• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Bushinwa: Agahinda k’umugore wabujijwe kwinjira muri hoteli azira ko akomoka muri Uganda

U Bushinwa: Agahinda k’umugore wabujijwe kwinjira muri hoteli azira ko akomoka muri Uganda

Ubwanditsi 07 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Umugore witwa Juliet Hatanga, usanzwe ari umunyamategeko muri Uganda yavuze iby’agahinda yatewe no kwangirwa kurara muri hoteli yo mu Mujyi wa Guangzhou mu Bushinwa, azira kuba aturuka mu gihugu cya Uganda.

Amahoteli ni kimwe mu bintu uyu mujyi ukungahayeho ariko bivugwa ko polisi yo mu Bushinwa yabujije kwakira no gucumbikira abashyitsi baturutse muri Uganda, Nigeria na Kenya.

Mu kiganiro yagiranye na BBC akigera muri Uganda, Juliet Hatanga yasobanuye ko akigera aho bakirira abashyitsi muri iyi hoteli, bamubajije ibyangombwa basanga ari Umunya-Uganda, bakanga kumuha icumbi kandi yari yararisabye mbere baranarimwemereye.

Ati “Narahageze baramfungurira mbabwira amazina yanjye barareba babona ko nari nafashe icyumba, bambaza pasiporo yanjye barambwira ngo mbababarire ntabwo banyakira, mbajije impamvu bambwira ko bafite ibwiriza bahawe na polisi batagomba kwakira umuntu uturutse Uganda.”

Yakomeje avuga ko yabatakambiye akababaza niba nta handi bamushyira akabona aho arara, ngo bahise bamwereka ku ikarita igaragaza amahoteli ari muri Guangzhou bamurangira mu birometero 50, aho ashobora kubona indi hoteli idaha akato abaturutse muri ibi bihugu.

Muri izi hoteli ariko ngo iyo umuntu ari umwirabura ufite ubwengegihugu bwa Amerika na pasiporo yabo ntabwo ahabwa akato.

Juliet avuga kandi ko bishoboka ko hari umuntu uturuka muri ibi bihugu wakoze ibyaha ari nayo mpamvu abandi babigenderamo.

Ati “Uko bigaragara hari umuntu ukekwaho ibyaha muri iki gihugu ashobora kuba ari Umunya-Uganda, Nigeria cyangwa Umunya-Kenya. Ibyo bihugu byose batagendeye ku kuba uri umugabo cyangwa umugore kubera ko umuntu ukukiranyweho icyaha ari uwo muri kimwe muri ibyo bihugu twese tukagerwaho n’ingaruka.”

Juliet Hatanga yavuze ko yahise ahamagara kuri ambasade ya Uganda iri muri iki gihugu bakamufasha kubona aho kurara ariko nabwo ngo byamusabye gukora urugendo no gukora ibyo atari yateguye.

Nyuma yahoo ngo hari inshuti ye yamwoherereje ifoto igaragaza urutonde rw’amahoteli muri uyu mujyi atajya yakira abirabura.

Uyu mugore yavuze ko yababajwe cyane n’uburyo yahawe akato muri iki gihugu kandi Abashinwa bari muri Uganda bakirwa neza, Perezida akaborohereza mu kwishyura imisoro bakanahabwa ubutaka n’ibindi.

Ati “Ndakeka ari irondaruhu rikomeye ntabwo nkeka ko ibihugu byakubaka umubano wabyo. Ariko mu by’ukuri ntabwo nkeka ko nazasubira muri kiriya gihugu”.

Raporo iherutse gusohorwa n’ikinyamakuru Business Wire yagaragaje ko muri 2015, u Bushinwa bwazaga ku mwanya wa kane ku Isi mu bihugu bisurwa cyane na ba mukerarugendo, aho cyakiraga abagera kuri miliyoni 56.9 ku mwaka.

2018-08-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imikorere mibi  no kunyereza umutungo wa EAC mu ihurizo ryo guhemba abakozi bayo 

Imikorere mibi  no kunyereza umutungo wa EAC mu ihurizo ryo guhemba abakozi bayo 

Ubwanditsi 08 Jul 2019
Guverinoma y’u Rwanda imaze guhagarika amasezerano y’ubufatanye rwari rufitanye n’Ububiligi, akaba yari afite agaciro kuva muw’2024 kugeza muw’2029

Guverinoma y’u Rwanda imaze guhagarika amasezerano y’ubufatanye rwari rufitanye n’Ububiligi, akaba yari afite agaciro kuva muw’2024 kugeza muw’2029

Ubwanditsi 18 Feb 2025
Inkwenene ku bahakana Bakanapfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi Bagerageje Gutagatifuza Paul Rusesabagina

Inkwenene ku bahakana Bakanapfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi Bagerageje Gutagatifuza Paul Rusesabagina

Ubwanditsi 21 Sep 2020
Kivu y’Amajyepfo: Inyeshyamba z’Abarundi ziragenda zigarurira imitima y’abaturage

Kivu y’Amajyepfo: Inyeshyamba z’Abarundi ziragenda zigarurira imitima y’abaturage

Ubwanditsi 31 May 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Titi
    August 8, 20188:17 am -

    Ibyo ni bike mu ngaruka muzabona zituruka kuri aba babyamahanga mukurura mukabaha avantages zose ahanini mushorewe nibifu byanyu aho kwita ku nyungu zizagera no kubuzukuru banyu. Reka binjire vabyare bororoke ubundi uzabona uko bazazengereza abuzukuru bacu. Cyane ko bafite imbaraga zamafaranga kandi zizarushaho kwiyongera ariko bubaka nubushobozi bwo kuyarinda. Gusa ntakundi twagushje ishyano kuri Africa kugira abategetsi banga bene wabo nabo batiretse. Muzabona ibimeze nka apartheid mu myaka ? iri imbere kandi biri gutegurwa nabategetsi dufite ubu. Shame on you

    Subiza

Leave a Reply to Titi Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RwandAir igiye gufungura ibyerekezo bishya bitanu mu mwaka umwe
UBUKERARUGENDO

RwandAir igiye gufungura ibyerekezo bishya bitanu mu mwaka umwe

Ubwanditsi 10 Aug 2018
Sitade Mpuzamahanga ya Huye yafunzwe by’agateganyo kubera imirimo yo kuyitunganya igiye gutangira
Amakuru

Sitade Mpuzamahanga ya Huye yafunzwe by’agateganyo kubera imirimo yo kuyitunganya igiye gutangira

Ubwanditsi 23 Apr 2022
Imbogamizi ku kuvana muri Libya abimukira bakomeje gucuruzwa nk’abacakara
Mu Mahanga

Imbogamizi ku kuvana muri Libya abimukira bakomeje gucuruzwa nk’abacakara

Ubwanditsi 04 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru