U Rwanda rwatoranyijwe kwakira amarushanwa ane ategurwa nโImpuzamashyirahamwe yโUmupira wโAmaguru mu Karere ka Afurika yโIburasirazuba no Hagati (CECAFA), azabera i Kigali mu bihe bitandukanye muri uyu mwaka wa 2026.
Muri ayo marushanwa harimo irizwi cyane rya CECAFA Kagame Cup, riteganyijwe kubera i Kigali kuva tariki ya 18 Nyakanga kugeza ku ya 9 Kanama 2026, rikaba rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo mu bihugu binyamuryango bya CECAFA.
Uretse iri rushanwa, u Rwanda ruzanakira andi marushanwa atatu arimo irushanwa ryโibigo byโamashuri byo mu karere, irushanwa ryo guhatanira itike yo kuzakina CAF Womenโs Champions League, ndetse nโirushanwa ryo gushaka itike yo kuzakina imikino ya nyuma yโIgikombe cya Afurika cyโIbihugu mu batarengeje imyaka 17 (U-17 AFCON).
Ibihugu bigize CECAFA birimo u Rwanda, u Burundi, Djibouti, Eritrea, Ethiopia, Kenya, Somalia, Sudani yโEpfo, Sudani, Tanzania, Uganda na Zanzibar.
Aya marushanwa ategerejweho guteza imbere umupira wโamaguru mu karere ndetse no gukomeza kugaragaza ubushobozi bwโu Rwanda mu kwakira amarushanwa mpuzamahanga.





