• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

  • Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma   |   09 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi yerekanye abakinnyi bashya n’ibikombe yatwaye mu mikino y’intoki (Handball)

Polisi yerekanye abakinnyi bashya n’ibikombe yatwaye mu mikino y’intoki (Handball)

Ubwanditsi 01 Aug 2016 Mu Mahanga

Umuyobozi mukuru wa Polisi IGP Emanuel K Gasana yakiriye ikipe ya Police FC ndetse n’ikipe y’umupira w’intoki Police Handball Club, umuhango warugamije kwerekana abakinnyi bashya bazafasha ikipe ya Police FC umwaka utaha wa shampiyona ndetse no kwerekana ibikombe ikipe ya Police Handball Club yegukanye.

Abakinnyi bashya ba Police FC harimo Hussein Habimana, Danny Nduwayo Milafa Nizeyimana Celestin Ndayishimiye, Amini Mwizerwa, Jean Bosco Akayezu, Antoine Dominique Ndayishimiye, Christophe Biramahire and Olivier Usabimana.

Aha kandi berekanye n’abatoza bashya bazafasha iyi kipe harimo Innocent Seninga, umwungirije Justin Bisengimana na Claude Maniraho ushinzwe gutoza abanyezamu.

Mu ijambo rye umuyobozi mukuru wa police IGP Emanuel K Gasana yavuze ko inzira yambere isaba intsinzi ari ubushake no gufatanya mu gihe ufite icyo ushaka kugeraho.

IGP Emanuel K Gsana yagize ati” mwibuke ko abanyarwanda icyo duharanira ari intsinzi kandi mugomba kutadutenguha , dukeneye ikipe intsinda kandi iyo niyo ntego yacu ya mbere iduhesha ishema nka polisi”

Umuyobozi wa Police FC Colonel (rtd) Louis Twahirwa Dodo yizeje ikipe ya Police FC inkunga nkuko bisanzwe bikorwa, yagize ati” abakinnyi bashya ndetse n’abatoza n’amaraso mashya yo kwitegura ,ibi kandi bizadufasha neza umwaka utaha wa shampiyona”

Colonel (rtd) Louis Twahirwa Dodo yasabye kandi abakinnyi kwitwara neza no gukoresha ubufasha bahabwa na Polisi y’igihugu kugira babashe gukorana ishyaka bazitware neza umwaka utaha wa shampiyona.

Ku rwego rw’umupira w’intoki kandi ikipe ya Police Handball yishimiye ibikombe 6 yatwaye uyu mwaka harimo igikombe cya shampiyona, igikombe cy’akarere k’iburisirazuba (ECAHF), igikombe cy’intwari , icyo kwibuka abatutsi bazize genoside yo muri Mata 1994 n’ibindi.

Iyi kipe kandi y’umukino w’intoki Police Handball ikaba imaze imyaka ine itwara igikombe cya shampiyona yikurikiranya.

-3458.jpg

Ibikombe imaze gutwara

-3460.jpg

Abakinnyi bashya

-3459.jpg

IGP Emanuel K Gsana yambika abakinnyi bashya imyambaro

Umuyobozi wa Police Handball Donald Kabanda akaba yashimye byimazeyo ubuyobozi bwa Polisi y’igihugu budahwema kubafasha umunsi ku munsi kuko ariyo nkingi yo kwitwara neza ku ikipe ya Police Handball.

RNP

2016-08-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rulindo:Umugabo yiturikirijeho Gerenade ahita apfa

Rulindo:Umugabo yiturikirijeho Gerenade ahita apfa

Ubwanditsi 17 Oct 2016
Ruharwa Maj Pierre Claver Karangwa yongeye gutabwa muri yombi n’inzego z’ubutabera mu Buholandi

Ruharwa Maj Pierre Claver Karangwa yongeye gutabwa muri yombi n’inzego z’ubutabera mu Buholandi

Ubwanditsi 04 Oct 2023
Sudani y’Epfo: CP Munyambo yashimye imikorere y’Abapolisi b’u Rwanda bakorera Malakal

Sudani y’Epfo: CP Munyambo yashimye imikorere y’Abapolisi b’u Rwanda bakorera Malakal

Ubwanditsi 19 Jan 2018
Nitutamagana abantu nka Charles Kambanda na Thomas Nahimana, ababacumbikiye ntibazakeka ko twese dutekereza macuri?

Nitutamagana abantu nka Charles Kambanda na Thomas Nahimana, ababacumbikiye ntibazakeka ko twese dutekereza macuri?

Ubwanditsi 13 Jun 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kwita izina 2018 : Hazagaragara abakinnyi bakomeye ba  ARSENAL
Mu Rwanda

Kwita izina 2018 : Hazagaragara abakinnyi bakomeye ba ARSENAL

Ubwanditsi 12 Jul 2018
Abayobozi b’ikipe  ya Manchester  bafashe  icyemezo cyo ku gabanya imishahara ya bamwe  mu bakinnyi  bayo
IMIKINO

Abayobozi b’ikipe ya Manchester bafashe icyemezo cyo ku gabanya imishahara ya bamwe mu bakinnyi bayo

Ubwanditsi 21 Feb 2016
Tour du Rwanda: Umunya-Colombia atwaye agace ka 6
IMIKINO

Tour du Rwanda: Umunya-Colombia atwaye agace ka 6

Ubwanditsi 28 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru