• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda yari yemereye Sankara, intwaro zikomeye zo gutera u Rwanda
Brig. Kandiho wa CMI na Major Don Nabasa [ SFC ] na Sankara Calixte

Uganda yari yemereye Sankara, intwaro zikomeye zo gutera u Rwanda

Ubwanditsi 23 May 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibyaha ndegwa hano ni 16, ntabwo nzi niba navuga kuri buri kimwe, cg navuga ku by’ingenzi.”

“Nagira ngo mvuge ku byabaye ku itariki ya 15 Ukuboza , ku gitero cyagabwe ku mamodoka muri Nyungwe. Mu by’ukuri impuzamashyaka MRCD twari twarahaye amabwiriza abayobozi bakuru ba FLN ko mu bikorwa bya gisirikare bagomba gukora, intego twari twarabahaye, twabasabaga guca ibiraro biri mu muhanda, gutega igico imodoka za gisirikare zinyura muri uriya muhanda, ko babishoboye bareba n’ibiro by’imirenge cg uturere biri hafi aho. Icyo ni cyo twari twabasabye, hanyuma tukabasaba ko bareba ahari ibigo byoroheje bya gisirikare cyangwa ibya polisi.”

Ati “Mbere y’iminsi nk’itanu, ko kiriya gitero kiba, njye navuganye na Maj Gen Sinayobye Barnabé, yari ampamagaye ambwira ko ashaka gukora akantu mu mpera z’uriya mwaka. Numvaga yuko agiye gukora kimwe mu byo twari twaramugiriyeho inama, cyane ko jye nk’umuvugizi namusabaga ko yakora igikorwa ushobora kujya ku maradio ukavuga ko wagikoze. Uteye ikigo cya gisirikare, ugatwara intwaro cyangwa ukica abasirikare, Icyo gihe byari kunyorohera kujya ku maradiyo ukabivuga, ariko ntiwajya ku maradiyo ngo uvuge ko wishe abasivile cyangwa warashe mu isoko.”

Mu kwiregura kwe, Nsabimana yavuze ko ibitero byagabwe na FLN atari byo bari baravuganyeho n’ihuriro MRCD ryashinze FLN.

Ngo kugeza afatwa tariki 12 Mata 2019, amakuru yari afite ku bitero bya Kitabi i Nyamagabe, yari uko FLN yahagaritse imodoka igakuramo abagenzi, bakabigisha politiki ya MRCD barangiza ngo bakarasa abasirikare babiri bashatse kubarwanya.

Nsabimana Callixte wiyita Sankara yemeye ko yagiranye umubano na bamwe mu basirikare ba Uganda n’u Burundi.

N’igihe bamufataga ngo yari amaze kuvugana na Major Bertin w’i Burundi. Gusa ngo u Burundi nta gikoresho cya gisirikare bwigeze bubaha, ndetse ngo nta n’ubwo Perezida w’u Burundi yari abizi. Kuri Uganda ho, na ho yemera ko yagiranye umubano na bamwe mu basirikare ba Uganda.

Yavuze ko igihe bamufataga yari amaze kuvugana na Maj. Bertin wo mu Ngabo z’u Burundi, wamufashije nka FLN mu gukura abasirikare muri RDC, bagaca mu Kibitoke bagakomeza mu ishyamba rya Kibira, bagakomeza muri Nyungwe.

Yavuze ko ariko u Burundi nta gikoresho cya gisirikare bwabahaye, kandi n’uburyo babikoraga butari buzwi n’ubuyobozi bw’igihugu kuko hari n’ubwo abasirikare babo bafatwaga.

Ku bijyanye na Uganda ho, yavuze ko yagiranye umubano na bamwe mu basirikare bakuru baho ndetse ubwo bamufataga, muri telefoni ye harimo ifoto y’umwe mu basirikare bakuru ba Uganda yari amaze kohererezwa na Capt. Sande Charles usanzwe ari Umuyoboke wa RNC.

Ati “Twarabanye, twarakoranaga nkiri muri RNC.”

Sande ngo yamusabiye kwakirwa kwa Brig. Gen. Kandiho, uyobora urwego rwa gisirikare rushinzwe iperereza muri Uganda. Nsabimana ngo yavuganye na Gen. Wilson Irategeka, bafata umwanzuro wo koherezayo Gen. Maj. Sinayobye Barnabé, ajyana n’undi musirikare we atabashije kumenya izina.

Bageze muri Uganda ngo basanze Brig. Gen. Kandiho yagize izindi gahunda, yohereza Colonel ushinzwe iperereza ryo hanze “ni we wabonanye n’izo ntumwa zanjye.”

Yavuze ko baganiriye ku gusaba ibikoresho bya gisirikare n’ubufasha muri dipolomasi, ku buryo ngo intumwa zavuyeyo zivuga ko “ubufasha twasabaga babutwemereye’.

Ati “Nkaba narafashwe twarateganyaga ko intumwa zacu zisubirayo kugira ngo basoze neza ibijyanye n’ishyirwa mu bikorwa ry’ibyo bari batwemereye.”

Yakomeje avuga ati “Nyakubahwa mucamanza icyo cyaha nacyo nkaba nkemera, nkicuza, nagisabira imbabazi.”

Umushinjacyaha yavuze ko kuba Nsabimana yemera ibyaha byose aregwa, bishimangira impamvu zikomeye Ubushinjacyaha bushingiraho busaba ko afungwa by’agateganyo.

2019-05-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuki Museveni yanga u Rwanda akomokamo?

Kuki Museveni yanga u Rwanda akomokamo?

Ubwanditsi 28 Jul 2019
Impamvu umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda atari ikibazo bwite cya Perezida Kagame na Museveni

Impamvu umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda atari ikibazo bwite cya Perezida Kagame na Museveni

Ubwanditsi 12 Dec 2019
Afrika y’Epfo : Perezida Kagame  mu bakuru b’Ibihugu na za guverinoma 22 bitabiriye irahira rya Cyril Ramaphosa

Afrika y’Epfo : Perezida Kagame mu bakuru b’Ibihugu na za guverinoma 22 bitabiriye irahira rya Cyril Ramaphosa

Ubwanditsi 25 May 2019
Norvege: Hatawe muri yombi Umunyarwanda ukekwaho uruhare muri jenoside

Norvege: Hatawe muri yombi Umunyarwanda ukekwaho uruhare muri jenoside

Ubwanditsi 07 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Apple yamuritse iPhone nshya n’isaha ishobora gukurikirana imikorere y’umutima
IKORANABUHANGA

Apple yamuritse iPhone nshya n’isaha ishobora gukurikirana imikorere y’umutima

Ubwanditsi 14 Sep 2018
Abaturage bo muri Congo baremeza ko Interahamwe ziherutse kwinjira mu Burundi zaturutse iwabo
ITOHOZA

Abaturage bo muri Congo baremeza ko Interahamwe ziherutse kwinjira mu Burundi zaturutse iwabo

Ubwanditsi 04 Apr 2018
RGB yasohoye icyegeranyo cy’ibipimo by’imiyoborere mu Rwanda
POLITIKI

RGB yasohoye icyegeranyo cy’ibipimo by’imiyoborere mu Rwanda

Ubwanditsi 03 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru