• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kagame yanenze uko Abayobozi ba Nyagatare bakemura ibibazo by’abaturage

Kagame yanenze uko Abayobozi ba Nyagatare bakemura ibibazo by’abaturage

Ubwanditsi 13 Feb 2017 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame yanenze inzego z’ubuyobozi mu Karere ka Nyagatare, uburyo zitinda gukemura ibibazo abaturage baba bazigaragarije.

Ubwo yasuraga aka Karere akaganira n’abaturage mu Murenge wa Matimba kuri uyu wa Mbere tariki 13 Gashyantare 2017, Umukuru w’Igihugu yavuze ko bitumvikana uburyo ibibazo by’abaturage bitegereza igihe kinini bidakemurwa.

Kimwe mu bibazo yabajijwe n’umuturage witwa Bariyanga wo mu Murenge wa Rwimiyaga ni ikijyanye n’uko yahaye ubuyobozi ubutaka bwo kubakaho ishuri ariko imyaka ibiri ikaba ishize atarahabwa ibyo yari yemerewe.

Bariyanga yagize ati “Twiyemeje kwiyubakira amashuri bansaba kubaha ubutaka bakampa ubundi. Narabikoze ariko hashize igihe kinini bidakemurwa.”

Ubwo Perezida Kagame yabazaga Meya w’aka Karere Mupenzi George impamvu bidakemurwa, yavuze ko ubutaka bwabonetse ndetse agiye kubuhabwa gusa ibi ntibyashimishije Umukuru w’Igihugu.

Mupenzi yagize ati ‘iki kibazo turakizi, abaturage biyemeje kubaka ikigo cy’ amashuri ubwabo baraganira, noneho uyu mugabo yemera kubaha ubutaka, icyo twakoze twagombaga kumuha ubutaka busimbura bwa bundi ariko ntiturabumuha, ariko bwarabonetse. ‘

Ibi bisobanuro by meya ntibyanyuze Perezida Kagame, kuko yavuze ko ibi atari byo. Yagize ati’ ibyo ntabwo arib yo, ko ibyo mwamusabye byose yabyemeye, kuki ari mwe mwabategushye, ntabwo aribyo meya, ibi ni ibibazo abayobozi mwagombye kuba mukemura, haruhanyije ko icyo mwashakaga umuntu yari yakibahaye, impamvu bitakozwe ni iyihe? Iki kibazo gikemuke vuba. ‘

Yunzemo ati’ Iki cyumweru iki kibazo kizabe cyakemutse, uru ni urugero rumwe rw’ibindi bibazo bitegereza umunsi nk’uyu, ntabwo mbona impamvu ituma ikibazo kiva muri 2015 kugeza uyu munsi. ‘

Perezida Kagame yasabye abayobozi kutajya baheza abaturage mu gihirahiro kugeza ubwo ibibazo birinda kumutegereza kandi ari ibibazo byoroshye.

Perezida Kagame yanasuye hoteli ya Epic irimo kubakwa mu Mujyi wa Nyagatare, uruganda rw’amakaro n’umupaka uhuza u Rwanda na Uganda ahitwa Kagitumba.

-5730.jpg

Perezida Kagame n’Abayobozi muri Nyagatare

2017-02-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Jesse Lingard watijwe na Manchester United muri West Ham United ashobora kugaruka yongererwa amasezerano.

Jesse Lingard watijwe na Manchester United muri West Ham United ashobora kugaruka yongererwa amasezerano.

Ubwanditsi 27 Mar 2021
Nyarugenge: Urubyiruko rw’abaskuti  rwakanguriwe kurwanya icuruzwa y’abantu

Nyarugenge: Urubyiruko rw’abaskuti rwakanguriwe kurwanya icuruzwa y’abantu

Ubwanditsi 25 Jan 2016
Ingaruka zo kohereza ingabo muri Kongo zikomeje kwisukiranya ku butegetsi bw’Afrika y’Epfo

Ingaruka zo kohereza ingabo muri Kongo zikomeje kwisukiranya ku butegetsi bw’Afrika y’Epfo

Ubwanditsi 04 Apr 2024
Ubuparimehutu bushoye Gasana Anastase mu mutwe mushya w’ibyihebe , CFCR-Imvejuru , urota  guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubuparimehutu bushoye Gasana Anastase mu mutwe mushya w’ibyihebe , CFCR-Imvejuru , urota  guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Djoliba yageze i Kigali n’intego zo gusatira ikipe ya APR FC
IMIKINO

Djoliba yageze i Kigali n’intego zo gusatira ikipe ya APR FC

Ubwanditsi 16 Mar 2018
Urukiko rwa Loni rwitabaje abafashe abo muri Yugoslavia ngo bahige ba Kabuga
Mu Rwanda

Urukiko rwa Loni rwitabaje abafashe abo muri Yugoslavia ngo bahige ba Kabuga

Ubwanditsi 14 Feb 2018
Cyril Ramaphosa yatowe nk’umusimbura wa Zuma
POLITIKI

Cyril Ramaphosa yatowe nk’umusimbura wa Zuma

Ubwanditsi 15 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru