• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame yashimye umusanzu wa Global Fund mu kwita ku buzima

Perezida Kagame yashimye umusanzu wa Global Fund mu kwita ku buzima

Ubwanditsi 03 May 2017 Mu Rwanda

Perezida Kagame yashimye inkunga y’Ikigega Global Fund mu guteza imbere urwego rw’ubuzima mu Rwanda no ku Isi muri rusange, yizeza ko imikoranire n’ubufatanye byiza bizakomeza kwitabwaho mu myaka iri imbere.

Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu tariki 3 Gicurasi 2017, ubwo yatangizaga ku mugaragaro inama y’ubutegetsi ya 37 y’Ikigega Global Fund, yahurije abanyamuryango 250 muri Marriot Hotel i Kigali.

Kuva mu 2003 Global Fund ni umuterankunga wa Leta y’u Rwanda mu bikorwa bitandukanye by’ubuzima birimo ibyo kurwanya SIDA, malariya n’igituntu. Iyi nama y’iminsi ibiri ikaba izagenzurirwamo uko inkunga iki kigega gitanga mu bikorwa by’ubuzima mu Rwanda zikoreshwa.

Perezida Kagame yashimiye inkunga ya Global Fund mu gutuma abanyarwanda benshi bafite ubwandu bwa Virusi itera Sida babasha gufata imiti igabanya ubukana, mu kurwanya malaria n’igituntu ku buryo bufatika, byose bikagira uruhare mu kongera imyaka 20 ku cyizere cyo kubaho cy’abanyarwanda.

Yagize ati “Uwavuga ko Global Fund ari umufatanyabikorwa wagaragaje inkunga ikomeye mu gushyigikira iterambere mu mateka yacu, ntiyaba abeshye. Yabaye ingenzi mu migambi yacu yose igamije ubuzima bwiza n’imibereho myiza y’abaturage bacu, kandi tuzakomeza gukorera hamwe no mu myaka izaza.”

Yakomeje ashima uburyo bw’imikorere bwa Global Fund bushingiye ku kutikanyiza, gukora ibyiza, ubufatanye, gukorera mu mucyo no kubaza icyo inkunga yakoreshejwe, ashimangira ko no mu zindi porogaramu bikozwe byatanga umusaruro mwiza Isi ikarushaho kuba nziza.

Yagize ati “Ubufatanye ni ikintu cy’ingenzi muri ibi, gushyira hamwe tugashaka inkunga ikenewe yo guhangana n’ibibazo byugarije ubuzima, byerekana ko dufite n’ubushobozi bwo gukemura n’ibindi bibazo duhura na byo.”

Yibukije ko ikizatuma Global Fund igera kuri byinshi, bisaba gukomeza gukora neza no gutanga umusaruro kandi ibihugu bikazamura inzego z’ubuzima ubwabyo aho kurindira ko Global Fund ibikorera imishinga.

Mu 2015 ikigega Global Fund cyagabanyije inkunga cyahaga bimwe mu bihugu byiganjemo ibyo muri Afurika kuko ngo cyasubiyemo uburyo bw’imitangire yazo.

By’umwihariko ku Rwanda, Global Fund yafashe icyemezo cyo kugabanya amafaranga yatangaga mu kurwanya icyorezo cya Sida ho 42%, imwe mu mpamvu ikaba ari uko mu myaka icumi Sida yagabanutse ikagera kuri 3% kandi hakaba nta bimenyetso byo kwiyongera bihari.

Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’igenzura ryanzuye ko inkunga za Global Fund zizajya zitangwa hashingiwe ku musaruro wagezweho, bigamije koroshya imikoreshereze y’inkunga muri za porogaramu zishyirwa mu bikorwa n’ibihugu bifite ubushobozi buhambaye mu mikoreshereze n’imicungire y’inkunga.

Global Fund ikorera mu bihugu 100 byo ku isi. Mu gihe cy’imyaka itatu u Rwanda rukaba rwaragenewe inkunga ya miliyoni 110 z’amadorali ya Amerika.

-6455.jpg

Perezida Kagame

2017-05-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imyaka 50 irashize Habyarimana afashe ubutegetsi, Ivangura ryaburanze

Imyaka 50 irashize Habyarimana afashe ubutegetsi, Ivangura ryaburanze

Ubwanditsi 30 Aug 2023
Barafinda ari mugahinda  nyuma y’uko ngo  hari abantu bakomeje kumutwara  ‘Udukoryo’

Barafinda ari mugahinda nyuma y’uko ngo hari abantu bakomeje kumutwara ‘Udukoryo’

Ubwanditsi 04 Sep 2017
Perezida Kagame yitabiriye Inama ya 27 ihuza u Bufaransa n’ Afurika I Bamako.

Perezida Kagame yitabiriye Inama ya 27 ihuza u Bufaransa n’ Afurika I Bamako.

Ubwanditsi 16 Jan 2017
Amafoto – Mu mukino wa gicuti, ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Ibanda FC yo muri RDC 0-0

Amafoto – Mu mukino wa gicuti, ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Ibanda FC yo muri RDC 0-0

Ubwanditsi 18 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abatekamutwe baragwira, Noneho Freeman Bikorwa ngo yavumbuye umuti wa Sida!
Amakuru

Abatekamutwe baragwira, Noneho Freeman Bikorwa ngo yavumbuye umuti wa Sida!

Ubwanditsi 30 Jun 2021
Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru arakangurira abaturage gufatanya kubungabunga umutekano
Mu Mahanga

Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru arakangurira abaturage gufatanya kubungabunga umutekano

Ubwanditsi 03 Nov 2016
Ibyitezwe mu biganiro byihariye hagati ya Perezida Kagame na Perezida Macro ejo bundi i Élysées
INKURU NYAMUKURU

Ibyitezwe mu biganiro byihariye hagati ya Perezida Kagame na Perezida Macro ejo bundi i Élysées

Ubwanditsi 21 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru