• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi yerekanye abakinnyi bashya n’ibikombe yatwaye mu mikino y’intoki (Handball)

Polisi yerekanye abakinnyi bashya n’ibikombe yatwaye mu mikino y’intoki (Handball)

Ubwanditsi 01 Aug 2016 Mu Mahanga

Umuyobozi mukuru wa Polisi IGP Emanuel K Gasana yakiriye ikipe ya Police FC ndetse n’ikipe y’umupira w’intoki Police Handball Club, umuhango warugamije kwerekana abakinnyi bashya bazafasha ikipe ya Police FC umwaka utaha wa shampiyona ndetse no kwerekana ibikombe ikipe ya Police Handball Club yegukanye.

Abakinnyi bashya ba Police FC harimo Hussein Habimana, Danny Nduwayo Milafa Nizeyimana Celestin Ndayishimiye, Amini Mwizerwa, Jean Bosco Akayezu, Antoine Dominique Ndayishimiye, Christophe Biramahire and Olivier Usabimana.

Aha kandi berekanye n’abatoza bashya bazafasha iyi kipe harimo Innocent Seninga, umwungirije Justin Bisengimana na Claude Maniraho ushinzwe gutoza abanyezamu.

Mu ijambo rye umuyobozi mukuru wa police IGP Emanuel K Gasana yavuze ko inzira yambere isaba intsinzi ari ubushake no gufatanya mu gihe ufite icyo ushaka kugeraho.

IGP Emanuel K Gsana yagize ati” mwibuke ko abanyarwanda icyo duharanira ari intsinzi kandi mugomba kutadutenguha , dukeneye ikipe intsinda kandi iyo niyo ntego yacu ya mbere iduhesha ishema nka polisi”

Umuyobozi wa Police FC Colonel (rtd) Louis Twahirwa Dodo yizeje ikipe ya Police FC inkunga nkuko bisanzwe bikorwa, yagize ati” abakinnyi bashya ndetse n’abatoza n’amaraso mashya yo kwitegura ,ibi kandi bizadufasha neza umwaka utaha wa shampiyona”

Colonel (rtd) Louis Twahirwa Dodo yasabye kandi abakinnyi kwitwara neza no gukoresha ubufasha bahabwa na Polisi y’igihugu kugira babashe gukorana ishyaka bazitware neza umwaka utaha wa shampiyona.

Ku rwego rw’umupira w’intoki kandi ikipe ya Police Handball yishimiye ibikombe 6 yatwaye uyu mwaka harimo igikombe cya shampiyona, igikombe cy’akarere k’iburisirazuba (ECAHF), igikombe cy’intwari , icyo kwibuka abatutsi bazize genoside yo muri Mata 1994 n’ibindi.

Iyi kipe kandi y’umukino w’intoki Police Handball ikaba imaze imyaka ine itwara igikombe cya shampiyona yikurikiranya.

-3458.jpg

Ibikombe imaze gutwara

-3460.jpg

Abakinnyi bashya

-3459.jpg

IGP Emanuel K Gsana yambika abakinnyi bashya imyambaro

Umuyobozi wa Police Handball Donald Kabanda akaba yashimye byimazeyo ubuyobozi bwa Polisi y’igihugu budahwema kubafasha umunsi ku munsi kuko ariyo nkingi yo kwitwara neza ku ikipe ya Police Handball.

RNP

2016-08-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ali Kiba uherutse kurushinga yagejejwe mu rukiko

Ali Kiba uherutse kurushinga yagejejwe mu rukiko

Ubwanditsi 07 May 2018
Burundi : Gen. Gaciyubwenge arahigwa bukware

Burundi : Gen. Gaciyubwenge arahigwa bukware

Ubwanditsi 06 Mar 2018
Gatsibo  : Umupolisi yarashe abapolisi bagenzi be yicamo umwe, na we araraswa

Gatsibo : Umupolisi yarashe abapolisi bagenzi be yicamo umwe, na we araraswa

Ubwanditsi 03 Oct 2016
Umurenge wa Remera niwo wahize indi mu bukangurambaga bw’isuku n’umutekano uhembwa Imodoka

Umurenge wa Remera niwo wahize indi mu bukangurambaga bw’isuku n’umutekano uhembwa Imodoka

Ubwanditsi 25 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FERWAFA yemeje ko amakipe ya Al Merrikh, Al Hilal S.C na El Ahli SC Wad Medani yo muri Sudani atangira gukina shampiyona y’u Rwanda
Amakuru

FERWAFA yemeje ko amakipe ya Al Merrikh, Al Hilal S.C na El Ahli SC Wad Medani yo muri Sudani atangira gukina shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 24 Oct 2025
Teta yatunguwe no kubona “Velo” kuri NTV Kenya
IMIKINO

Teta yatunguwe no kubona “Velo” kuri NTV Kenya

Ubwanditsi 02 Feb 2016
Uganda: Abanyarwanda bakomeje kwegeranya amafaranga yo kubaka urwibutso muri Mpigi
Mu Mahanga

Uganda: Abanyarwanda bakomeje kwegeranya amafaranga yo kubaka urwibutso muri Mpigi

Ubwanditsi 10 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru