• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»IBUKA irasaba ko Padiri Nahimana Thomas nagera mu Rwanda ashyikirizwa ubutabera

IBUKA irasaba ko Padiri Nahimana Thomas nagera mu Rwanda ashyikirizwa ubutabera

Ubwanditsi 22 Nov 2016 Mu Mahanga

Umuryango urengera inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi (IBUKA) wasabye ko Padiri Nahimana Thomas nagera mu Rwanda akurikiranwa n’ubutabera.

Padiri Nahimana biteganyijwe ko azagera mu Rwanda ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu aje kwitegura kwiyamamaza mu matora ya Perezida azaba umwaka utaha wa 2017.

Nahimana umaze imyaka 11 mu buhungiro mu Bufaransa yamenyekanye cyane kubw’urubuga rwe Leprophete.fr rwanyuzwagamo ibitekerezo binenga ubuyobozi buriho mu Rwanda.

Hari abavuga ko bimwe mu byacishwaga kuri urwo rubuga birimo amagambo apfobya akanahakana Jenoside yakorewe Abatutsi.

Prof Dusingizemungu Jean Damascene, Umuyobozi wa IBUKA yabwiye Makuruki dukesha iyi nkuru ko bimwe mu byandikwaga ku kinyamakuru cya Nahimana bipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, agasaba ko yagezwa mu butabera naramuka ageze mu Rwanda.

Yagize ati “Ziriya nyandiko abantu bakwiriye kuzireba hanyuma inzego z’ubutabera zigakora. Ariko tukanavuga duti turanifuza yuko inzego zose zafatanya , na Kiliziya gatolika ubwayo ntihere gusa mu kuvuga ngo twamaganye, tugize dute.Kiliziya ubwayo ifite inzego zireba nuko ikora ubutabera bwayo yewe ifite n’inkiko burya.”

Kiliziya gatolika kuri iki cyumweru yasabiye imbabazi abana bayo bijanditse muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ivuga ko ibabajwe n’ibyo bakoze.

Kuri uyu wa Mbere Musenyeri wa Diyosezi ya Butare akaba n’umuvugizi wa Kiliziya Gatolika mu Rwanda, Filipo Rukamba yatangarije KTPress ko Nahimana yirukanywe muri Diyosezi avukamo ya Cyangugu, kugeza ubu akaba abaho nk’uwigenga.Yavuze kandi ko bitandukanyije na we mu bikowe bya politiki yinjiyemo.

Pro Dusingizemungu avuga ko kuba yarirukanwe bitabavanaho ububasha bwo kumukurikirana.

Ati “Ariko kubivuga…twe twasabaga ko bica no muri urwo rwego bikagaragara neza kuko kiliziya gatolika ifite n’abacamanza, kuki bitanyura muri urwo rwego? Ajye imbere y’ubutabera aburane kuko icyo kirateganyijwe mu mategeko yabo.”

IBUKA kandi yasabye n’ubutabera mu Rwanda gukora akazi kabwo hirindwa uwashaka gukingira ikibaba Nahimana.

Dusingizemungu ati “Hari amategeko u Rwanda rugenderaho no kuri ibyo ngibyo avugwaho, ubutabera nibukoreshe ubushishozi bwabwo n’ubwigenge bwabwo. Twe icyo twifuza nuko bikorwa atavuga ngo akingiwe ikibaba n’urwego uru n’uru, hanyuma ubutabera niba hari icyo bumubaza bubimubaze kuko atari hejuru y’amategeko.Ntabwo yakwitwaza ko ari umupadiri cyangwa ikindi cyose”

Ubutabera bukora iyo hari uwabushyikirije ikirego. Prof Dusingizemungu yavuze ko bakiri kwiga ku nyandiko zacishijwe mu kinyamakuru cya Nahimana, ngo “igihe tuzabona ko amakuru ahagije tuzakora ibyo tugomba gukora.”

-4781.jpg

Prof Dusingizemungu Jean Damascene, Umuyobozi wa IBUKA asaba ko Nahimana yatabwa muri yombi.

Padiri Nahimana w’imyaka 45, aje mu Rwanda kwiyamamaza ku izina ry’ishyaka Ishema Party yashinze mu mwaka wa 2013. Mu bimuzanye ngo harimo no kuryandikisha kugira ngo ryemererwe gukorera mu Rwanda.

2016-11-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Brussels Airlines yizihije umunsi w’abagore ibaha kuyobora ingendo z’indege zayo

Brussels Airlines yizihije umunsi w’abagore ibaha kuyobora ingendo z’indege zayo

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi, yakwepye inama yigaga ikibazo cy’umutekano muke mu gihugu cye

Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi, yakwepye inama yigaga ikibazo cy’umutekano muke mu gihugu cye

Ubwanditsi 15 Dec 2022
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yihanganishije umuryango wa Depite  Nyandwi

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yihanganishije umuryango wa Depite Nyandwi

Ubwanditsi 17 Oct 2016
Rulindo:Polisi y’U rwanda mu gikorwa cyo kubungabunga no kurengera ibidukikje

Rulindo:Polisi y’U rwanda mu gikorwa cyo kubungabunga no kurengera ibidukikje

Ubwanditsi 16 Nov 2016

Igitekerezo kimwe

  1. MAOMBI jOHN
    July 26, 20183:42 pm -

    NONE NTIMWUMVAKO MUKOMEZA KWEREKA AMAHANGA ITOTEZA RYUBWISANZURE NO KUBURA DEMOKARASI BIRANGA LETA YIGITUGU NUBWICANYI YA RPF-FPR/ KAGAME? BABAVUGA UKO MURI MUKARAKARA!

    Subiza

Leave a Reply to MAOMBI jOHN Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bidatunguranye Lionel Messi yegukanye ” Ballon d’Or “ya gatanu
IMIKINO

Bidatunguranye Lionel Messi yegukanye ” Ballon d’Or “ya gatanu

Ubwanditsi 13 Jan 2016
Abatiyumvishaga uko dushora imari muri ICT kandi abaturage bashonje twarabahinyuje – Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Abatiyumvishaga uko dushora imari muri ICT kandi abaturage bashonje twarabahinyuje – Perezida Kagame

Ubwanditsi 27 Mar 2018
Kicukiro:Abayobozi b’amadini n’amatorero bihaye umukoro wo kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina
Amakuru

Kicukiro:Abayobozi b’amadini n’amatorero bihaye umukoro wo kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Ubwanditsi 23 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru