• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila

Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila

Ubwanditsi 26 May 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

Ihuriro rya Congo River Alliance (AFC/M23) ryatangaje ku mugaragaro ko ryishimiye cyane igaruka ry’uwahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Joseph Kabila Kabange, mu mujyi wa Goma.

Ibi byatangajwe ku wa Mbere mu itangazo ryashyizwe ku rubuga X n’umuhuzabikorwa w’iryo huriro, Corneille Nangaa, aho yavuze ko iryo garuka rifite ubusobanuro bukomeye ku rwego rwa politiki.

Kabila agarutse mu burasirazuba bwa Congo nyuma y’imyaka myinshi ari mu buhungiro muri Afurika y’Epfo no muri Zimbabwe, aho bivugwa ko yari yahungiye ku mpamvu za politiki.

AFC/M23 yavuze ko guhitamo Goma nk’aho anyurira agaruka muri RDC bifite igisobanuro gikomeye: “Kugaruka k’uyu muyobozi w’icyubahiro byakiriwe neza. Yafashe icyemezo gikwiye cyo kugaruka mu gihugu aho gukomeza kuguma mu buhungiro.”

Iri huriro ryashimangiye ko Goma ari yo santu yonyine muri Congo aho abanyarwanda bavugwa mu moko atandukanye bashobora gukorera politiki nta gutotezwa, gufungwa ku buryo butemewe, cyangwa ivangura rishingiye ku moko.

Kuva muri Gashyantare, AFC/M23 ivuga ko yakiriye intumwa zinyuranye, zirimo n’iza ECC (Itorero rya Gikirisitu muri Congo) na CENCO (Inama y’Abepisikopi Gatolika), bashyigikiye inzira y’amahoro iri gukorerwa muri ako karere.

Moïse Katumbi, umwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi akaba n’uwahoze ayobora intara ya Katanga, nawe yatanze ubutumwa bushyigikira Nangaa. Mu butumwa bwe kuri X, Katumbi yavuze ati: “Ndahagaze hamwe nawe, mukunzi mukuru @CNangaa. Ibyo wavuze ni ukuri, birababaje kandi birakomeye. Abo twizeye kurwanira ubutabera n’ubwisanzure, barabiretse.”

Yakomeje agira ati: “Kinshasa iratesha agaciro, igasuzugura, igaca intege abaturage, naho Goma irakira, ikarinda, ikanahuza. No kuba Kabila agaruka i Goma ni ikimenyetso cy’uko ubutegetsi bwa Tshisekedi bwataye amahame y’Igihugu.”

Katumbi asoza ubutumwa bwe yavuze ati: “Icyifuzo cyacu ni kimwe: kugira Tshisekedi ava ku butegetsi. Congo ikwiriye kurenza ubu butegetsi bw’igitugu bwihishe inyuma y’amategeko, ivangura rihindutse politiki, n’intege nke zabaye uburyo bwo kuyobora.”

Mu cyumweru gishize, Sena ya RDC yatoye icyemezo cyo kuvanaho ubudahangarwa bwa Kabila, kugira ngo ashobore gukurikiranwa n’ubutabera ku byaha byo gutera inkunga umutwe wa M23. Guverinoma yafashe bimwe mu mutungo we, ivuga ko hari ibimenyetso bifatika byo gukorana n’inyeshyamba.

Gusa, mu ijambo rye ku wa 23 Gicurasi 2025, Kabila yahakanye ko yigeze agera i Goma muri Mata nk’uko byavugwaga, ariko yemeye ko afite gahunda yo kuhagera vuba. Avuga ko ibyo aregwa byose bifite ishingiro rya politiki kandi byubakiye ku ibihuha.

Yagize ati: “N’iyo mba naragiye i Goma, byari mu rwego rwo kuganira n’Abanyekongo, cyane ko na guverinoma iri mu biganiro by’amahoro n’abayobozi ba M23 i Qatar.”

AFC/M23 ivuga ko iharanira uburenganzira bw’amoko y’abanyarwanda bavuga Ikinyarwanda, bavuga ko bamaze igihe kinini batotezwa mu burasirazuba bwa Congo. Kuva muri Mutarama 2025, M23 imaze gufata imijyi ikomeye irimo Goma na Bukavu.

Nubwo Leta ya Congo iri mu biganiro na M23 byatangiye kubera muri Qatar, haracyari ukutumvikana gukomeye, ndetse biravugwa ko Kinshasa irimo gushaka abacancuro bashya baturuka muri Colombia nyuma y’uko aba Romania bari bafashwe na M23 batsinzwe.

Ubwiyunge bushobora kwaduka hagati ya Katumbi, AFC/M23, na Kabila bushobora guhindura ishusho ya politiki ya Congo, cyane cyane mu gihe igihugu gitegereje amatora cyangwa impinduka za politiki mu gihe kiri imbere.

 

2025-05-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urukiko rw’i Paris mu Bufaransa rwategetse ko Kabuga yoherezwa i Arusha muri Tanzania

Urukiko rw’i Paris mu Bufaransa rwategetse ko Kabuga yoherezwa i Arusha muri Tanzania

Ubwanditsi 30 Sep 2020
Abakora umwuga wo gutwara abagenzi mu Ntara y’Iburasirazuba barasabwa guhindura imyitwarire

Abakora umwuga wo gutwara abagenzi mu Ntara y’Iburasirazuba barasabwa guhindura imyitwarire

Ubwanditsi 07 Oct 2016
Interahamwe yabeshye yuko yarokotse Jenoside, Amerika iyikatira imyaka 15

Interahamwe yabeshye yuko yarokotse Jenoside, Amerika iyikatira imyaka 15

Ubwanditsi 03 Mar 2017
Perezida Nkurunziza yabaye umuyobozi wa mbere ku isi wamaganye guhana intera nk’uburyo bwo kurwanya COVID19

Perezida Nkurunziza yabaye umuyobozi wa mbere ku isi wamaganye guhana intera nk’uburyo bwo kurwanya COVID19

Ubwanditsi 03 May 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abashakashatsi basuye Polisi y’u Rwanda bishimira imikoranire yayo n’abaturage nyuma ya Jenoside
Mu Mahanga

Abashakashatsi basuye Polisi y’u Rwanda bishimira imikoranire yayo n’abaturage nyuma ya Jenoside

Ubwanditsi 25 Mar 2016
Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri CAR bahaye imfashanyo imfubyi zaho
Mu Rwanda

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri CAR bahaye imfashanyo imfubyi zaho

Ubwanditsi 17 Apr 2017
Mboweni uri mu bafasha Kagame kuvugurura AU yagizwe Minisitiri w’Imari wa Afurika y’Epfo
UBUKUNGU

Mboweni uri mu bafasha Kagame kuvugurura AU yagizwe Minisitiri w’Imari wa Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 10 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru