• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kagame yashimangiye ko kuba Habyarimana yari kuvaho wenyine ntacyo byagombaga kumara

Kagame yashimangiye ko kuba Habyarimana yari kuvaho wenyine ntacyo byagombaga kumara

RUSHYASHYA 08 Apr 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Ku itariki nk’iyi ya 6 Mata mu myaka 32 ishize, Habyarimana Juvenal wari Perezida w’u Rwanda yishwe ubwo indege ye yari imuvanye i Dar es salam muri Tanzania yahanurirwaga mu kirere cya Kanombe, mu mujyi wa Kigali.

Perezida Paul Kagame avuga ko we na FPR-Inkotanyi yari ayoboye batashakaga ko Habyarimana Juvenal wari Perezida w’u Rwanda yicwa, kuko atari we wari ikibazo cyatumye bafata icyemezo cyo gutangiza urugamba rwo kubohora igihugu.

Muri Gashyantare 2022, Urukiko rusesa imanza mu Bufaransa rwategetse ko dosiye y’iperereza ku iraswa ry’iriya ndege ifungwa, nyuma y’imyaka irenga 20 y’iperereza.

Mbere y’uko u Bufaransa butangiza iryo perereza mu 1998, abantu bari hafi ya Perezida Paul Kagame bakunze gutungwa agatoki bashinjwa kuba ari bo baba bararashe iriya ndege yari inatwaye abarimo Ntaryamira Cyprien wari Perezida w’u Burundi.

Icyakora mu 2012, raporo y’impuguke z’Abafaransa yerekanye ko iyo ndege yaba yarahanuwe n’abahezanguni bo ku ruhande rwa Habyarimana babonaga ko we ashaka kumvikana na FPR mu masezerano ya Arusha yari arimbanyije.

Perezida Kagame mu gitabo ‘Conversations with the President of Rwanda’, ubwo yabazwaga n’umunyamakuru François Soudan wa Jeune Afrique ku giti cye ibyo yemera byerekeye uwaba yarahanuye iriya ndege, na we yashyize mu majwi abahezanguni babonaga ko Habyarimana ari kugurisha igihugu kuri FPR no ku Batutsi.

Ati: “Icyo nemera ku giti cyanjye gishingiye ku bikekwa ndetse no ku iperereza ryakozwe n’Umuryango w’Abibumbye. Nta na kimwe muri ibi cyabaye ku bw’uruhuriranempanuka. Iminsi myinshi cyangwa ibyumweru mbere y’uko indege ya Habyarimana ihanurwa, hari harabaye ibiganiro ku mugaragaro; ibiganiro byatangazwaga kuri radiyo n’ibinyamakuru by’intagondwa. Byavugaga ko hari ikintu gikomeye kigiye kuba. Uko igihe cyegerezaga, igihe nyacyo [icyo kintu] cyagombaga kuberaho cyarushijeho gusobanuka.”

Yakomeje agira ati: “Habyarimana bakundaga kumwita “Kinani,” bisobanuye udatsindwa, nk’ikintu gikomeye kandi gifite imbaraga zisumba ibindi byose. Rya tsinda ry’intagondwa ni ryo ryamushinjaga kugurisha igihugu kuri FPR no ku Batutsi, kuko batekerezaga ko yemeraga byinshi cyane mu mishyikirano. Mu bitekerezo byabo, kuba yari yaremeye kuganira no kwemera ko RPF yinjira muri guverinoma byari ukwemera ibintu birenze urugero.”

Perezida Kagame yagaragaje ko abari basangiye ishyaka na Habyarimana “bari bafite imyumvire y’ubutagondwa burenze ubwe”, n’ubwo ibyo bidasobanura ko na we atari intagondwa.

Yunzemo ati: “Ashobora kuba yarageragezaga gukemura ibintu akoresheje ubwenge n’ubushishozi bwinshi, ariko yari agifite imyumvire y’ubutagondwa. Uburyo yakoragamo bwari butandukanye, ariko ingengabitekerezo yari imwe.”

Umukuru w’Igihugu ubwo yibutswaga ko na FPR-Inkotanyi yari ifite impamvu yo kwica Habyarimana, yavuze ko ku ruhande rwabo byari bitandukanye.

Ati: “Ibyo ni ikibazo gitandukanye. Ntabwo twari tugambiriye Habyarimana nk’umuntu ku giti cye. Icyo twashakaga cyari ugukuraho ubutegetsi bwariho, bwari burimo na Habyarimana, ariko ntitwigeze twemera ko gukuraho umuntu umwe ari byo byari gutuma iyo sisitemu yose ivaho. Nta na kimwe mu bikorwa byacu, mu mitekerereze yacu cyangwa mu magambo twavuze kigaragaza ko Habyarimana ari we twari tugambiriye. Icyo twibandagaho cyari uko iyo ‘system’ yose ivaho uko yakabaye, n’ubwo byitwaga ko ari we wari ‘system’ yari iriho.”

Kagame yashimangiye ko kuba Habyarimana yari kuvaho wenyine ntacyo byagombaga kumara

Perezida Kagame Paul Ati: “Ntabwo byari gutuma habaho iterambere iryo ari ryo ryose. Ku bw’ibyo rero, mu igenamigambi no mu gutegura ingamba, ntitwagombaga kugambirira umuntu ku giti cye. Ibyo byari kuba ikosa, ridafitiye inyungu na nke intego zacu n’ibyo twashakaga kugeraho. Intambara ntiyari igambiriye Habyarimana. Intambara yacu yari igambiriye sisitemu. Iri ni itandukaniro rikomeye cyane.”

Bwiza

2026-04-08
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Hafashwe ingamba zikomeye ku bayisilamu bakora ibikorwa byo gufasha.

Hafashwe ingamba zikomeye ku bayisilamu bakora ibikorwa byo gufasha.

Ubwanditsi 06 Jun 2017
Amafoto – Gasogi United yabimburiye andi makipe gukoresha ikizamini cy’ubuzima abakinnyi izakoresha mu mwaka utaha w’imikino, yahereye ku mukinnyi wo muri Centre Africa

Amafoto – Gasogi United yabimburiye andi makipe gukoresha ikizamini cy’ubuzima abakinnyi izakoresha mu mwaka utaha w’imikino, yahereye ku mukinnyi wo muri Centre Africa

Ubwanditsi 02 Jul 2021
Faustin Twagiramungu ahuriye n’akaga ku mbuga nkoranyambaga, Ngo ni “Bihemu”udatinya gusebya aho nyina yamuhereye ibere!

Faustin Twagiramungu ahuriye n’akaga ku mbuga nkoranyambaga, Ngo ni “Bihemu”udatinya gusebya aho nyina yamuhereye ibere!

Ubwanditsi 20 Jul 2022
Bitunguranye, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yirukanye Minisitiri w’Inteba Bunyoni yashinjaga gutegura Coup d’Etat

Bitunguranye, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yirukanye Minisitiri w’Inteba Bunyoni yashinjaga gutegura Coup d’Etat

Ubwanditsi 07 Sep 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhungu wa Yuvenali Habyarimana ashimangiye ko “Jambo Asbl” ari agatsiko k’abakomoka ku bajenosideri, karwana no gutagatifuza abicanyi
Amakuru

Umuhungu wa Yuvenali Habyarimana ashimangiye ko “Jambo Asbl” ari agatsiko k’abakomoka ku bajenosideri, karwana no gutagatifuza abicanyi

Ubwanditsi 02 Feb 2022
Perezida Kagame  akomeje kuba ku Isonga ni we uyobowe abandi mu majwi y’agateganyo yose ku ijana
Mu Rwanda

Perezida Kagame akomeje kuba ku Isonga ni we uyobowe abandi mu majwi y’agateganyo yose ku ijana

Ubwanditsi 05 Aug 2017
Amanyanga mubahanzi nyarwanda : Nyuma ya The Ben na Meddy, Alpha Rwirangira yatse ubuhungiro muri Amerika mu ibanga rikomeye!
IMIKINO

Amanyanga mubahanzi nyarwanda : Nyuma ya The Ben na Meddy, Alpha Rwirangira yatse ubuhungiro muri Amerika mu ibanga rikomeye!

Ubwanditsi 29 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru