• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Leta ya Uganda mu bindi bikorwa byo gutera inkunga imitwe ya M23 na RUD-Urunana

Leta ya Uganda mu bindi bikorwa byo gutera inkunga imitwe ya M23 na RUD-Urunana

Ubwanditsi 07 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Leta ya Uganda ikomeje gushaka icyahungabanya umudendezo w’u Rwanda iha ubufasha mu bya gisirikare umutwe wa M23 ya Gen. Makenga Sultan.

Mu karere k’ibiyaga bigari, Afurika yose n’amahanga ntazibagirwa M23 yarwanye inkundura ariko hagati ya Nzeri n’Ukwakira 2013, nyuma yo gutsindwa n’ingabo za Leta ya Congo n’iza Monusco, bamwe mu barwanyi bayo bagashyira intwaro hasi abandi bakayabangira ingata bagatatana, aho igice kiyobowe na Pasiteri Runiga kirimo abasaga 600 cyerekeje mu Rwanda abandi bajyana na Colonel Sultan Makenga muri Uganda.

Aba bahoze ari abarwanyi ba M23 muri Uganda bacumbikiwe mu nkambi ihereye mu Karere ka Ibanda. Aha muri aka karere niho hari inkambi ikomeye ya gisirikare mu 2015 yashyizwemo abahoze muri uyu mutwe wa M23 bagera ku 1374 bavanywe ahazwi nka Kasese nyuma baza gutoroka hasigara ababarirwa kuri 300 gusa.

Impamvu nyamukuru yatumye batoroka ni kubera inkuru babwiwe ko Museveni agiye kubakoresha nk’abacanshuro mu ntambara muri Sudani, bamwe mu basirikare banze kujya kuba abacanshuro ndetse batoroka iyo nkambi bahungira mu bice bimwe bya Kampala no munkengero zayo.

Ubwo ibibazo by’u Rwanda na Uganda byatangiraga Museveni yahamagaje inama y’igitaraganya ya muhuje I Kampala n’abahoze ari abayobozi ba M23 barimo Gen. Makenga na Col. Kazarama.

Muri iyi nama babwiwe ko bagiye guhabwa ubufasha bwose bushobotse bagahungabanya umutekano w’u Rwanda. Aha Museveni yabibukije uburyo u Rwanda rwabakuye mu mujyi wa Goma ndetse n’ikibazo cya Gen. Laurent Nkunda umaze imyaka bivugwa ko afungiye mu Rwanda.

Gen. Makenga n’ingabo za M23

Aba bahoze ari abarwanyi ba M23, babwiye Museveni ko batatera u Rwanda kandi rucumbikiye bene wabo benshi, abandi bari mu nkambi zo mu Rwanda ko bahashirira. Inama yarangiye batumvikanye, ariko bukeye Museveni ategeka inzego ze z’umutekano ku gota inkambi irimo abasilikare ba M23 no guta muri yombi abayobozi babo.

Mugihe bamwe bafataga icyemezo cyo kwirwanaho, abandi basimbuka inkambi basubira muri Congo.

Muri uwo mukwabu hafashwe abasaga ijana bashyikirizwa leta ya Joseph Kabila I Kinshasa ari naho benshi bagiye bicirwa.

Leta ya Uganda ntiyarekeye aho, nyuma y’aho ingabo za kayumba zitikiriye mu burasirazuba bwa Congo, abari abayobozi babo bamwe bakicwa abandi bagafatwa mpiri bakaba bari mu butabera mu Rwanda.

M23 ya Makenga Sultan, irafashwa na leta ya Uganda ikongera ikanaha ubufasha n’ingabo za RUD-Urunana haba muri Uganda ndetse no DRC.

Comanda Jean Michel Afrika wa RUD-Urunana

Umwaka ushize mu kwezi kwa 12, nibwo hamenyekanye amakuru y’uko Umuvugizi wa FDLR La Forge Bazeye Fils (amazina y’ukuri ni Ignace Nkaka) ndetse n’ushinzwe iperereza Lt Col Abega (amazina y’ukuri Jean Pierre Nsekanabo) batawe muri yombi n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC.

Icyo gihe Bafatiwe ku mupaka wa Bunagana bavuye i Kampala ku wa 15 Ukuboza 2018. I Kampala, izi ntumwa za FDLR zari zatumiwe kugirango zihuzwe n’indi mitwe bashyire ingufu hamwe bahungabanye umutekano w’u Rwanda.

Uwari umuhuza muricyo gikorwa ahagarariye Museveni ni Minisitiri Philemon Mateke ushinzwe ubutwerane mu karere akaba na Sebukwe wa Jean Baptiste Mberabahizi, umuhutu w’intagondwa wabaye igihe kirekire Umunyamabanga Mukuru wa FDU-Inkingi ya Victoire Ingabire. Kubera ko bitakunze leta ya Uganda iracyapfunda imitwe hose mu gukoresha M23 na RUD-Urunana, ari nako bagerageza guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Mu majyaruguru y’u Rwanda, ibyabaye mu ijoro ryo ku wa Gatanu byahaye isomo RUD-Urunana n’umuterankunga wabo Museveni ko uwinjiye mu Rwanda, agamije guhungabanya umutekano warwo adasubirayo amahoro, isomo izi nyeshyamba zaboneyemu gasanteri k’ubucuruzi ka Kajagari mu Kinigi, aho aba bagizi ba nabi bicaga abaturage bakoresheje intwaro gakondo zirimo amasuka n’amakoro bakubitaga abantu mu mutwe.

Nyuma yo gutabwa muri yombi, abarokotse ikibatsi cy’Ingabo z’u Rwanda RDF, bavuze ko ari abo mu mutwe wa RUD Urunana,Umutwe ugizwe n’inyeshyamba z’Abanyarwanda biyomoye mu mutwe wa FDLR nawo urwanya leta y’u Rwanda. Bavuze ko uwo mutwe uyobowe na General Jean Michel Afurika ko kandi ufashwa na Uganda.

2019-10-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

UBUHAMYA : Umwe mu barokotse igitero cyo ku Kitabi arabara iryo yahaboneye

UBUHAMYA : Umwe mu barokotse igitero cyo ku Kitabi arabara iryo yahaboneye

Ubwanditsi 19 Dec 2018
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze muri Angola, aho yakiriwe na mugenzi we w’icyo gihugu, João Lourenço.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze muri Angola, aho yakiriwe na mugenzi we w’icyo gihugu, João Lourenço.

Ubwanditsi 11 Mar 2024
Abanya-Uganda bararegera kubangamirwa, Abanyarwanda baregera iyicarubozo

Abanya-Uganda bararegera kubangamirwa, Abanyarwanda baregera iyicarubozo

Ubwanditsi 09 Jul 2019
U Rwanda rugiye gusaba Uganda ibisobanuro ku magambo ya ba minisitiri bavuze ko rumeze nk’igikombe cy’igikoma

U Rwanda rugiye gusaba Uganda ibisobanuro ku magambo ya ba minisitiri bavuze ko rumeze nk’igikombe cy’igikoma

Ubwanditsi 26 Nov 2018

Igitekerezo kimwe

  1. kabisah
    October 8, 20198:01 am -

    Yes, ubwo biyomoye kuri FDRL nta cyahindutse uretse izina gusa.!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umupolisi w’u Burundi wafatiwe mu Rwanda yashyikirijwe igihugu cye
Mu Rwanda

Umupolisi w’u Burundi wafatiwe mu Rwanda yashyikirijwe igihugu cye

Ubwanditsi 16 Apr 2018
Gatsibo: Yafashwe yiba agirwa intere, ise ategekwa kugurisha isambu ye ngo amwishyurire
Mu Rwanda

Gatsibo: Yafashwe yiba agirwa intere, ise ategekwa kugurisha isambu ye ngo amwishyurire

Ubwanditsi 13 May 2017
Indimi ebyiri za  Perezida Museveni  mugihe cy’urugamba rwa RPF  rwo kubohora igihugu [ VIDEO ]
INKURU NYAMUKURU

Indimi ebyiri za Perezida Museveni mugihe cy’urugamba rwa RPF rwo kubohora igihugu [ VIDEO ]

Ubwanditsi 11 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru