• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Inyungu ihishe mu kwiha serivisi za Banki ya Kigali utavuye aho uri

Inyungu ihishe mu kwiha serivisi za Banki ya Kigali utavuye aho uri

Editorial 05 Oct 2018 UBUKUNGU

Isi iri mu muvuduko udasanzwe aho abantu basiganwa n’iterambere ryihuta n’ingoga, ari nako buri munsi havuka ikoranabuhanga ritumfa umwanya wabo bawukoresha neza.

Mu kwanga gusigara inyuma muri uyu muvuduko, ibigo by’ubucuruzi birushaho kunoza serivisi bitanga, binyuze mu kubyaza umusaruro rya koranabuhanga ryamaze kwinjira mu buzima bwa buri munsi bw’abantu.

Ni nako Banki ya Kigali iyoboye izindi mu Rwanda, yafashe iya mbere mu kwinjiza ikoranabuhanga mu itanga rya serivisi z’imari.

Iri koranabuhanga rya Banki ya Kigali ririmo irikoreshwa muri telefoni igendanwa na mudasobwa, rifasha abakiliya kubona serivisi z’imari bitabasabye gukora ingendo bajya ku mashami yayo no gutakaza umwanya munini.

Mu buryo bukoreshwa harimo ‘MobiServe’, aho umuntu ufite telefone igendanwa akanda *334#, ubundi akabona serivisi zirimo kureba amafaranga ari konti, kwishyura ibicuruzwa nk’amashanyarazi, kugura ikarita ya telefoni ku mirongo yose, kwishyura ifatabuguzi rya televiziyo, serivisi z’Irembo n’ibindi.

Ni uburyo bubereye buri wese kuko bukoreshwa kuri telefoni iyo ariyo yose, hatarebwe kuba yaba ifite ubushobozi buhambaye. Aha umuntu ashobora no gukura amafaranga nko kuri konti ye akayashyira kuri Mobile Money, akaba yayakoresha bimworoheye.

Ukoresheje uburyo bwa BK Quick kandi buboneka ukanze *334#, ushobora kwaka inguzanyo nto kugera ku bihumbi 500 by’Amanyarwanda, mu gihe kitageze ku munota umwe.

Iyi nguzanyo yishyurwa hagati y’ukwezi kumwe n’atandatu bitewe n’amahitamo yawe, mu kuyishyura ushyiraho inyungu ya 4%.

Uretse ubu buryo bushobora gukoreshwa kuri telefone iyo ari yose, hari na ‘BK Mobile App’, ishyirwa muri smartphone, ubundi ukabasha kubona serivisi zirimo kubitsa, kwishyura serivisi n’ibicuruzwa, kohereza no kwakira amafaranga n’izindi.

Abakoresha mudasobwa bo bashobora gukoresha ‘BK Online Banking’ bakihereza ziriya serivisi zose bitabaye ngombwa ko bakora ingendo bajya gutonda umurongo muri banki.

Kuri BK Mobile App na Online banking ushobora kandi kwishyura amazi n’amashanyarazi, kugura ikarita ya telefoni, kwishyura ifatabuguzi rya televiziyo rya Star times, AZAM TV, Canal+ na DSTV, kwishyura serivisi z’Irembo, imisoro n’ibindi.

Uretse kuba gukoresha ubu buryo byoroshye, ikindi butuma woroherwa no kumenya ibikorerwa kuri konti yawe ndetse amakuru y’ibyakoreweho ukaba wayabika udakoresheje impapuro, kandi ukaba wizeye umutekano wayo mu buryo burambye.

Gutangira gukoresha ubu buryo uko ari butatu nta kindi bisaba uretse gufunguza konti muri BK ku batazifite, uyifite akagana ishami ryose ry’iyi banki akuzuza ibisabwa ubundi agatangira kugendana konti yawe mu biganza. Ashobora no guhamagara kuri 4455 agahabwa ubufasha.

Kuri telefoni ubona serivisi zose za Banki ya Kigali

2018-10-05
Editorial

IZINDI NKURU

“Amafuti n’amakosa by’Abayobozi, nibyo byatumye umujyi wa Huye umara igihe warabaye amatongo”- Perezida Kagame [ VIDEO

“Amafuti n’amakosa by’Abayobozi, nibyo byatumye umujyi wa Huye umara igihe warabaye amatongo”- Perezida Kagame [ VIDEO

Editorial 26 Feb 2019
BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

Editorial 15 Mar 2019
Uko ubukungu bw’u Rwanda buzaba buhagaze mu 2050

Uko ubukungu bw’u Rwanda buzaba buhagaze mu 2050

Editorial 23 Dec 2019
RWANDA DAY: Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

RWANDA DAY: Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

Editorial 12 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abafaransa boherejwe mu Rwanda ngo bahangane n’Inkotanyi nubwo batari babishoboye – Tom Ndahiro
ITOHOZA

Abafaransa boherejwe mu Rwanda ngo bahangane n’Inkotanyi nubwo batari babishoboye – Tom Ndahiro

Editorial 29 Jun 2016
Perezida Museveni yatangaje icyunamo cy’iminsi itatu nyuma y’impanuka y’imodoka yishe abarenga 20
INKURU NYAMUKURU

Perezida Museveni yatangaje icyunamo cy’iminsi itatu nyuma y’impanuka y’imodoka yishe abarenga 20

Editorial 28 May 2018
Itangazo rya PL rigenewe Abanyamakuru
POLITIKI

Itangazo rya PL rigenewe Abanyamakuru

Editorial 06 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru