• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kagame yanenze uko Abayobozi ba Nyagatare bakemura ibibazo by’abaturage

Kagame yanenze uko Abayobozi ba Nyagatare bakemura ibibazo by’abaturage

Ubwanditsi 13 Feb 2017 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame yanenze inzego z’ubuyobozi mu Karere ka Nyagatare, uburyo zitinda gukemura ibibazo abaturage baba bazigaragarije.

Ubwo yasuraga aka Karere akaganira n’abaturage mu Murenge wa Matimba kuri uyu wa Mbere tariki 13 Gashyantare 2017, Umukuru w’Igihugu yavuze ko bitumvikana uburyo ibibazo by’abaturage bitegereza igihe kinini bidakemurwa.

Kimwe mu bibazo yabajijwe n’umuturage witwa Bariyanga wo mu Murenge wa Rwimiyaga ni ikijyanye n’uko yahaye ubuyobozi ubutaka bwo kubakaho ishuri ariko imyaka ibiri ikaba ishize atarahabwa ibyo yari yemerewe.

Bariyanga yagize ati “Twiyemeje kwiyubakira amashuri bansaba kubaha ubutaka bakampa ubundi. Narabikoze ariko hashize igihe kinini bidakemurwa.”

Ubwo Perezida Kagame yabazaga Meya w’aka Karere Mupenzi George impamvu bidakemurwa, yavuze ko ubutaka bwabonetse ndetse agiye kubuhabwa gusa ibi ntibyashimishije Umukuru w’Igihugu.

Mupenzi yagize ati ‘iki kibazo turakizi, abaturage biyemeje kubaka ikigo cy’ amashuri ubwabo baraganira, noneho uyu mugabo yemera kubaha ubutaka, icyo twakoze twagombaga kumuha ubutaka busimbura bwa bundi ariko ntiturabumuha, ariko bwarabonetse. ‘

Ibi bisobanuro by meya ntibyanyuze Perezida Kagame, kuko yavuze ko ibi atari byo. Yagize ati’ ibyo ntabwo arib yo, ko ibyo mwamusabye byose yabyemeye, kuki ari mwe mwabategushye, ntabwo aribyo meya, ibi ni ibibazo abayobozi mwagombye kuba mukemura, haruhanyije ko icyo mwashakaga umuntu yari yakibahaye, impamvu bitakozwe ni iyihe? Iki kibazo gikemuke vuba. ‘

Yunzemo ati’ Iki cyumweru iki kibazo kizabe cyakemutse, uru ni urugero rumwe rw’ibindi bibazo bitegereza umunsi nk’uyu, ntabwo mbona impamvu ituma ikibazo kiva muri 2015 kugeza uyu munsi. ‘

Perezida Kagame yasabye abayobozi kutajya baheza abaturage mu gihirahiro kugeza ubwo ibibazo birinda kumutegereza kandi ari ibibazo byoroshye.

Perezida Kagame yanasuye hoteli ya Epic irimo kubakwa mu Mujyi wa Nyagatare, uruganda rw’amakaro n’umupaka uhuza u Rwanda na Uganda ahitwa Kagitumba.

-5730.jpg

Perezida Kagame n’Abayobozi muri Nyagatare

2017-02-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yanenze abumvikanisha nabi gahunda yo guca caguwa mu gihugu

Perezida Kagame yanenze abumvikanisha nabi gahunda yo guca caguwa mu gihugu

Ubwanditsi 01 Jun 2016
Gusara ni ugushishikara koko. Thomas Nahimana n’abasazi be ngo barose bafashe ubutegetsi mu Rwanda!

Gusara ni ugushishikara koko. Thomas Nahimana n’abasazi be ngo barose bafashe ubutegetsi mu Rwanda!

Ubwanditsi 19 Aug 2024
Abanyarwanda 17,800 bashya bagiye guhabwa imiti igabanya ubukana bwa HIV-AIDS

Abanyarwanda 17,800 bashya bagiye guhabwa imiti igabanya ubukana bwa HIV-AIDS

Ubwanditsi 30 Jun 2016
Perezida wa Tanzaniya, Samia Suluhu Hassan, yaba arambiwe kwitwa umufatanyacyaha mu bugome bukorerwa mu burasirazuba bwa Kongo?

Perezida wa Tanzaniya, Samia Suluhu Hassan, yaba arambiwe kwitwa umufatanyacyaha mu bugome bukorerwa mu burasirazuba bwa Kongo?

Ubwanditsi 26 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

MTN yinjiye mu bufatanye buzafasha abakiliya bayo gukoresha Facebook nta kiguzi
IKORANABUHANGA

MTN yinjiye mu bufatanye buzafasha abakiliya bayo gukoresha Facebook nta kiguzi

Ubwanditsi 16 Dec 2018
Donald Trump yongeye guca amarenga y’ibitero Amerika yitegura kugaba kuri Koreya ya Ruguru
Mu Mahanga

Donald Trump yongeye guca amarenga y’ibitero Amerika yitegura kugaba kuri Koreya ya Ruguru

Ubwanditsi 09 Oct 2017
AU yasabye ko gutangaza burundu ibyavuye mu matora ya RDC biba bihagaze
POLITIKI

AU yasabye ko gutangaza burundu ibyavuye mu matora ya RDC biba bihagaze

Ubwanditsi 18 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru