• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Kuki nka Afurika dukomeza kugondoza Imana? -Perezida Kagame

Kuki nka Afurika dukomeza kugondoza Imana? -Perezida Kagame

Ubwanditsi 08 Oct 2018 UBUKUNGU

Perezida Kagame yavuze ko Imana yahaye umugabane wa Afurika ubukire n’ubwenge bwo kububyaza umusaruro urenzeho, yibaza impamvu abawutuye basubira inyuma bakajya kuyigondoza bayisaba ubundi bufasha.

Umukuru w’Igihugu yabivuze kuri uyu wa Gatanu ubwo yakiraga urubyiruko rw’abakorerabushake b’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), bamaze ibyumweru bibiri mu Rwanda bahugurwa ku bukorerabushake.

Aba bakorerabushake 90 baturuka mu bihugu 45 bya Afurika, barimo n’Abanyarwanda 15. Barahugurwa mbere yuko boherezwa mu bindi bihugu by’Afurika gukoramo imirimo y’ubukorerabushake.

Perezida Kagame uyoboye AU, yabwiye uru rubyiruko ko rwifitemo ubushobozi bwo kuba icyo rwifuza cyose, arwibutsa ko rushobora gutanga umusanzu kugira ngo igihugu ndetse n’umugabane warwo utere imbere nk’uko byifuzwa.

Yavuze ko rudafite inzitizi nyinshi nk’uko rubyibwira kuko Imana yahaye Afurika ubukungu bwinshi, ahubwo igikenewe akaba ari urubyiruko rutekereza kandi rukora mu buryo butandukanye kandi bwiza kurenza uko bisanzwe.

Ati “Imana yaduhaye buri kimwe cyo gukoresha; umugabane ukize n’ubwenge bwo gukora ibirenzeho ariko kuki nka Afurika dukomeza gusubira inyuma tugasaba Imana kudufasha?”.

Perezida Kagame kandi yabwiye urubyiruko ati “Mureke gutuma Afurika igaragara nk’umugabane wavumwe. Imana yaduhaye ibirenze ibyo yahaye abandi. Nibidutere ishema kandi dukoreshe uwo mutungo kamere”.

Yakomeje abwira uru rubyiruko ko ‘Icy’ingenzi cyane kuri rwo nk’abayobozi b’uyu munsi n’ejo hazaza, ari ukumva ko mugomba kubyaza umusaruro amahirwe mufite kandi mugahangana n’imbogamizi zose kugira ngo zitabazitira’.

Perezida Kagame yavuze ku mateka mabi u Rwanda rwanyuzemo, avuga ko buri cyose abanyarwanda bakinyuzemo ariko ibibi babivomyemo imbaraga z’ibyiza bituma baba abantu beza kuruta uko bari bameze mu mateka yashize.

Ati “Ntakidasanzwe twakoze nk’u Rwanda. Niba twarabashije gukemura ibibazo byacu ubwacu, bivuze ko n’abandi ku Isi babishobora. Nk’urubyiruko ntimuzigere muteshuka ku ntego kubera ibibazo”.

Yakomeje agira ati “Hari ibibazo byihariye ku mugabane wacu ariko uko dukora cyane, dushyira hamwe niko tugira imbaraga zo gukemura ibyo bibazo. Iki ni igitekerezo cya Afurika Yunze Ubumwe ndetse kigomba kuba ihame ribagenga nk’urubyiruko rw’Abanyafurika”.

Perezida Kagame yakomoje ku bukorerabushake uru rubyiruko rugiye kujyamo, avuga ko ari amahitamo, abasaba kudashyira imbere inyungu zabo bwite ahubwo bakayoborwa n’inyungu rusange nk’uko ariyo ntego yaranze urubyiruko rwa FPR Inkotanyi ubwo rwajyaga mu rugamba rwo kubohora igihugu.

Uru rubyiruko rwageze mu Rwanda tariki 24 Nzeri 2018 bakazasoza tariki 10 Ukwakira 2018, babanje kwitabira Youthconnekt Africa Summit iteganyijwe hagati ya tariki 8-10 Ukwakira 2018.

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko ko rufite ibishoboka byose ngo ruteze imbere umugabane wa Afurika

Urubyiruko rugera kuri 90 rwaturutse mu bihugu 45 bya Afurika ruri mu mahugurwa arutegurira kuba abakorerabushake ba AU

Uru rubyiruko rurimo abanyarwanda 15

2018-10-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Ubwanditsi 23 Aug 2023
UNDP yahaye u Rwanda hafi miliyoni 900 Frw zo kwifashisha mu kurwanya ubukene

UNDP yahaye u Rwanda hafi miliyoni 900 Frw zo kwifashisha mu kurwanya ubukene

Ubwanditsi 21 Dec 2018
Minisitiri Shyaka aributsa ko ibicuruzwa by’i Burundi na Congo bihawe ikaze

Minisitiri Shyaka aributsa ko ibicuruzwa by’i Burundi na Congo bihawe ikaze

Ubwanditsi 03 Jun 2019
Ntawe ugomba kutwigisha uko umutwaro w’ubukene uremera –Perezida Kagame

Ntawe ugomba kutwigisha uko umutwaro w’ubukene uremera –Perezida Kagame

Ubwanditsi 26 Feb 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Sunday
    October 16, 20183:01 pm -

    He is ignorant. He now calls him self God!

    Subiza

Leave a Reply to Sunday Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RwandAir yahawe uburenganzira bwo gukorera ku bibuga byose by’indege muri Nigeria
UBUKERARUGENDO

RwandAir yahawe uburenganzira bwo gukorera ku bibuga byose by’indege muri Nigeria

Ubwanditsi 27 Mar 2018
Ibyaranze igice kibanza cya shampiyona y’u Rwanda 2024-2025 kiyobowe na Rayon Sports
Amakuru

Ibyaranze igice kibanza cya shampiyona y’u Rwanda 2024-2025 kiyobowe na Rayon Sports

Ubwanditsi 15 Jan 2025
Perezida Kagame yagaragaje ko isoko rusange rya Afurika ryahoze mu bitekerezo by’Abanyafurika
UBUKUNGU

Perezida Kagame yagaragaje ko isoko rusange rya Afurika ryahoze mu bitekerezo by’Abanyafurika

Ubwanditsi 21 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru