• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Musabyimana na Mukarugomwa bahuriye mu ngengabitekerezo imwe ya CDR, ubu bari murukundo kandi bashaje   |   27 Jan 2021

  • Bwana André Kazigaba, jya uvuga uziga, kuko ubwibone no  gushyanuka bizagushyira  mu kaga karenze ako wishoyemo   |   26 Jan 2021

  • Bamwe mu bapolisi ba Uganda mu myigaragambyo yo kwinubira umushahara muto kandi utazira igihe.   |   26 Jan 2021

  • Andre Kazigaba wahoze muri RNC ubu akaba ari muri RRM ya Callixte Nsabimana yigambye kuri Ambasaderi Nikobisanzwe urupfu rw’Umunyarwanda Baziga Louis   |   25 Jan 2021

  • Leta ya Uganda irarye iri menge, dore abakorana n’inyeshyamba muri Santrafrika batangiye gutabwa muri yombi.   |   25 Jan 2021

  • Urukiko rw’i Kampala muri Uganda rwategetse abasirikari b’icyo gihugu  guha amahoro umunyapolitiki Bobi Wine, bakava mu rugo rwe bari bamaze igihe bagose.   |   25 Jan 2021

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Leta ya Uganda mu bindi bikorwa byo gutera inkunga imitwe ya M23 na RUD-Urunana

Leta ya Uganda mu bindi bikorwa byo gutera inkunga imitwe ya M23 na RUD-Urunana

Editorial 07 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Leta ya Uganda ikomeje gushaka icyahungabanya umudendezo w’u Rwanda iha ubufasha mu bya gisirikare umutwe wa M23 ya Gen. Makenga Sultan.

Mu karere k’ibiyaga bigari, Afurika yose n’amahanga ntazibagirwa M23 yarwanye inkundura ariko hagati ya Nzeri n’Ukwakira 2013, nyuma yo gutsindwa n’ingabo za Leta ya Congo n’iza Monusco, bamwe mu barwanyi bayo bagashyira intwaro hasi abandi bakayabangira ingata bagatatana, aho igice kiyobowe na Pasiteri Runiga kirimo abasaga 600 cyerekeje mu Rwanda abandi bajyana na Colonel Sultan Makenga muri Uganda.

Aba bahoze ari abarwanyi ba M23 muri Uganda bacumbikiwe mu nkambi ihereye mu Karere ka Ibanda. Aha muri aka karere niho hari inkambi ikomeye ya gisirikare mu 2015 yashyizwemo abahoze muri uyu mutwe wa M23 bagera ku 1374 bavanywe ahazwi nka Kasese nyuma baza gutoroka hasigara ababarirwa kuri 300 gusa.

Impamvu nyamukuru yatumye batoroka ni kubera inkuru babwiwe ko Museveni agiye kubakoresha nk’abacanshuro mu ntambara muri Sudani, bamwe mu basirikare banze kujya kuba abacanshuro ndetse batoroka iyo nkambi bahungira mu bice bimwe bya Kampala no munkengero zayo.

Ubwo ibibazo by’u Rwanda na Uganda byatangiraga Museveni yahamagaje inama y’igitaraganya ya muhuje I Kampala n’abahoze ari abayobozi ba M23 barimo Gen. Makenga na Col. Kazarama.

Muri iyi nama babwiwe ko bagiye guhabwa ubufasha bwose bushobotse bagahungabanya umutekano w’u Rwanda. Aha Museveni yabibukije uburyo u Rwanda rwabakuye mu mujyi wa Goma ndetse n’ikibazo cya Gen. Laurent Nkunda umaze imyaka bivugwa ko afungiye mu Rwanda.

Gen. Makenga n’ingabo za M23

Aba bahoze ari abarwanyi ba M23, babwiye Museveni ko batatera u Rwanda kandi rucumbikiye bene wabo benshi, abandi bari mu nkambi zo mu Rwanda ko bahashirira. Inama yarangiye batumvikanye, ariko bukeye Museveni ategeka inzego ze z’umutekano ku gota inkambi irimo abasilikare ba M23 no guta muri yombi abayobozi babo.

Mugihe bamwe bafataga icyemezo cyo kwirwanaho, abandi basimbuka inkambi basubira muri Congo.

Muri uwo mukwabu hafashwe abasaga ijana bashyikirizwa leta ya Joseph Kabila I Kinshasa ari naho benshi bagiye bicirwa.

Leta ya Uganda ntiyarekeye aho, nyuma y’aho ingabo za kayumba zitikiriye mu burasirazuba bwa Congo, abari abayobozi babo bamwe bakicwa abandi bagafatwa mpiri bakaba bari mu butabera mu Rwanda.

M23 ya Makenga Sultan, irafashwa na leta ya Uganda ikongera ikanaha ubufasha n’ingabo za RUD-Urunana haba muri Uganda ndetse no DRC.

Comanda Jean Michel Afrika wa RUD-Urunana

Umwaka ushize mu kwezi kwa 12, nibwo hamenyekanye amakuru y’uko Umuvugizi wa FDLR La Forge Bazeye Fils (amazina y’ukuri ni Ignace Nkaka) ndetse n’ushinzwe iperereza Lt Col Abega (amazina y’ukuri Jean Pierre Nsekanabo) batawe muri yombi n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC.

Icyo gihe Bafatiwe ku mupaka wa Bunagana bavuye i Kampala ku wa 15 Ukuboza 2018. I Kampala, izi ntumwa za FDLR zari zatumiwe kugirango zihuzwe n’indi mitwe bashyire ingufu hamwe bahungabanye umutekano w’u Rwanda.

Uwari umuhuza muricyo gikorwa ahagarariye Museveni ni Minisitiri Philemon Mateke ushinzwe ubutwerane mu karere akaba na Sebukwe wa Jean Baptiste Mberabahizi, umuhutu w’intagondwa wabaye igihe kirekire Umunyamabanga Mukuru wa FDU-Inkingi ya Victoire Ingabire. Kubera ko bitakunze leta ya Uganda iracyapfunda imitwe hose mu gukoresha M23 na RUD-Urunana, ari nako bagerageza guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Mu majyaruguru y’u Rwanda, ibyabaye mu ijoro ryo ku wa Gatanu byahaye isomo RUD-Urunana n’umuterankunga wabo Museveni ko uwinjiye mu Rwanda, agamije guhungabanya umutekano warwo adasubirayo amahoro, isomo izi nyeshyamba zaboneyemu gasanteri k’ubucuruzi ka Kajagari mu Kinigi, aho aba bagizi ba nabi bicaga abaturage bakoresheje intwaro gakondo zirimo amasuka n’amakoro bakubitaga abantu mu mutwe.

Nyuma yo gutabwa muri yombi, abarokotse ikibatsi cy’Ingabo z’u Rwanda RDF, bavuze ko ari abo mu mutwe wa RUD Urunana,Umutwe ugizwe n’inyeshyamba z’Abanyarwanda biyomoye mu mutwe wa FDLR nawo urwanya leta y’u Rwanda. Bavuze ko uwo mutwe uyobowe na General Jean Michel Afurika ko kandi ufashwa na Uganda.

2019-10-07
Editorial

IZINDI NKURU

Museveni yasubitse urugendo rwe mu Rwanda aho yari ategerejwe mu nama yo gushyiraho  isoko rusange muri Afurika

Museveni yasubitse urugendo rwe mu Rwanda aho yari ategerejwe mu nama yo gushyiraho isoko rusange muri Afurika

Editorial 19 Mar 2018
Muri RNC ibintu bikomeje kujya irudubi, Jean Paul Turayishimiye wari Umuvugizi yeguye ku mirimo ye

Muri RNC ibintu bikomeje kujya irudubi, Jean Paul Turayishimiye wari Umuvugizi yeguye ku mirimo ye

Editorial 27 Oct 2019
Ba Ofisiye bato n’abakuru ba Polisi 35,  basubijwe mu buzima busanzwe  n’Umukuru w’Igihugu Paul Kagame

Ba Ofisiye bato n’abakuru ba Polisi 35, basubijwe mu buzima busanzwe n’Umukuru w’Igihugu Paul Kagame

Editorial 26 Dec 2016
David Himbara ari gukwirakwiza inyandiko z’ibinyoma k’u Rwanda, abifashijwemo na Museveni kuri ubu babanye nk’Amazi n’Ifu

David Himbara ari gukwirakwiza inyandiko z’ibinyoma k’u Rwanda, abifashijwemo na Museveni kuri ubu babanye nk’Amazi n’Ifu

Editorial 20 Feb 2019

Igitekerezo kimwe

  1. kabisah
    October 8, 20198:01 am -

    Yes, ubwo biyomoye kuri FDRL nta cyahindutse uretse izina gusa.!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

12 Jan 2021
Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

07 Jan 2021
U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

16 Oct 2020
Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

07 Oct 2020
Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

02 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

10 Jan 2021
Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

06 Jan 2021
Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

05 Jan 2021
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

22 Jul 2020
Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

02 Jul 2020
Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

25 Jun 2020
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

16 Jun 2020

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru