• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ruharwa Claude Muhayimana yasabiwe igifungo cy’imyaka 15   |   27 Feb 2026

  • Kongera serivisi bahabwa no gukuba kabiri imiti: Impamvu imisanzu ya Mituweli yongerewe   |   24 Feb 2026

  • Inzira Bad Rama yanyuzemo akaba umukire akaba asoje ari umusazi   |   24 Feb 2026

  • Interahamwe n’Ibigarasha byungutse Idamange ProMax, Umuzindaro Mushya ugezweho ubu ni Bad Rama   |   23 Feb 2026

  • Abasirikare b’u Burundi muri RDC baratabaza: ubukene n’umwanda birabugarije   |   23 Feb 2026

  • Abahagarariye Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Abanya-Israel n’abahagarariye Afurika bahuriye mu Rwanda mu nama yiga ku mutekano ‘The Security Summit’.   |   23 Feb 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Munyakazi Sadate na Bagenzi Be Bari Abayobozi Ba Rayon Sport FC Bambuwe Ububasha bwo Gukomeza Kuyiyobora

Munyakazi Sadate na Bagenzi Be Bari Abayobozi Ba Rayon Sport FC Bambuwe Ububasha bwo Gukomeza Kuyiyobora

Ubwanditsi 22 Sep 2020 Amakuru, IMIKINO

Munyakazi Sadate na bagenzi be bari abayobozi ba Rayon Sports FC bambuwe ububasha bwo gukomeza kuyobora iyi kipe, nyuma y’igihe kinini ivugwamo ibibazo byagejeje n’aho inzego za leta zifata iya mbere mu kubikemura.

IBYEMEZO BYAFASHWE KU BIBAZO BIRI MU MURYANGO “ASSOCIATION RAYON SPORT BINYUJIJWE MU ITANGAZO RIGENEWE  ABANYAMAKURU
Kigali Kuwa 22/09/2020

Kuva muri Gicurasi 2020 havutse amakimbirane muri Associations Rayon Sport
ashingiye ku kutumvikana hagati ya Komite Nyobozi y’Umuryango, abigeze
kuyobora umuryango ndetse na bamwe mu banyamuryango. Mu bihe
bitandukanye aba bamaze kuvugwa bagiye bandikira Urwego rw’Igihugu
rw’Imiyoborere rufite mu nshingano Imiryango Nyarwanda itari iya Leta,
bakanamenyesha Minisiteri ya Siporo n’izindi nzego bagaragaza ibibazo biri
muri uyu muryango.
Igenzura ryakozwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) mu murayango
Association Rayon Sport ryagaragaje ibibazo bikomeye birimo:
✓ Kuba uyu muryango wararanzwe n’imikorere itubahiriza Ibiteganywa
n’Itegeko rigenga imitunganyirize n’imikorere y’Imiryango nyarwanda
itari iya Leta ndetse no kutubahiriza guhuza n’amategeko mu bihe
binyuranye ;
✓ Imicungire mibi y’umutungo n’imari yakomeje kuranga umuryango
bigatuma uhora mu bibazo by’ubukene n’amadeni menshi no
kutishyura imisoro;
✓ Kuba abayobozi mu bihe bitandukanye bavuga ko bagurije umuryango
ariko bikaba bitarakozwe mu buryo bwemewe bw’inguzanyo;
✓ Kuba ibi bibazo bimaze kuvugwa byarakomeje gukurura amakimbirane
mu muryango kandi abayoboye umuryango mu bihe binyuranye
ntibashobore kubikemura;
Hashingiwe ku Itegeko N°04/2012 ryo ku wa 17/02/2012 rigena imitunganyirize
n’imikorere by’Imiryango Nyarwanda itari iya Leta cyane cyane mu ngingo
zaryo za 16, 30 ziha Urwego rw’ Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) inshingano
n’ububasha byo kwandika, gukurikirana, kugenzura, kwihanangiriza,
guhagarika by’agateganyo cyangwa burundu umuryango wateshutse ku
nshingano ;
Mu rwego rwo gukemura mu buryo burambye, ibibazo byagaragaye mu
muryango Rayon Sport, hafashwe ibyemezo bikurikira:

1. RGB yihanangirije Umuryango Rayon Sport Association kuko wateshutse
ku nshingano;
2. Komite Nyobozi y’Umuryango iriho irahagaritswe kuko itabashije gusoza
inshingano yahawe mu gukemura ibibazo by’umuryango.
3. Mu rwego rwo kubungabunga ibikorwa by’umuryango, ibikorwa bya
Rayon Sport biraragizwa mu buryo bw’agateganyo Komite y’inzibacyuho
(care taker) ishinzwe gutegura ibijyanye no guhuza amategeko
y’umuryango n’amategeko y’iguhugu, gushyiraho inzego z’umuryango
zishingiye kandi zigendera ku mategeko ndetse no gutumiza Inteko
rusange byakozwe mu gihe kitarenze iminsi 30.
4. Ihererekanya bubasha hagati ya Komite yari isanzwe iriho na Komite
y’Inzibacyuho rizakorwa bitarenze taliki ya 24/09/2020. Abazayobora iyi
nzibacyuho bazamenyekana mbere y’iherekanya bubasha.
5. Mu gihe Rayon Sport izaba itabashije gekemura ibibazo dushingiyeho
tubihanangiriza mu gihe cy’ukwezi (iminsi 30), hazakurikizwa ibiteganywa
n’ingingo ya 32 y’itegeko rigenga imiryango nyarwanda itari iya leta
biteganya ihagarikwa ry’agateganyo ry’umuryango.
Dr. KAITESI Usta
Umukuru w’Urwego

2020-09-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuryango Hult  African Business Club wo muri Kaminuza ya Hult, mu mujyi wa Boston muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika,urasaba imbabazi ku kuba waribeshye ugafata Rusesabagina nk’intwari, ndetse ukanashimira abawufashije kumenya ubugome bwe.

Umuryango Hult  African Business Club wo muri Kaminuza ya Hult, mu mujyi wa Boston muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika,urasaba imbabazi ku kuba waribeshye ugafata Rusesabagina nk’intwari, ndetse ukanashimira abawufashije kumenya ubugome bwe.

Ubwanditsi 26 Feb 2021
Rayon Sports, APR FC na Police FC mu makipe yitwaye neza mu mikino ibanza ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro

Rayon Sports, APR FC na Police FC mu makipe yitwaye neza mu mikino ibanza ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 28 Apr 2022
Ikipe ya Chelsea yashyizwe ku isoko

Ikipe ya Chelsea yashyizwe ku isoko

Ubwanditsi 26 Aug 2018
U Rwanda rwatsinzwe na Libya ku munota wa nyuma rurasezererwa[ uko byagenze mukibuga ]

U Rwanda rwatsinzwe na Libya ku munota wa nyuma rurasezererwa[ uko byagenze mukibuga ]

Ubwanditsi 24 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu tariki ya 30/06/2017
Mu Rwanda

Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu tariki ya 30/06/2017

Ubwanditsi 01 Jul 2017
Umukinnyi wa AS Kigali Kalisa Rachid wamaze kubagwa, azamara amezi abiri adakina umupira w’amaguru kubera imvune yagize
Amakuru

Umukinnyi wa AS Kigali Kalisa Rachid wamaze kubagwa, azamara amezi abiri adakina umupira w’amaguru kubera imvune yagize

Ubwanditsi 29 Oct 2021
Ntabwo twasangira urwibutso n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi- Amb.Nduhungirehe
ITOHOZA

Ntabwo twasangira urwibutso n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi- Amb.Nduhungirehe

Ubwanditsi 10 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru