Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 21 Mata 2026, muri BK Arena habereye tombola y’uburyo amakipe azahura mu irushanwa rya Shampiyona Nyafurika y’Amakipe y’Abagabo muri Volleyball (CAVB Men’s Club Championship 2026), rizabera i Kigali.
Ni igikorwa cyitabiriwe n’inzego zitandukanye zifite aho zihuriye n’iri rushanwa, aho amakipe yamenyeshejwe amatsinda aherereyemo ndetse n’uko azahura mu mikino y’ibanze izamara iminsi 10.
Iri rushanwa rizatangira kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 22 Mata, rikazasoza ku wa 3 Gicurasi 2026.
Nyuma y’ikorwa rya tombola, byemejwe ko umukino ufungura iri rushanwa uzahuza APR VC na Black Rhinos VC yo muri Zimbabwe, umukino uzakinwa saa moya z’umugoroba (19:00) muri BK Arena.
Amakipe 24 ni yo azitabira iri rushanwa rihuriza hamwe amakipe akomeye ku mugabane wa Afurika, agabanyijwe mu matsinda ane, buri tsinda rigizwe n’amakipe atandatu.
Ni ku nshuro ya mbere u Rwanda rwakiriye iri rushanwa rikomeye muri Volleyball ya Afurika, ndetse ni iya 12 ribereye mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba n’iyo Hagati.
Irushanwa riheruka ryabereye muri Libya, ryegukanywe na Asswehly SC itsinze ES Tunis ku mukino wa nyuma.
Mbere y’uko iri rushanwa ritangira, Minisitiri wa Siporo mu Rwanda, Nelly Mukazayire yakiriye amakipe ahagarariye igihugu muri iri rushanwa abasaba ko bazitwara neza bagatwara iki gikombe bagahesha ishema igihugu cy’u Rwanda.
Uko amatsinda ateye:
Pool A:
APR VC (Rwanda), Litto Team (Cameroon), Nemo Stars (Uganda), Nigeria Customs (Nigeria), Petro Jet Sporting Club (Egypt), Black Rhinos (Zimbabwe)
Pool B:
Al Ahly (Egypt), Cameroon Sports (Cameroon), Kepler VC (Rwanda), Sport-S (Uganda), AS INJS (Ivory Coast), Equity Bank (Kenya)
Pool C:
Faith Union (Morocco), Kenya Ports Authority (Kenya), Wolaitta Volleyball (Ethiopia), Police VC (Rwanda), Prisons (Tanzania), Ghana Army (Ghana)
Pool D:
General Service (Kenya), Port Autonome (Cameroon), Atlético Clube (Cape Verde), Rukinzo VC (Burundi), Kalibi Sporting Club (Ghana), REG VC (Rwanda).






