• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»‘Amerika igomba kuza kumwanya wambere muri byose (America first) ‘ -DONALD TRUMP

‘Amerika igomba kuza kumwanya wambere muri byose (America first) ‘ -DONALD TRUMP

Ubwanditsi 25 Jan 2017 ITOHOZA

Donald Trump yabaye perezida wa 45 w’igihugu cy’igihangage Amerika kuri uyu wa gatanu tariki ya 20 Mutarama 2017. Mu mihango yari yatangiye ahagana mu gitondo, Donald Trump afatiwe Bibiliya ebyiri zigerekeranye n’umugorewe Melania Trump, yazamuye ijwi ahagana 11h59 n’amasegonda 40 maze arahirira kuyobora Amerika mugihe cy’imyaka ine.

-5454.jpg

Perezida Donald Trump arahirira kuri Bibiliya

Izi Bibiliya yarahiriyeho iyari hejuru niyo yahawemo impano n’umubyeyi umubyara, naho iyo hasi niyarahiriweho n’uwabaye Perezida w’Amerika Abraham Lincoln.

Akimara kurahira nibwo yafashe ijambo ashimira abaraho, mu maso yabigeze kuyobora Amerika nka Jimmy Carter, George W. Bush, Obama n’abandi, Donald Trump yavuze ijambo (speech) ritandukanye kure n’iryabandi bamubanjirije kuko we ntaho yasomaga ibyanditse. Uyu muperezida udafite ubunararibonye muri politike akaba yabutangiye kuri iyi tariki, bishoboka ko hari ibintu byinshi bidasanzwe bizaranga ubutegetsi bwe.

Ntatandukaniro rinini ryabonetse hagati yibyo yavuze yiyamamaza n’ijambo yagejeje kubitabiriye irahira rye, gusa yemereye abanyamerika ko ubutegetsi bugiye kuva mu maboko yabategetsi n’abaherwe bugasubizwa abaturage bo hasi. Aha umuntu yakwibaza uko bizagenda kuko we ubwe ni umwe mu babarirwa mu bakungu bafite umutungo munini muri kiriya gihugu ndetse ari nabo yiyegereje bazamufasha mu kuyobora , abenshi ni abaherwe gusa batagira aho bahuriye n’abaturage basanzwe.

Ikindi gikomeye gishobora kuba cyateye kwibaza cyane ni uko yavuze ko kubutegtsi bwe Amerika igomba kuza kumwanya wambere muri byose (America first) mbere yo gutekereza kubindi bihugu byaba mubucuruzi, mugutanga akazi, umutekano wo kumipaka n’ibindi.

Aravuga ko inganda zajyanwe hanze zigomba kugaruka mu gihugu hanyuma zigaha akazi abanyamerika.Yavuze ko bagize imikorere mibi bajya gukiza ibindi bihugu aho guteza imbere abanyamerika.

Aha nawe bikaba bitazamworohera kuko imibare itangwa n’inzego zibarurisha mibare zitandukanye zavuze ko kuva Obama yatangira gutegeka abatari bafite akazi bavuye kuri 12.5%, ubu bakaba bari bageze kuri 4.7% bikaba bivugwa ko ingamba Trump yafashe zishobora gutuma abanyamerika benshi babura akazi kuko abo ivugurura rizirukana ari benshi cyane.

-5453.jpg

-5452.jpg

Ubusanzwe usanga mu mihango nk’iyi uwatsinze afata ijambo akaba yashimira uwo bari bahanganye ibyo Trump ntiyabiboneye umwanya Hillary Clinton wari aho hafi akurikirana imihango mumyanya y’icyubahiro ntiyigeze avugwaho namugenzi we nagato, gusa Trump yashimiye Barack Obama n’umufasha we Michelle Obama.

Kubera igihugu cy’Amerika gifite uruhare rukomeye mu mitegekere yibibera ku isi, Trump ntiyigeze avuga kuburyo busobanutse umurongo azafata muri politike mpuzamahanga.

Yavuze ibyerekeye imikoranire ye n’ibindi bihugu azimiza, kuburyo umuntu atamenya icyo yashatse kuvuga. Mugihe isi irimo guhinduka ifite ibibazo biyugarije ntacyo Trump yigeze abivugaho, ibi bikaba bigaragara ko ubutegetsi bwe buzibanda kubifitiye Amerika inyungu, ibitayireba ikareba iruhande. Umwe mubahanga mubyapolitike profeseri Roosovelt Theodore yavuze ko yakoranye na Trump mugihe cyo kwiyamamaza avuga ko isi yose igomba kwitega gutungurana guhoraho kwa Trump ngo ni umuntu ufite ukuntu ateye yihariye.

-5451.jpg

-5450.jpg

Mugihe imihango y’rahira rya Trump yarimo ibera kuri Capitol, ako gace karimo kaberamo imyigaragambyo simusiga bamagana Trump benshi bahanganaga na polise bavuga ko Trump ari perezida utemewe ko batazemera ubutegetsi bwe. Polise ikaba yanatangaje ko yafashe umubare wabigaragambya utari muto bakaba bafunzwe.

Kuberako urusaku rwabigaragambya rutageraga aho imihango y’irahira yaberaga, Trump yasezeranije abanyamerika kongera kugira igihugu cyabo igihangage, cyuzuye ubukungu, gifite umutekano. Ati nidukorera hamwe tuzabigeraho. Nyuma y’ijambo habaye imihango yo gushyira umukono kumpapuru z’ubuyobozi hanyuma yerekeza kumutambagiro wamaze nk’iminota 80.

Aha byagaragaraga ko abashinzwe umutekano bari benshi bigaragara ko bitandukanye n’abandi bamubanjirije aho wasangaga uruvunganzoka rw’abantu bari kumuhanda bishimye ndetse hari abaperezida bavaga mumamdoka bakajya gusuhuza abaturage.

Trump we yaracungiwe umutekano n’abashinzwe umutekano barenga ibihumbi mirongwitatu muburyo budasanzwe bigaragara ko ibibazo bye byatangiye ubwo yatsindaga amatora aregwa ko igihugu cy’Uburusiya cyamufashije gutsinda amatora bitari hafi hano kurangira. Abitabiriye uyu muhango bageraga hafi 900.000, mugihe uwari wamubanjirje Obama, umuhango we witabiriwe nabagera kuri miliyoni ebyiri.

Hakizimana Themistocle

2017-01-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RNC Yahinduye umuvuno wo gukoresha Abagore bayo

RNC Yahinduye umuvuno wo gukoresha Abagore bayo

Ubwanditsi 09 Mar 2017
Perezida Museveni afata ubuyobozi bwa Congo nka baringa yashyizweho na Bagashakabuhake

Perezida Museveni afata ubuyobozi bwa Congo nka baringa yashyizweho na Bagashakabuhake

Ubwanditsi 05 May 2018
Red Pepper yanditse ko Museveni ‘ategura guhungabanya’ ubutegetsi bw’u Rwanda, yafunguwe

Red Pepper yanditse ko Museveni ‘ategura guhungabanya’ ubutegetsi bw’u Rwanda, yafunguwe

Ubwanditsi 24 Jan 2018
Kwibuka 29: Twiyame Padiri Nahimana n’abandi nkawe, imungu muri Kiliziya zikwiza uburozi bw’ingengabitekerezo ya Jenoside

Kwibuka 29: Twiyame Padiri Nahimana n’abandi nkawe, imungu muri Kiliziya zikwiza uburozi bw’ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 06 Apr 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe  izakina na APR FC yihaye  imihigo yo gutsinda igakora amateka
IMIKINO

Ikipe izakina na APR FC yihaye imihigo yo gutsinda igakora amateka

Ubwanditsi 11 Feb 2016
Mu Rwanda habonetse abandi bantu 3 barwaye Coronavirus
HIRYA NO HINO

Mu Rwanda habonetse abandi bantu 3 barwaye Coronavirus

Ubwanditsi 10 Apr 2020
Nshimiyimana Amran wari umaze imyaka ibiri muri Rayon Sports yerekeje muri Musanze FC, Umutoza Nshimiyimana Maurice uzwi nka Maso agirwa umutoza wungirije
Amakuru

Nshimiyimana Amran wari umaze imyaka ibiri muri Rayon Sports yerekeje muri Musanze FC, Umutoza Nshimiyimana Maurice uzwi nka Maso agirwa umutoza wungirije

Ubwanditsi 26 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru