanya M23 cyangwa gukemura ibibazo biri hagati ya RDC n’u Rwanda bidashobora kuzana ituze.

Kabila yakomeje agira ati “Ihohotera ridashira ry’itegeko nshinga n’uburenganzira bwa muntu, kimwe n’ubwicanyi bukorerwa abaturage ba Congo n’inzego z’umutekano za Tshisekedi ntibizahagarara nubwo habaho ibiganiro hagati ya RDC n’u Rwanda cyangwa M23 itsindwa burundu,”

Kabila yemeza ko hatagize igikorwa ngo hakemurwe ibibazo by’imiyoborere mibi, RDC izakomeza guhura n’ibibazo bya politiki, intambara, ndetse bishobora no kuvamo intambara y’abenegihugu.

“Uburyo bwose bwashakwa ngo ibi bibazo bikemuke ariko butita ku mpamvu nyamukuru yabyo—ari yo miyoborere ya RDC iri mu maboko y’ubuyobozi buriho—ntibuzazana amahoro arambye.”

Kabila yavuze ibi nyuma y’imyaka igera kuri itanu ubwe atagaragara cyane muri politike n’itangazamakuru.

2025-02-24
Editorial

IZINDI NKURU

Bwana André Kazigaba, jya uvuga uziga, kuko ubwibone no  gushyanuka bizagushyira  mu kaga karenze ako wishoyemo

Bwana André Kazigaba, jya uvuga uziga, kuko ubwibone no  gushyanuka bizagushyira  mu kaga karenze ako wishoyemo

Editorial 26 Jan 2021
Karongi: Abakora umwuga w’uburaya banduye Sida mu bibazo bibakomereye

Karongi: Abakora umwuga w’uburaya banduye Sida mu bibazo bibakomereye

Editorial 02 Apr 2019
Indege ya Ethiopian airlines yakoze impanuka ihitana abantu 157 (Yavuguruwe)

Indege ya Ethiopian airlines yakoze impanuka ihitana abantu 157 (Yavuguruwe)

Editorial 10 Mar 2019
Aline Gahongayire yatangije irushanwa ry’umugore uhiga abandi mu babyibushye

Aline Gahongayire yatangije irushanwa ry’umugore uhiga abandi mu babyibushye

Editorial 23 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida  Mugabe asimbuwe burundu ku butegetsi
Mu Rwanda

Perezida Mugabe asimbuwe burundu ku butegetsi

Editorial 18 Jan 2016
Leta ya Nkurunziza ntiyorohera Umurundi wifuza kujya mu Rwanda
POLITIKI

Leta ya Nkurunziza ntiyorohera Umurundi wifuza kujya mu Rwanda

Editorial 08 Nov 2017
CMI muri Uganda mu gisebo n’akangaratete nyuma y’ifatwa ry’Abapagasi ba RNC mu Karere ka Mubende
Amakuru

CMI muri Uganda mu gisebo n’akangaratete nyuma y’ifatwa ry’Abapagasi ba RNC mu Karere ka Mubende

Editorial 07 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru